Digiqole ad

Valens NDAYISENGA yegukanye Musanze>>>Kigali. AMAFOTO

 Valens NDAYISENGA yegukanye Musanze>>>Kigali.  AMAFOTO

Valens Ndayisenga ku murongo ari imbere

Kuri uyu wa gatandatu, harakinwa étape ya gatandatu ya Tour du Rwanda ari nayo ibanziriza iya nyuma izaba ku ejo kucyumweru. Valens Ndayisenga niwe wegukanye aka gace akoresheje 2:20:38 umwanya wa kabiri ufatwa na Eyob Metkel bakinana muri Dimension Data.

Igishushanyo mbonera cy'urugendo bakora uyu munsi.
Igishushanyo mbonera cy’urugendo bakora uyu munsi.
Bonaventure Uwizeyimana ukinana na Valens Ndayisenga i Musanze bari kwishyushya
Bonaventure Uwizeyimana ukinana na Valens Ndayisenga i Musanze bari kwishyushya
Valens Ndayisenga mbere yo guhaguruka, yari yifubitse ikoti rya Dimension Data
Valens Ndayisenga mbere yo guhaguruka, yari yifubitse ikoti rya Dimension Data
Mbere y'uko batangira Patrick Byukusenge yegereye Ndayisenge asa n'umusaba imbabazi ko ejo batamufashije ariko ko uyu munsi bamufasha
Mbere y’uko batangira Patrick Byukusenge yegereye Ndayisenge asa n’umusaba imbabazi ko ejo batamufashije ariko ko uyu munsi bamufasha
Abraham Ruhumuriza na Eric Nduwayo bitegura ngo bahaguruke i Musanze, imvura yariho igwa.
Abraham Ruhumuriza na Eric Nduwayo bitegura ngo bahaguruke i Musanze, imvura yariho igwa.

Abasiganwa bahagurutse mu Mujyi wa Musanze hafi mu ma saa yine, bikaba biteganyijwe ko baba bageze i Nyamirambo aho iyi étape isorezwa hafi saa sita zuzuye.

Ubusanzwe iyi étape yagombaga kuba Ibilometero 103.9 kubera ko byari biteganyijwe ko bazenguruka kabiri inyamirambo na Nyakabanda, bagaca ku kazamuka agahanda k’amabuye k’ahazwi nko kwa Mutwe inshuro ebyiri, ariko kubera imvura byakuweho barahanyura inshuro imwe bajye gusoreza kuri Stade ya Kigali.

*Kubera, iri rushanwa ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko uyu munsi hagati ya Saa 11h00 – 12h00, imihanda Giti cy’inyoni – Nyabugogo – Kimisagara – kwa Mutwe – Tapi rouge, Nyamirambo ifungwa.

Abasiganwa nubwo babanje gukinira hamwe mu gikundi, hari abakinnyi bacyabagenda bava mu bandi bakajya imbere.

Saa 11h10: Bageze ahitwa Rutenderi ku bilometero 35, Kibrom Haylay niwe uyoboye asiga igikundi kimukurikiye Amasegonda, 43.

Isiganwa ry’uyu munsi ntiryoshye kubera imvura nyinshi iri kugwa mu nzira abasiganwa banyuramo.

Kibrom Haylay uyoboye abandi imvura ntimworoheye.
Kibrom Haylay uyoboye abandi imvura ntimworoheye.

Saa 11h47: Igikundi cy’abakinnyi 20 kiri imbere y’abandi bose, cyabasize Amsegonda Umunota umwe n’Amasegonda abiri (1m02).

Saa 11h50: Abasiganwa basigaje Ibilometero 20 gusa.

Saa 12h00: Abasiganwa bageze Nyabugogo, hasigaye ibilometero 10 gusa ngo babe bageze i Nyamirambo kuri Stade ya Kigali.

Nyabugogo hari abantu benshi cyane baje kwakira Tour du Rwanda
Nyabugogo hari abantu benshi cyane baje kwakira Tour du Rwanda
Aha ni ku muhanda uzamuka Kimisagara uvuye Nyabugogo
Aha ni ku muhanda uzamuka Kimisagara uvuye Nyabugogo
Valens Ndayisenga yazamutse agapando ko kwa Mutwe i Nyamirambo ahanatu hazamuka cyane ari imbere
Valens Ndayisenga yazamutse agapando ko kwa Mutwe i Nyamirambo ahanatu hazamuka cyane ari imbere
Valens Ndayisenga yazamutse kwa Mutwe ari imbere
Valens Ndayisenga yazamutse kwa Mutwe ari imbere

12h28′: Valens NDAYISENGA yegukanye etape ya gatandatu ya Tour du Rwanda akurikiwe na Eyob Metkel asizeho ibice bicye by’amasegonda.

Ndayisenga amaze kwgukana iyi etape yashimiye cyane Bonaventure Uwizeyimana bakinana muri Dimension Data kuko ari we umukorera cyane ndetse akaba ngo yamufashije kuva i Musanze kugera Shyorongi.

Uyu munsi:

ok

Umurongo wari uri mu marembo ya Stade ya Kigali i Nyamirambo
Umurongo wari uri mu marembo ya Stade ya Kigali i Nyamirambo
Abafana bamuteraga akanyabugabo cyane ari kuwegera baririmba cyane bati "Valens, Valens, Valens, Valens...."
Abafana bamuteraga akanyabugabo cyane ari kuwegera baririmba cyane bati “Valens, Valens, Valens, Valens….”
UmunyaEritrea bakinana yari amuriho bugufi cyane nawe yarihagurukiye ngo amufate
UmunyaEritrea bakinana yari amuriho bugufi cyane nawe yarihagurukiye ngo amufate
Valens yateraga akajisho inyuma akareba aho amugeze
Valens yateraga akajisho inyuma akareba aho amugeze
Maze agafumyamo
Maze agafumyamo
Valens Ndayisenga ku murongo ari imbere
Valens Ndayisenga ku murongo ari imbere
Eyob ati "Urantsinze rwose ndabyemeye"
Eyob ati “Urantsinze rwose ndabyemeye”
Ndayisenge arishimana n'abafana mu gihe abandi inyuma ye nabo bagisabaganya batanguranwa ku murongo
Ndayisenge arishimana n’abafana mu gihe abandi inyuma ye nabo bagisabaganya batanguranwa ku murongo
Buri segonda ni iry'agaciro ku rutondo rusange, nta kuregeza
Buri segonda ni iry’agaciro ku rutondo rusange, nta kuregeza
Amanuel Meron inyuma ye gatohari Ephrem Tuyishimire
Amanuel Meron inyuma ye gatohari Ephrem Tuyishimire
Samuel Mugisha ejo yarakomeretse cyane, afite igisebe kinini ku kaguru ariko yavuze ko agomba gukomeza n'uyu munsi yarangije
Samuel Mugisha ejo yarakomeretse cyane, afite igisebe kinini ku kaguru ariko yavuze ko agomba gukomeza n’uyu munsi yarangije
Valens ahabwa igihembo cy'uwatsinze irushanwa
Valens ahabwa igihembo cy’uwatsinze irushanwa
Araturitsa inzoga ya Skol yo kumufasha ibyishimo
Araturitsa inzoga ya Skol yo kumufasha ibyishimo
Yahise ayikubita ku munwa arayisogongera
Yahise ayikubita ku munwa arayisogongera
Nubwo ari gukinira ikipe yo muri Africa y'Epfo, Valens agaragaza cyane ko ari ku ruhande rw'u Rwanda, yishimiye cyane iyi 'Maillot Jaune' yambitswe n'umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC
Nubwo ari gukinira ikipe yo muri Africa y’Epfo, Valens agaragaza cyane ko ari ku ruhande rw’u Rwanda, yishimiye cyane iyi ‘Maillot Jaune’ yambitswe n’umunyamabanga uhoraho muri MINISPOC
Samuel Mugisha niwe uzegukana umwenda wa 'meilleur grimpeur' kuko n'uyu munsi yawugumanye kuko yabasize amanota menshi
Samuel Mugisha niwe uzegukana umwenda wa ‘meilleur grimpeur’ kuko n’uyu munsi yawugumanye kuko yabasize amanota menshi
Valens Ndayisenga ubu afite amahirwe arenga 80% yo kwegukana Tour du Rwanda ya kabiri, Ejo bazakora 108Km bazenguruka mu mujyi wa Kigali aho afite amahirwe yo kurangiza mu ba mbere
Valens Ndayisenga ubu afite amahirwe arenga 80% yo kwegukana Tour du Rwanda ya kabiri, Ejo bazakora 108Km bazenguruka mu mujyi wa Kigali aho afite amahirwe yo kurangiza mu ba mbere

Ejo bazazenguruka inshuro icyenda kuva: Stade Amahoro >>> Controle technique>>>>Station Engen(Simba Komironko)>>> Kibagabaga>>>>  deviation Kinyinya >>>>>Mu Kabuga ka Nyarutarama>>>>MTN >>>> RDB>>>> Munsi ya RDB>>>> Airtel>>>> Stade Amahoro

Photos © Roben NGABO/UM– USEKE

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

8 Comments

  • Muduhe gahunda yo gusoza 20/11

  • Congz Ku banyarwanda

  • Congratulations to our own NDAYISENGA, turishimye cyane

  • Thnk U Valens!!

  • Turakwishimiye cyane mwana w’iwacu i Rwamagana.
    Felicitations Vavaaaaa

  • umuseke.rw NAMWE NTIMWOROSHYE! BRAVO!

  • Mwene kadari congs

  • Congz kuri Valens, ariko ndabona Eyob afite imbaraga! Ashobora kuba ari kizigenza muri dimension data… Valens azakore cyane agire sprint iri hejuru comme ca ntihazagire uwongera kumutera ubwoba haba aha cyangwa n’ahandi.

    Ikindi ibintu byo gukinirwa n’ikipe itari iyawe mba numva bitari professional. Ubutaha tour du Rwanda izategurwe kuruhaho ku buryo competition izarushaho kuba competition apana gushyigikirana muri ama team arenze 3 byarenga mugashyigikira n’abo mu yandi ma team

    Courage basore, and we are proud of you

Comments are closed.

en_USEnglish