Digiqole ad

Uko igitaramo cyari kiswe Hobe Rwanda cyagenze mu mafoto

Igitaramo cyari kiswe “Hobe Rwanda” cyabereye mu cyumba cy’ikigo cy’igihugu gishinzwe kwinjiza imisoro n’amahoro, cyitabiriwe n’umubare muto w’abantu ari nk’uko byagiye bitangazwa n’abahanzi uko babaga bageze ku rukiniro (Stage) bari bacye beza kuko babyinanye n’abahanzi karahava.

Iki gitaramo cyatangiye gitinze kubera ko abantu batinze kuza cyaje gususurutswa n’abahanzi batandukanye barimo Masamba Intore n’itsinda ayoboye ryitwa Gakondo Group, Samputu, Mariya Yohana, Mani Martin n’abandi.

Umusaza w’inzobere mu by’umuco bakunze Rugano, ubwo yari afashe ijambo yashimiye abateguye igitaramo avuga ko ari buryo bwiza bwo kugaragaza ibiranga Abanyarwanda, ariwo muco wabo.

Harimo abantu bacye cyane
Harimo abantu bacye cyane
Mzee Rugano nawe yagize icyo avuga.
Mzee Rugano nawe yagize icyo avuga.
Rugano yicaye akurikira igitaramo.
Rugano yicaye akurikira igitaramo.
Umwe mubasheshe akanguhe warimo kuvuga amwe mu mateka.
Umwe mubasheshe akanguhe warimo kuvuga amwe mu mateka.

 

 

Havuzwe imivugo
Havuzwe imivugo

Uyu mwali ni umwe mu bagize ubutumwa batanga, mu magambo yuje ubutumwa bwo guharanira gukora no guteza imbere u Rwanda

Nyuma y'umuvugo yaje kubyina.
Nyuma y’umuvugo yaje kubyina.
Mariya Yohana yari umwe mu bitabiriye icyo gitaramo, yaririmbye indirimboye "Insinzi" abantu barahaguruka
Mariya Yohana yari umwe mu bitabiriye icyo gitaramo, yaririmbye indirimboye “Insinzi” abantu barahaguruka
Umwe mu bahanzi bakundishije ibihangano nyarwanda Abanyarwanda.
Umwe mu bahanzi bakundishije ibihangano nyarwanda Abanyarwanda
Yasabwe gucurangira abari baje muri icyo gitaramo akoresheje imirya y'intanga gusa nta jwi.
Yasabwe gucurangira abari baje muri icyo gitaramo akoresheje imirya y’intanga gusa nta jwi.
Gakondo Group ntiyari yahatanzwe.
Gakondo Group ntiyari yahatanzwe.
Gakondo Group yasusurukije abantu
Gakondo Group yasusurukije abantu
Massamba Intore washinze Gakondo Group.
Massamba Intore washinze Gakondo Group.
Massamba yashimishije abantu benshi bari baje kureba icyo gitaramo.
Massamba yashimishije abantu benshi bari baje kureba icyo gitaramo.
Teta azwiho cyane kuba aririmba nka Kamaliza bituma amukumbuza benshi.
Teta azwiho cyane kuba aririmba nka Kamaliza bituma amukumbuza benshi.
Teta yakoze mu ngazo ashimisha abari baje muri icyo gitaramo.
Teta yakoze mu ngazo ashimisha abari baje muri icyo gitaramo.

 

Liza Kamikazi ni umwe mu bahanzi basigaye baririmba indirimbo z'Umuco.
Liza Kamikazi ni umwe mu bahanzi basigaye baririmba indirimbo z’Umuco.
Mani Martin mbere y'uko ajya kuririmba.
Mani Martin mbere y’uko ajya kuririmba.
Mani Martin yaje kuririmbira abantu yambaye kinyafurika.
Mani Martin yaje kuririmbira abantu yambaye kinyafurika.
Jean Paul Samputu yataramiye abantu
Jean Paul Samputu yataramiye abantu
Samputu yibukije benshi ibihangano byo hambere.
Samputu yibukije benshi ibihangano byo hambere.
Arlette Ruyonza, ushinzwe guteza imbere Umuco muri Minisiteri y'umuco na siporo (MINISPOC) nawe yari yitabiriye iki gitaramo
Arlette Ruyonza, ushinzwe guteza imbere Umuco muri Minisiteri y’umuco na siporo (MINISPOC) nawe yari yitabiriye iki gitaramo
Abari bitabiriye banyuzwe n'igitaramo, iyo nkumi nziza iri ku ruhande yabaye Nyampinga wa KIS akaba yaranabaye Miss wa Kigali, Christa Joe Giraso
Abari bitabiriye banyuzwe n’igitaramo, iyo nkumi nziza iri ku ruhande yabaye Nyampinga wa KIS akaba yaranabaye Miss wa Kigali, Christa Joe Giraso
Abitabiriye igitaramo banezere, Uwo mugabo wicaye yitwa Nyangezi ni umukozi muri Minisiteri y'umuco na Siporo, naho uwo uhagaze yitwa Kanobana ni umuyobozi wa Positive Production
Abitabiriye igitaramo banezere, Uwo mugabo wicaye yitwa Nyangezi ni umukozi muri Minisiteri y’umuco na Siporo, naho uwo uhagaze yitwa Kanobana ni umuyobozi wa Positive Production

 

Mavenge Sudi yakoze mu mirya acuranga indirimboze zakunzwe nka Gakoni k'abakobwa, Simbi n'izindi benshi barishima
Mavenge Sudi yakoze mu mirya acuranga indirimboze zakunzwe nka Gakoni k’abakobwa, Simbi n’izindi benshi barishima
Mavenge Sudi yataramiye abari aho barushaho kunezerwa, ni nawe wasoje iki gitaramo
Mavenge Sudi yataramiye abari aho barushaho kunezerwa, ni nawe wasoje iki gitaramo

Imwe mu mpamvu zishobora kuba zaratumye iki gitaramo kititabirwa cyane, n’uko no kuri Stade Amahoro naho hari igitaramo cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star kandi kwinjira ari ubuntu.

UM– USEKE.RW

 

 

en_USEnglish