Digiqole ad

Ubu Rayon Sports irasiga APR iyikurikiye amanota 8

 Ubu Rayon Sports irasiga APR iyikurikiye amanota 8

Abakinnyi banje mu kibuga ku ruhande rwa Rayon Sports.

Nyuma yo gutsinda ikipe y’Umujyi wa Kigali ‘AS Kigali’ igitego kimwe ku busa, ubu Rayon Sports irasiga mukeba APR FC iyikurikiye amanota umunani (8) kandi igifite umukino w’ikirarane.

Kwizera Pierrot ni umwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bazonze AS Kigali hagati mu kibuga.
Kwizera Pierrot ni umwe mu bakinnyi ba Rayon Sports bazonze AS Kigali hagati mu kibuga.

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu, Rayon Sports yatsinze AS Kigali 1-0 cyatsinzwe na myugariro Manzi Thierry n’umutwe ku munota wa 37 w’igice cya mbere.

Mu gice cya kabiri, AS Kigali yasatiriye Rayon Sports cyane ishaka igitego cyo kwishyura ariko ba rutahizamu bayo bagenda bapfusha ubusa amahirwe babonye imbere y’umuzamu Bakame.

Nubwo Rayon Sports yegukanye amanota, ntabwo yihariye umupira cyane kuko AS Kigali yari yakiriye uyu mukino kandi ifite umujinya w’umukino ubanza yatsinzwemo na Rayon 2-0, yagerageje gusatira izamu cyane ariko ntiyabyaza umusaruro amahirwe yabonye.

Ku ruhande rwa Rayon Sports ariko nayo yagaragaje akabukuru ibasha guhagarara ku gitego cyayo kimwe yari yabonye.

Gutsinda uyu mukino byatumye isiga cyane amakipe ayikurikiye mu manota, dore ko nubwo igifite umukino w’ikirarane izakiramo Sunrise ubu irasiga APR FC ya kabiri amanota 8, igasiga Police FC ya gatatu na AS Kigali ya kane amanota 9.

Uko urutonde ruhagaze ubu.
Uko urutonde ruhagaze ubu.

 

Umutoza wa Rayon Sports Masudi Djouma yabanje mu kibuga Kapiteni Ndayishimiye Eric Bakame (Umunyezamu), Nova Bayama, Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Munezero Fiston, Muhire Kevin, Savio Nshuti Dominique, Kwizera Pierrot, Irambona Eric Gisa, Niyonzima Olivier Sefu na Moussa Camara.

Abakinnyi banje mu kibuga ku ruhande rwa Rayon Sports.
Abakinnyi banje mu kibuga ku ruhande rwa Rayon Sports.

Ku rundi ruhande, Eric Nshimiyimana wa AS Kigali we yabanjemo Bate Shamiru (Umunyezamu), Bishira Latif, Iradukunda Eric Radou, Kayumba Soter ,Murengezi Rodrigue, Cyubahiru Janvier, Kubwimana Cederic Jay Polly, Ntwali Evode, Ntamuhanga Thumaine Tity, Cimanga Papy na Ndahinduka Michel.

11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa AS Kigali.
11 babanje mu kibuga ku ruhande rwa AS Kigali.
Manzi Thierry na bagenzi be bishimira igitego yari amaze gutsinda.
Manzi Thierry na bagenzi be bishimira igitego yari amaze gutsinda.
Ndahinduka Michel yagiye abona amahirwe yo kwishyurira AS Kigali ariko ntayabyaze umusaruro.
Ndahinduka Michel yagiye abona amahirwe yo kwishyurira AS Kigali ariko ntayabyaze umusaruro.
Myugariro Manzi Thierry wahesheje amanota Rayon Sports.
Myugariro Manzi Thierry wahesheje amanota Rayon Sports.

Photos: RayonSports.net

UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Ako kantu basaza babe bahe gukundiro nkunda

  • Congratulations to Gacanga but muzagerageze mwebwe kugura abakinnyi barikurwego rwa CAF Championsleugue kuko mwebwe mwumva ibyifuzo byabakunzi bayo mutazaseba nka APR

Comments are closed.

en_USEnglish