Digiqole ad

Tidiane Kone asubije Rayon ku isonga ayifasha gutsinda Espoir FC 2-0

 Tidiane Kone asubije Rayon ku isonga ayifasha gutsinda Espoir FC 2-0

Tidiane Kone (wa mbere ibumoso) yatsinze igitego anatanga umupira uvamo ikindi

Umukino w’umunsi wa 17 wa shampiyona y’u Rwanda ‘AZAM Rwanda Premier League’ wabereye kuri stade regional ya Kigali urangiye Rayon sports itsinze Espior FC 2-0. Ibitego byombi Tidiane Kone yagizemo uruhare.

Tidiane Kone (wa mbere ibumoso) yatsinze igitego anatanga umupira uvamo ikindi
Tidiane Kone (wa mbere ibumoso) yatsinze igitego anatanga umupira uvamo ikindi

Muri uyu mukino Abatoza ba Rayon sports bahinduye uburyo bwo gukina ‘system’, bakoresha ba myugariro batatu gusa, igamije gusatira ikoresheje abakinnyi benshi.

Byayihiriye ku munota wa munani ifungura amazamu ku mupira wahinduwe na Nshuti Dominique Savio, usanga Tidiane Kone imbere y’izamu agerageza gutsinda n’umutwe umupira ugwa mu murongo uhura na Nsengiyumva Moustapha atsinda igitego cya kane cye muri shampiyona y’uyu mwaka.

Igice cya mbere cyihariwe na Rayon sports yakomeje kotsa igitutu cyane ku bakinnyi bari ku mpande, Nova Bayama na Savio Nshuti. Gusa amahirwe abiri yabonetse ku munota wa 19 na 24 Moussa Camara ntiyashoboye kuyabyaza umusaruro.

Espoir FC byayigoye kurushaho ku munota wa 25 ubwo myugariro Mbogo Ally yagiraga ikibazo cy’imvune agasimbuzwa.

Byahaye Rayon sports icyuho itsinda igitego cya kabiri ku munota wa 43, ku mupira Savio yahaye Camara, acenga ba myugariro batatu aha mugenzi we w’umunya-Mali Tidiane Kone atsinda igitego cya mbere mu mukino wa mbere muri Rayon sports.

Mu gice cya kabiri Ndizeye Jimmy utoza Espoir yasabye abasore be kugerageza amashoti ya kure no gukoresha imbaraga nyinshi basatira.

Ku munota 73 yashoraga kubona igitego ku mupira umunyezamu Evariste Mutuyimana (wabanje mu mwanya wa Bakame) yatakaje, ariko umunya-Cameroun Bao atera ku ruhande.

Iminota ya nyuma Masudi Djuma yongeyemo Muhire Kevin, Manishimwe Djabel na Lomami Frank ariko ntibagira icyo bahindura umukino urangira ari 2-0.

11 ba Rayon sports harimo batandatu bakina basatira
11 ba Rayon sports harimo batandatu bakina basatira
Abakinnyi 11 babanjemo muri Espoir FC
Abakinnyi 11 babanjemo muri Espoir FC
Mbogo Ally wageragezaga kugarira yavunitse mu gice cya mbere
Mbogo Ally wageragezaga kugarira neza yavunitse mu gice cya mbere
Kwizera Pierrot na Niyonzima Olivier Sefu bagumanye umupira cyane bigora abo hagati ba Espoir FC
Kwizera Pierrot na Niyonzima Olivier Sefu bagumanye umupira cyane bigora abo hagati ba Espoir FC
Kone yatangiye neza umwaka we muri Rayon sports
Kone yatangiye neza umwaka we muri Rayon sports
Igice cya mbere cyihariwe na Rayon ibonamo ibitego bibiri
Igice cya mbere cyihariwe na Rayon ibonamo ibitego bibiri
Savio ahindura umupira waje kuvamo igitego cya mbere
Savio ahindura umupira waje kuvamo igitego cya mbere
Nsengiyumva Moustapha watsinze igitego cya mbere agerageza gucenga
Nsengiyumva Moustapha watsinze igitego cya mbere agerageza gucenga
Nshuti Dominique Savio wakinnye uruhande rwose rw'ibumoso yitwaye neza
Nshuti Dominique Savio wakinnye uruhande rwose rw’ibumoso yitwaye neza

 

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

2 Comments

  • Rayon songa mbele

  • RAYON SPORT komereza ho tukurinyuma abakunzi bawe !!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!1

Comments are closed.

en_USEnglish