Digiqole ad

Ubwongereza: Bavumbuye imibiri y’abantu 1,300 mu butaka bwa Kaminuza ya Cambridge

 Ubwongereza: Bavumbuye imibiri y’abantu 1,300 mu butaka bwa Kaminuza ya Cambridge

Abashakashatsi bagenzura imibiri bavumbuye

Kwiga ibyataburuwe mu matongo ni rimwe mu mashami y’amateka, afasha abahanga kumenya uko aba kera babagaho, ibyo baryaga, uko basenganga, uko bivuraga, ndetse n’uko barwanaga intambara. Muri iyi minsi abahanga bo mu Bwongereza bavumbuye imibiri y’abantu 1300 bari bashyinguye mu mva imwe. Muri aba  bantu bivugwa ko baba baraguye munsi  y’ubutaka bwa Kaminuza ya Cambridge ngo harimo intiti zahigishaga, abarwayi ndetse n’abantu batagitaga aho baba.

Abashakashatsi bagenzura imibiri bavumbuye
Abashakashatsi bagenzura imibiri bavumbuye

Iyi mva babasanzemo ngo yubatswe muri 1195 mu nsi y’ishuri rya Kaminuza ya Cambridge Universiry ryitwaga St John’s College.

Igishishikaje abanyamateka ni uko gusuzuma iyi mibiri ndetse n’ibice bituranye n’aho bayisanze, bizabafasha kumenya ibyo baryaga, banywaga, ndetse n’ibyo bambaraga.

Bivugwa ko abapfuye baba barazize kuba bari barwaye barembye kandi nta bushobozi bafite bwo kwivuza.

Kubera ko bari bari mu kaga, bahisemo kujya hano kuko hari na kiriziya ngo basenge Imana nyuma baza kuhagwa ndetse barahashyingurwa. Kuvumbura imibiri y’abantu 1,300 ku bahanga ni ikintu gikomeye cyane.

Abahanga bemeza ko nyuma yo gusesengura uturemangingo fatizo tw’iyi mibiri bazamenya igitsina cya buri wese mu baguye muri iriya mva.

Bamaze amezi atandatu bacukura buri cyumba kigize imva basanga mo imibiri y’abantu babayeho hagati y’ikinyejana cya 13 na 15 nyuma ya Yesu.

Umuhanga Cessford avuga ko ku mibiri bamaze gusuzuma, basanzwe itari yarangiritse cyane wenda kubera amabuye ba nyakwigendera baba barakubiswe.

Mu  by'ukuri abahanga bavumbuye ikintu gikomeye mu bushakashatsi ku mateka ya kera y'Ubwongereza
Mu by’ukuri abahanga bavumbuye ikintu gikomeye mu bushakashatsi ku mateka ya kera y’Ubwongereza
Mu gutaburura imibiri, abahanga baritonda cyane kugira ngo hatagira igufwa cyangwa agace karyo kabacika batakabonye kuko gashobora gutuma ishusho rusange y'icyo bari kwiga itakara
Mu gutaburura imibiri, abahanga baritonda cyane kugira ngo hatagira igufwa cyangwa agace karyo kabacika batakabonye kuko gashobora gutuma ishusho rusange y’icyo bari kwiga itakara
Kuvumbura imibiri 1300 ni igitangaza ku bahanga biga amateka
Kuvumbura imibiri 1300 ni igitangaza ku bahanga biga amateka

Mailonline

UM– USEKE.RW

4 Comments

  • isi irikoreye

  • Kabisa isi irikoreye ariko umunsi yatuye bizaba ari akaga!

  • Ahahahaah ubwose babwiwe niki ko aho hantu hashyinguye kandi bajya kuhubaka barabanje kuhasiza sha amayeri aba miriyisi ntawayamenya ariko ibibera mubwihisho byose harigihe bizajya ahagaragara

  • Buriya abahanga,mubyubuzima bakore iyo reseach,tuzamenya neza icyo bagushijeho ku buzima bwabo bantu n’uko babagaho!muricyo kinyagihumbi cya 13-15.Thx.

Comments are closed.

en_USEnglish