Digiqole ad

U Budage bwiyemeje kwagura ubufatanye mu burezi bufasha urubyiruko mu Rwanda

 U Budage bwiyemeje kwagura ubufatanye mu burezi bufasha urubyiruko mu Rwanda

Minisitiri Muller yashimye uburezi butangwa na IPRC

Mu ruzinduko rwe mu Rwanda kuri uyu wa kane tariki 11/8/2016, Minisitiri w’Ubufatanye mu bukungu n’Iterambere mu Budage, Dr. Gerd Muller  yasuye  ishuri rya  IPRC-Kicukiro mu rwego rwo kwagura ubufatanye  hagati y’U Budage n’u Rwanda by’umwihariko mu burezi.

Minisitiri Muller yashimye uburezi butangwa na IPRC
Minisitiri Muller yashimye uburezi butangwa na IPRC

Gerd Muller mu gusura IPRC – Kicukiro yari kumwe na Minisitiri w’Uburezi Prof Musafiri Papias Malimba hamwe na Ambasaderi w’U Budage mu Rwanda, Peter Fahrenholtz.

Muller yavuze ko bari kwagura ubufatanye buri hagati ya bo n’u Rwanda by’umwihari mu burezi kugira ngo bagire icyo  bakorera  urubyiruko.

Yagize ati “Mu myaka 20 ishize, ubufatanye bwacu n’u Rwanda bwagenze neza cyane, cyane cyane mu burezi. U Rwanda rufite uburyo bwiza bw’imyigishirize, kandi abanyeshuri barashoboye, natwe turashaka kubakira kuri ibyo, tukabikoresha nk’ifatizo (foundation) maze tukagura, tugateza imbere imikoranire yacu mu bukungu, tugashyira hamwe kampani zo mu Rwanda n’izo mu Budage mu gushora imari kuko ni yo ntego igiye gukurikiraho.”

Yavuze ko mu Rwanda, yabonye ibigo byiza biri mu rwego mpuzamahanga kandi ngo urubiruko rurahahugurirwa ku rwego mpuzamahanga.

Ati “Dushyigikira uburyo Perezida Paul Kagame akora, 50% biga amashuri asanzwe muri za Kaminuza, abandi bakajya kwiga imyuga bakihimbira imirimo.”

Yakomeje avuga ko  bashaka kureba kure kurenze  uburezi bw’imyuga kuko ngo bafite  imishinga mu bijyanye n’ikoranabuhanga, bityo barashaka gukorana na  Kaminuza, ariko bazibanda cyane mu micungire y’imari (Financial management).

Minisitiri w’Uburezi Prof Musafiri Papias Malimba yavuze ko  Min. Dr. Gerd  Muller yakiriye neza uko IPRC – Kicukiro iri mu rwego mpuzamahanga, rikaba ishuri ry’icyitekererezo.

Yavuze ko ngo ibyo bitanga icyizere ko bazagura ubufatanye no kubaka ibindi bikorwa remezo birusha ibyo ishuri rifite.

Prof Musafiri ati “U Rwanda rufitanye ubufatanye n’ishuri ryo  mu Budage, riri mu mashuri atatau mu Budage atanga za program muri engineering  muri TVET  (ubumenyingiro) tumaze imyaka 10 twoherezayo abanyeshuri, kandi  twohereza abanyesuri 30 buri mwaka.”

Min. Musafiri Papias yakomeje avuga  ko kugeza ubu bamaze kwigisha abanyeshuri barenze 100  muri ubwo bufatanye buri hagati y’u Rwanda n’ishuri ryo mu Budage.

Dr. Gerd Muller yasuye Laboratoire yubatswe mu kigo cya IPRC- Kicukiro irimo ibikoresho ku nkunga y’igihugu cy’U Budage, dore ko igihugu cye cyanubatse amashuri agera kuri atanu  ya VTC mu karere ka Bugesera aho  bashyizemo ibikoresho, mu buryo bwo gufasha abarimu mu kwigisha.

U Budage bwiyemeje gukomeza ubufatanye mu burezi bufasha urubyiruko
U Budage bwiyemeje gukomeza ubufatanye mu burezi bufasha urubyiruko
Minisitiri w'Uburezi mu Rwanda, Dr Papias Malimba na Minisitiri w'U Budage bagenda babaza imyigere y'abanyeshuri
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Dr Papias Malimba na Minisitiri w’U Budage bagenda babaza imyigere y’abanyeshuri
Min. Gerd Muller aganiriza umwe mu banyeshuri biga imyuga
Min. Gerd Muller aganiriza umwe mu banyeshuri biga imyuga
Min. Dr. Gerd Muller yandika mu gitabo cy'abashitsi
Min. Dr. Gerd Muller yandika mu gitabo cy’abashitsi

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish