Digiqole ad

Urubyiruko rugomba kwiteganyiriza ejo hazaza harwo- Rosemary Mbabazi

Mu masengesho ngarukamwaka yabaye ku nshuro ya kabiri muri Hotel imwe i Kigali kuwa gatandatu, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga Rosemary Mbabazi yasabye urubyiruko kumva ko ubuzima bwarwo bw’ejo hazaza buri mu maboko yarwo bityo ko gukora cyane aribyo bizarugeza aheza rwifuza.

Rose Mary Mbabazi
Rose Mary Mbabazi

Aya masengesho yitwa mu Cyongereza ‘Prayer Breakfast’ ategurwa n’Umuryango wa ALPN (African Leaders Proffessional Network) aho abawugize bahura bagasengera igihugu, bakaganira ku mateka no ku muco wo gukunda igihugu, indangagaciro ziranga umuyobozi mwiza  bakanaganira ku ngero nziza zasizwe n’Intwari zabanje nka Mandela,Ghandi, Rwigema n’abandi.

Nkuko Andrew Cohen Gahire uyobora uyu muryango abitangaza uyu uba ari umwanya mwiza wo kuganira ku iterambere ry’igihugu  ndetse bakanarebera hamwe ibijyanye n’indangagaciro ziranga umuntu w’inyangamugayo cyane cyane urubyiruko rw’abayobozi.

Ati “Nk’abayobozi b’ejo hazaza twigira ku ntwali zatubanjirije ndetse tukiga ko muco wo gusohoza ibyo twahigiye kugeraho.”

Yongeyeho ko kugeza ubu bamaze guhugura abantu bagera kuri 500 kubijyanye n’imiyoborere iboneye.

Impuguke mu miyoborere n’amateka Prof Vincent ANIGBOGU wo mu gihugu cya Nigeria  ngo amaze kubona ko  urubyiruko rw’u Rwanda rwifitiye icyizere,  asanga urubyiruko rw’Afurika narwo  rufite byinshi rwakwigira ku Banyarwanda.

Ati“ Abanyafurika baharaniye ubwigenge babigeraho kuko bari bafite  bafite icyerekezo, babikunze ndetse banakunze ibihugu byabo.”

Yatanze ingero nyinshi ndetse asobanura ubutwari n’ibigwi by’abagabo nka Mandela, Nkwame Nkrumah, Mahatma Ghandi ndetse n’abandi batandukanye.

Rose Mary Mbabazi yashije yibutsa urubyiruko rw’u Rwanda ko ubutwali buharanirwa kandi ko buri wese abishyizeho umutima yaba imwe mu ntwali z’u Rwanda akaruteza imbere.

Yashimye intambwe u Rwanda rwagezeho nyuma n’ibibazo rwanyuzemo bityo ngo ibi byabera urubyiruko isoko y’ingufu rukiyubakira igihugu.

Prof Vincent ANIGBOGU
Prof Vincent ANIGBOGU
Abagabo b'imtwali nka  nka Mandela nibo bagarutswehi mu biganiro byatanzwe na Prof
Abagabo b’intwali nka  Mandela nibo bagarutsweho mu kiganiro cyatanzwe na Prof Anigbogu
Bishop Nathan Gasatura
Bishop Nathan Gasatura
Andrew Gahire Cohen The President of APLN
Andrew Gahire Cohen umuyobozi wa ALPN
Abitabiriye uyu muhango basengeye igihugu.
Abitabiriye uyu muhango basengeye igihugu.
Abashyitsi bahimbaza Imana mu ndirimbo
Abashyitsi bahimbaza Imana mu ndirimbo
Chorale Annointed Vassels nibo bari bayoboye mu ndirimbo z'Imana
Chorale Annointed Vassels nibo bari bayoboye mu ndirimbo z’Imana
Hari abantu batandukanye
Abatumirwa batandukanye
Abakiristu batadukanye bitabiriye uyu muhango
Abakiristu batandukanye bitabiriye uyu muhango
Nyampunga Akiwacu na mugenzi wacyuye igihe Mutesi Aurore
Nyampinga Akiwacu Colombe na mugenzi wacyuye igihe Mutesi Aurore
Itsinda ryateguye iki gikorwa hamwe n'abacyitabiriye
Itsinda ryateguye iki gikorwa hamwe n’abacyitabiriye

BIRORI Eric
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • urubyiruko nirwo rugomba kwishakamo ibisubizo byo kuzamura igihugu kuko nirwo rufite ingufu zo gukora, rubyiruko muhawe rugari

  • nibyo tugomba kumenya kwiteganyiriza kugirango ejo hacu hazabe heza kandi bizanafasha igihugu cyacu gutera imbere ntituzagire icyo twitwaza kuko dufite ubuyobozi budushyigukiye.

  • mama akoze hasi anyibutsa ibuye kkoko!! urubyiruko rwo muri iyi minsi rurasesagura kurwego rwo hejuru, ugeze mutubari nibwo ubona ko iki gihugu nubwo tuba dukabya abantu bafite amafaranga pe! ahubwo twige kwiteganyiriza , twebwe nkurubyiruko ndakubwiza ukuri ko amafaraanga dutsinda muri weekends yabyara ikintu kiremereye kuburyo nurubyiruko rugenzi rwcu rwabuze akazi rwazagakura kuri twe. twige kwitegnyiriza kuko nitwe maboko yejo y’iki gihugu .

Comments are closed.

en_USEnglish