Digiqole ad

Umuntu mukuru kurusha abandi ku Isi yatabarutse

 Umuntu mukuru kurusha abandi ku Isi yatabarutse

Ngo yarangwaga n’ibyishimo buri gihe

Uyu mugore wari ufite  imyaka 117 y’amavuko yatabarutse mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu nyuma gato y’uko yizihije isakuru y’amavuko ejo bundi hashize. Misao  Okawa yapfuye azize umutima wahagaze ananirwa guhumeka nk’uko byavuzwe na Tomohiro Okada wari ushinzwe kumwitaho mu rugo rwita ku bageze mu zabukuru ruba ahitwa Osaka mu Buyapani.

Ngo yarangwaga n'ibyishimo buri gihe
Ngo yarangwaga n’ibyishimo buri gihe

Okada yabwiye Associated Press ko bazakumbura Misao cyane kubera ko yari umuntu ukunda gusetsa no gusabana cyane.

Misao Okawa yavutse muri Werurwe 1898, ubu yari yaramaze kwandikwa mu gitabo Guiness de records 2013 nk’umuntu wa mbere ukuze kurusha abandi ku Isi.

Okawa yari amazi imyaka icumi yarataye appétit( atagikunda kurya). Yakundaga kwambara imyenda gakondo y’Abayapani bita Kimono.

Ubwo bamubazaga ibanga ryo kuramba kwe, Misao yavuze ko yaba abeshye agize icyo abibabwiraho.

UM– USEKE.RW

3 Comments

  • urupfu ruhire

  • Ntago ariwukuze cyane wanaa,harumuhinde ufite 175!

  • uwo se urumva akiri umuntu?

Comments are closed.

en_USEnglish