Digiqole ad

Urban Boys bagarutse mu Rwanda nyuma y’icyumweru muri Nigeria

Itsinda rya Urban Boys rigizwe n’abasore batatu; Safi, Humble na Nizzo, baraye bagarutse mu Rwanda nyuma y’icyumweru bari mu gihugu cya Nigeria bakoraga indirimbo na bamwe mu bahanzi baho. Ku i saa sita z’ijoro (00:00’PM) kuri uyu wa 02 Gicurasi nibwo aba bahanzi bageze i Kigali.

Urban Boys bakigera i Kigali bahasanze abari baje kubakira
Urban Boys bakigera i Kigali bahasanze abari baje kubakira

Iyanya ni umwe mu bahanzi bakomeye bo mu gihugu cya Nigeria wakoranye indirimbo na Urban Boys, indirimbo bise ‘Tayali’.

Ababasore bagize Urban Boys babwiye Umuseke ko ikintu gishobora gutuma utifuza kuguma muri Nigeria ari ubushyuhe buhaba.

Naho muri rusange ku bijyanye n’abahanzi baho, abahanzi baho ngo uwo wakwifuza gukorana nawe indirimbo wese mwayikorana aramute nta yindi gahunda afite, kuko ngo ni abantu baca bugufi ndetse bakanubaha bagenzi babo.

Biteganyijwe ko amashusho y’indirimbo ‘Tayali’ bakoranye na Iyanya, azajya hanze nyuma y’icyumweru, mu gihe Audio baje bayizanye.

Urban Boys ni itsinda rikunzwe mu Rwanda, nubwo ritaragaragaye mu bahanzi bagera ku 10 bari guhatanira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star ku nshuro ya kane.

Safi akigera ku kibuga cy'indege i Kanombe
Safi akigera ku kibuga cy’indege i Kanombe
Humble na Prosper umwe mu bayobozi bo muri Super Lever
Humble na Prosper umwe mu bayobozi bo muri Super Lever
Hano bashyiraga ibintu mu modoka batashye
Bashyiraga ibintu mu modoka batashye

Joel Rutaganda
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish