Digiqole ad

Umuhango wa tariki 07 Mata kuri stade Amahoro, imyiteguro ku musozo

Umunyamakuru w’Umuseke yabashije gukurikirana imyiteguro y’umuhango wo gutangiza kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi uzaba tariki 7 Mata kuri stade Amahoro ku rwego rw’igihugu. Biragaragara ko uzaba ari umunsi ukomeye. Imyiteguro iri ku musozo.

DSC_8556
Bari mu myiteguro y’ibyo bazakora tariki 07 Mata kuri stade Amahoro

Stade Amahoro nyuma y’igihe kirenga ukwezi ifunze, yakorewe imirimo y’amasuku no guhindura uduce tumwe na tumwe twayo, nk’ibyicaro by’icyubahiro byagizwe neza kurushaho.

Amarangi mashya y’amabara y’ibendera ry’u Rwanda yasizwe muri stade mu byicaro, havugururwa kandi ibijyanye n’ubwiherero n’ibyumba bimwe na bimwe bigize inyubako ya stade n’indi mirimo.

Mu kibuga hagati hashyizwe urutara runini abantu bashobora kuzamukaho hagati yarwo hubakwa ikimeze nk’umunara w’ibyuma bishushanyije nk’urumuri, ufite nka metero 20 z’uburebure.

Jenoside yateguwe igihe kugeza ikozwe, Abatutsi basaga miliyoni n’Abahutu batari bashyigikiye ubwicanyi barishwe. Imyaka 20 irashize, u Rwanda rugiye kongera kwibuka akaga nanone.

Kuri iyi nshuro idasanzwe amahanga yarushijeho guhindukira, yitaye cyane ku byabaye mu Rwanda mu myaka 20 ishize, ku buryo burenze cyane mbere kwibuka ku nshuro ya 20 bizagaragara henshi cyane ku isi.

Amakinamico, indirimbo, imivugo, imbyinoshusho byerekeranye na Jenoside no kwibuka biri gusubirwamo n’abantu bari hagati ya 80 na 150, biganjemo itorero Mashirika.

Bamaze igihe kigera ku mezi abiri mu myiteguro. Kuri uyu wa 03 Mata twayibasanzemo nabwo, bavuga ko bari kunoza gusa imyiteguro yo bayirangije.

Umunsi wo gutangiza icyunamo ku rwego rw’igihugu ni tariki 07 Mata, Perezida wa Republika niwe uzatangiza kumugaragaro Kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ministeri y’Umuco na Siporo, Ibiro by’umukuru w’igihugu na Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Genoside nizo nzego ziri gutegura uyu munsi wa tariki 7 Mata kuri stade Amahoro.

Kuri stade Amahoro hategerejwe imbaga y’abantu benshi cyane, biganjemo abanyarwanda batuye mu mirenge ikikije stade Amahoro, ndetse n’abandi batuye umujyi wa Kigali.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga byinshi kurusha indi nshuro u Rwanda rwibutse biri kwiyandikisha bisaba kuza gutara amakuru ajyanye n’iki gihe gikomeye u Rwanda rugiye kwinjiramo ku nshuro ya 20.

Ibihugu bitandukanye cyane cyane mu karere, no ku isi, bizohereza ababihagararira, Perezida Uhuru Kenyatta wa Kenya niwe umaze kwemeza ko azitabira uyu muhango wa tariki ndwi Mata.

Mu gihugu ahandi biteganyijwe ko ibikorwa byo gutangiza iki cyumweru bizagenda bikorwa ku rwego rwa buri mudugudu.

Abana bari mu myiteguro kuri stade Amahoro
Abana bari mu myiteguro y’ibyo bazakora tariki 07 Mata kuri stade Amahoro
DSC_8484
Bari gusubiramo imyiyerekano bazamurika kuwa 07 Mata 2014
DSC_8492
Uru rutara n’iyi nyubako y’ibyuma nibyo imyiyereko izaba ikorerwaho, hasi bari mu isubiramo
DSC_8496
Haruguru bari kunoza imirimo muri tribune y’icyubahiro
DSC_8497
Stade yasizwe bushya
DSC_8504
Tribune y’icyubahiro yatunganyijwe nayo bushya
DSC_8508
Itorero Mashirika riri gusubiramo ibyo rizerekana
DSC_8517
Bamwe mu bana nabo bari gusubiramo ibyo bazakora
DSC_8525
Kuri iyi foto haragaragaraho Peace Jolis na Mani Martin n’abahanzi bandi bari mu myiteguro
DSC_8537
Aha naho haragaragaraho umuhanzi Tonzi (ubanza ibumoso) na Teta Diana (wikinze agatambaro mu mutwe) hamwe na bamwe mu bakorera muri Gakondo Group
DSC_8546
Bari gusubiramo banoza ibyo bazamurika
DSC_8550
Abubaka nabo bari gutunganya akazi kabo
DSC_8555
Imyiyerekano itandukanye ijyanye n’igikorwa cyo kwibuka iri gusubirwamo n’abagize Mashirika
DSC_8565
Hasi abana n’abakuru nabo bari gusubiramo ibyo bazakora
DSC_8568
Ni umuhango bigaragara ko uri guteguranwa ubuhanga
DSC_8576
Tribune y’icyubahiro iri kuvugururwa neza kurushaho
DSC_8587
Ni umuhango uzamurikirwa Isi yose, uzabera imbere y’imbaga y’abanyarwanda bazaba buzuye stade Amahoro

Photos/P Muzogeye

Plaisir MUZOGEYE
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Imana ibafasha gukumeza ibikorwa murimo

  • Ibihe nkibi tugiye kwijyiramo ntibiba byoroshe , gusa hari intambwe  imaze guterwa. mbifurije kugira imyiteguro myiz..    Courage

    • courage

  • urakoze kutwereka aho imyiteguro igeze kandi ndabona ari byiza

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

en_USEnglish
en_USEnglish