Digiqole ad

U Rwanda rwakiriye inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Kigali – Kuri uyu wa mbere, hatangiye inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri y’abagore bo mu nzego z’umutekano  baturutse mu bihugu 37 byo muri Africa, barigira hamwe uko ingamba zo kurwanya ibyaha, cyane cyane ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa zarushaho gukazwa.

Umuyobozi wa One UN mu Rwanda Lamin M. Manneh (ibumoso) Minisitiri w'uburinganire n'iterambere ry'umuryango Esperance Nyirasafari na Minisitiri w'Intebe Anastase Murekezi (mbombi hagati) n'umuyobozi wa Polisi y'u Rwanda IGP Emmanuel Gasana baririmba indirimbo yubahiriza igihugu mbere yo gutangiza iyi nama.
Umuyobozi wa One UN mu Rwanda Lamin M. Manneh (ibumoso) Minisitiri w’uburinganire n’iterambere ry’umuryango Esperance Nyirasafari na Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi (mbombi hagati) n’umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel Gasana baririmba indirimbo yubahiriza igihugu mbere yo gutangiza iyi nama.

Muri iki gihe, abagore bo mu nzego z’umutekano bagira uruhare rukomeye mu gukemura ibibazo bishamikiye ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ngo niyo mpamvu bari kungurana ibitekerezo ndetse basangira inararibonye kugira ngo bafatire hamwe ingamba z’uko ibi bibazo byajya bikemurwa mu buryo bumwe.

Mbere yo gutangiza iyi nama, abayobozi banyuranye babanje gutaha ku mugaragaro Ikigo cy’Icyitegererezo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba kigamije guca ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana kiri ku kicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru.

Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi yasabye abitabiriye iyi nama kubyaza umusaruro iki kigo gishinzwe ubushakashatsi ku byaha by’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana.

Yagize ati “Dufite umurava mu kurwanya ihohoterwa rikorera abagore n’abana, kandi tuzashora imbaraga mu bigo bishoboye mu gukora ibikenewe ngo ihohoterwa rirangire.”

Min. Murekezi yasabye aba bagore bari mu nzego z’umutekano gutekereza uburyo batanga umusanzu wabo mu gushaka impinduka ndetse no gushyira mu bikorwa uburyo bwo gushyiraho uko umugore yarushaho kugira uruhare mu bikorwa byo kugarura amahoro no kubungabunga umutekano, hagamijwe amahoro n’umutekano birambye.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Theos Badege yavuze ko urebye hirya no hino ku Isi ibyaha byo guhohotera no gusambanya abana biboneka hose, yaba muri Afurika ndetse no mu Rwanda.

Ati “Amakimbirane yo mungo avugwa buri munsi aracyagaragara, n’ibyaha rero bikunze kuza kenshi ku buryo havuka ubwicanyi hagati y’abashakanye. Inama u Rwanda rwakiriye uyu munsi ni ubushake bugaragara bwo kubirwanya hano iwacu muri Africa.”

ACP Theos Badege, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda.
ACP Theos Badege, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda.

Mubyo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana b’abakobwa, u Rwanda ruri mu bihugu by’intangarugero muri Africa.

Major Kerubino-Kuanyi waturutse mu gihugu cya Sudani yavuze ko abaturage bose muri Sudani bibwira ko ari bo bonyine bahura n’ikibazo cy’ihohoterwa, gusa ngo bakomeje ubukangurambaga buhuriweho n’inzego z’umutekano zose kandi bizeye ko nabo bazabasha kugihashya.

Agira ati “Niba u Rwanda rwarabigezeho, natwe (muri Sudani) tuzabigeraho.”

Major Kerubino-Kuanyi waturutse muri Sudani.
Major Kerubino-Kuanyi waturutse muri Sudani.

Iyi nama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano ifite intego igira iti “uruhare rw’umugore mu kubungabunga umutekano”, iranasuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro yafatiwe mu nama rusange ya 5 y’Inama Mpuzamahanga ya Kigali ”
Kigali International Conference Declaration (KICD)” yabereye i Alger muri Algeria muri Werurwe uyu mwaka. 

Iyi nama kandi ikaba ihuriranye n’igikorwa cy’Ubukangurambaga bw’iminsi 16 bwo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Mbere yo gutangira inama habanje kuririmbwa indirimbo y'igihugu bubahirije bose.
Mbere yo gutangira inama habanje kuririmbwa indirimbo y’igihugu bubahirije bose.
Umwe mubitabiriye inama yubahiriza indirimbo y'igihugu.
Umwe mubitabiriye inama yubahiriza indirimbo y’igihugu.
Minisitiri w'ingabo Gen. James Kabarebe nawe yitabiriye iyi nama.
Minisitiri w’ingabo Gen. James Kabarebe nawe yitabiriye iyi nama.
Iyi nama yitabiriwe n'ibihugu bigera kuri 37 byo ku mugabane wa Africa.
Iyi nama yitabiriwe n’ibihugu bigera kuri 37 byo ku mugabane wa Africa.
Aba baturutse gihugu cya Malawi.
Aba baturutse gihugu cya Malawi.
Iyi nama irimo ahanini abagore bari mu nzego z'umutekano n'abakorana nazo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Iyi nama irimo ahanini abagore bari mu nzego z’umutekano n’abakorana nazo mu kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.
Igihugu cya Zimbabwe nacyo kirahagarariwe.
Igihugu cya Zimbabwe nacyo kirahagarariwe.
Basaza babo nabo barahabaye, DIGP Dan Munyuza (iburyo), Brig. General Joseph Nzabamwita (hagati).
Basaza babo nabo barahabaye, DIGP Dan Munyuza (iburyo), Brig. General Joseph Nzabamwita (hagati).
Bamwe mu bapolisi bakuru ba Polisi y'u Rwanda muri iyi nama.
Bamwe mu bapolisi bakuru ba Polisi y’u Rwanda muri iyi nama.
Abagore bo mu nzego z'umutekano bari mu nama ijyanye no ku rwanya ihohoterwa rikorera abagore n'abakobwa.
Abagore bo mu nzego z’umutekano bari mu nama ijyanye no ku rwanya ihohoterwa rikorera abagore n’abakobwa.
Abagore bo mu nzego z'umutekano bari bitabiriye iyi nama.
Abagore bo mu nzego z’umutekano bari bitabiriye iyi nama.
Ibihugu bya Mauritania na Mozambique nabyo birahagarariwe.
Ibihugu bya Mauritania na Mozambique nabyo birahagarariwe.
Bariga ku kurwanya icya cy'ihohoterwa.
Bariga ku kurwanya icya cy’ihohoterwa.

1 2 3

Daddy SADIKI RUBAGURA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish