Digiqole ad

Sssshhhuuu….Kimwe nawe nazo zikunda umutuzo…Tujyane kuzireba

 Sssshhhuuu….Kimwe nawe nazo zikunda umutuzo…Tujyane kuzireba

Ingagi ikoresha amaboko yayo yose

Kimwe nawe, nubwo waba uri ‘umusazi’ gute ugeraho ugashaka gutuza, ingagi nazo ni inyamaswa zifite byinshi cyane zihuriyeho n’abantu. Izo mu misozi zisigaye ku isi ziba mu birunga by’u Rwanda, zikanagendagenda muri Congo na Uganda nta ndangamuntu kuko ibidukikije bitagira umupaka. Izi nyamaswa ‘nsabantu’ ubu ziri mu byinjiza amadevize menshi mu gihugu, kubera amatsiko ya ba mukerarugendo bava i kantarange baje kuzisura, aya matsiko nawe ukwiye kuyagira kuko umunyarwanda yoroherejwe kuzisura…reka tukujyane kuzisura ho gato cyane.

Turi mu muhanda twerekeza mu birunga, iyo ni Sabyinyo ibuditseho ibihu
Hakurya ni mu Birunga, niho mu buturo bwazo, niho iwazo

Bike ku mateka yazo:

Ingagi zari zisanzwe zizwi n’abantu ba cyera cyane bari baturiye ibirunga ariko mu buryo bw’ubushakashatsi, Umudage Cap.Van Robert Belingie ni we wazikozeho ubushakashatsi bwa mbere ahagana mu 1902, icyo gihe yishe ebyiri ajya kuzikoraho ubushakashatsi, ni yo mpamvu izi ngagi zafashe izina rye ‘Belingie’.

Umunyamerikakazi Diana Fossey we yatangije ibikorwa by’ubushakashatsi bwimbitse, kuzimenyekanisha no gukangurira abantu kuza kuzisura, mu mwaka wa 1970 hatangira ibyo gusura ingagi umuntu atanze amafaranga.

Tujye kuzisura rero….

Aba ‘guide’ babanza kukubwira ko ingagi zisurwa mu matsinda yazo kugira ngo hirindwe ko zanduzwa indwara. Amatsinda yazo kandi asirwa rimwe gusa ku munsi. Abazisura nabo bagenda mu matsinda y’abantu umunani.

Zikunda ubuzima butuje, zanga cyane uwazisagarira kuko umuntu ntazirusha intege niwe wabihomberamo, niyo mpamvu buri wese asaba kugenda aganira buhoro ndetse rwose mwazigera iruhande mugaceceka.

Amabwiriza bakiyababwira umuntu aba yiyumvamo uruvange rw’amatsiko menshi, ubwoba, igihunga, ubwuzu n’igishyika…imvamutima umuntu atasobanura neza.

Ingagi ziritonda, nta muntu ziragirira nabi, abazishinzwe bo babaye inshuti nazo, ndetse nawe mukerarugendo iyo ije igusanga uhama hamwe ukirinda ubwoba, ishobora kuza ikagukoraho ikwereka urukundo, kwiruka ije igusanga kirazira.

Abazishinzwe hari uburyo bavugana nazo mu rurimi rudasobanutse rw’amarenga cyane, icyo gihe ushaka guseka aca bugufi, nazo ngo zibona ko mwazubashye.

Ntiwemerewe kuziha icyo kurya, kandi ntiwemerewe kurenga 7m uyegera, cyereka yo ija igusanga, zibayeho mu buzima buri ‘pure’ zishobora kwandura indwara mu buryo bworoshye niyo mpamvu bitemewe ku waziha ikintu cyawe, icyo kurya cg umwambaro.

Izo mu birunga, ziri mu miryango 10; Sabyinyo, Agashya, Hirwa, Umubano, Kwitonda, Kuryama, Titus, Isabukuru, Ugenda na Ntambara.

Uyu muryango wa Ntambara ubu uyoborwa n’iyitwa Gutsinda ni wo mu itsinda ryacu tukujyanye gusuura.

Ingagi zisimbura mu kuyobora umuryango igihe umukuru w’umuryango yapfuye, kandi himikwa ikigabo gikurikiraho mu myaka. Icyo kigabo ni cyo kiba cyemerewe abagore.

Ingagi z’ibigabo iyo zikuze mu muryango zishobora guhitamo kugumana na se uyobora umuryango zikazamusimbura, cyangwa zikajya mu yindi miryango.

Ingagi z’ibigore, ntizikunda kubyarana n’izo bivukana (bisaza byazo), bityo iyo zimaze imyaka hagati y’6-8 (zishobora kubyara) zitoroka umuryango zikajya gushaka mu yindi miryango, icyo gihe ziba zitinya kuzabyarana na se cyangwa musaza wazo, bikaba nk’amahano kuri zo.

Umwe mu bashinzwe kuyobora abakerarugendo, Iryamukuru Bosco avuga ko ingagi zishobora kubengukana hagati yazo cyangwa zikabengana.

Muri rusange ingagi ziri muri aka karere k’ibirunga ni ukuvuga mu bihugu bitatu, muri Uganda haba 400, mu Rwanda na Congo Kinshasa, hakaba 480, ariko by’umwihariko izikurikiranwa mu Rwanda ni 300.

Reka tugende….

Urugendo rwo gusura ingagi rubimburirwa no gushyirwa mu matsinda y'abantu umunani, ndetse mugahabwa amasomo y'uko muza kwitwara
Umuguide abanza gushyira abantu m matsinda, akabaganiriza ku gikorwa bagiyemo
Turi mu muhanda twerekeza mu birunga, iyo ni Sabyinyo ibuditseho ibihu
Nyuma y’amabwiriza turagiye, imvamutima ni zazindi z’uruvange, ku ruhande tugenda urareba ibyiza, iki ni ikirunga cya Sabyinyo kubuditse ibihu
Kuri uru rukuta muruhuka gato bababwira uko mugiye kwitwara kugira ngo mu dakora ibishobora guhungabanya ingagi
Iyo mugeze kuri uru rukuta rw’amabuye rukumira inyamaswa ziva muri Pariki ziza konera abaturage, aba guide bongera kubibutsa amabwiriza ngo mudakora icyahungabanya ingagi, rimwe na rimwe mushobora guhita muzisanga aha hafi aho ziba zaje kwirira imigano
Mani Martin na we yari afite amatsiko menshi cyane yo kubona ingagi, dore ko noneho kuzigeramo byoroshye kuruta kurira ikirunga
Urugendo rugana ku ngangi ntabwo rusaba kuzamuka ibirunga cyane, ziba ziri bugufi, agakoni mu rugendo karafasha cyane
Umunyamakuru ukomoka muri Cote d'Ivoire na camera ye afite intego yo kubona ingagi akereka ab'iwabo
Inzira zerekezayo ariko si nk’izijya iwawe, si nziza na busa, gusa ziryoheye kumara amatsiko. Uyu ni umunyamakuru wo muri Cote d’Ivoire waje ngo azajye kwereka ab’iwabo ingagi z’i Rwanda
Nyuma y'umwanya mutoya tugenda tugeze aho duhura n'abashinzwe gukurikirana ingagi, batubwira ko ziri hafi, ni amahirwe cyane, duhita dusiga inkoni aho
Nyuma y’akanya gato mu rugendo ruzamuka, uhura n’abazikurikirana bamenya aho ziri, batubwiye ko tuzigeze hafi, inkoni muhita muzisiga aho nyine
Aho tugeze dutangiye kubona udusimba, iyo ni inkende nziza cyane iduherekeje mu rugendo turimo rwo gusura ingagi
Aka kanyamaswa kameze nk’icyondi kakomeje kuduherekeza kuva twatangira kuzamuka mu ishyamba
Ingagi iba irya kino cyatsi ishishikaye
Ingagi ya mbere duhingukiyeho iri ku meza, iravunagura itamira izi ‘mboga’ zayo ni ibyatsi by’amahwa mato bimeze nk’ibitovu ariko bifite uduti iba isa n’inyunyuza. Ni ibisura
Ingagi ikoresha amaboko yayo yose
Urayireba ubwuzu bukakwica ku mutima uti “Bon apetit’
Ingagi irya gatatu ku munsi nk'umuntu, mu gitondo, saa sita na nimugoroba ubundi ikaruhuka ikazabyuka hakeye saa kumi n'ebyiri
Ingagi irya gatatu ku munsi nk’umuntu, mu gitondo, saa sita na nimugoroba ubundi ikaruhuka ikazabyuka hakeye saa kumi n’ebyiri
Ingagi zo mu muryango umwe ntizijya zisigana, imwe cyangwa ebyiri zishobora kurisha hirya y'izindi ariko zaruhuka zikajya hamwe
Ingagi zo mu muryango umwe ntizijya zisigana, imwe cyangwa ebyiri zishobora kurisha hirya gato y’izindi ariko zaruhuka zikajya hamwe. Umwana we ahora hafi ya nyina
Iki cyatsi kiri mu bwoko bw'igisura, ingagi ziragikunda iyo zifite inyota kuko kigira amazi menshi
Iki cyatsi kiri mu bwoko bw’igisura ingagi ziragikunda, cyane iyo zifite inyota kuko kigira amazi menshi
Uyu ni we mukuru w'Umuryango yitwa Gutsinda ifite imyaka 26
Yitwa Gutsinda afite imyaka 26, niwe mukuru w’umuryango twasuye, nawe ari ku meza arahuze nubwo anyuzamo akatureba nta mususu
Utwana dutoya tuba turi iruhande ya Papa ni bwo twumva ko dufite umutekano uhagije
Utwana duto tuba turi iruhande rwa se ni bwo twumva ko dufite umutekano uhagije
Ingagi y'ingabo uyibwirwa n'iryo bara rijya kuba umweru mu mugongo kandi iba ari nini cyane
Ingagi y’ingabo kandi y’imbaraga uyibwirwa n’umugongo w’ibara ryerurutse, abazungu bakunze kuzita ‘Silver-backs’
Ku bw'amahirwe mbashije kubona mu maso y'Umukuru w'Umuryango wa Ntambara yitwa Gutsinda
Itegereze mu maso y’a Gutsinda, Umukuru w’Umuryango wa Ntambara, ni mukuru rwose.
Umukuru w'Umuryango mu byubahiro bye arimo ararya anareba umutekano w'umuryango
Umukuru w’Umuryango mu byubahiro bye , ari kumeza arafungura anacungira hafi umutekano w’umuryango we
Iyi ni imwe muri za ngagi yitwa Isange, ifite umutuzo udasanzwe kuko ibona umukuru w'umuryango hafi
Uyu ni umwe mu mwana mu muryango, yitwa Isange, aratuje cyane kuko se Gutsinda ari hafi, asa n’utangariye cyane kubona abakerarugendo
Iyi ngagi y'uburanga buhebuje irarisha ibyatsi yageraho ikaruhuka ikanareba abantu baje kuyisura
Iyi ngagi y’uburanga iragira itya ikaduhindukirira ikamera nk’ishaka guseka
Iyi ngagi yiyicariye ku ibuye wagira ngo ni umuntu
Mu gihe cyo kuruhuka, iba yihugenza (iri ‘busy’) mu tuntu utamenya
Umugano ugira umutobe w'akataraboneka ku buryo ingagi zihora zasinze umunezero
Umugano ugira umutobe udasanzwe, bivugwa ko iyo zawunyoye cyane zinasinda zikizihirwa
Mu muryango wa Ntambara harimo n'utwana dutoya cyane nk'aka kari mu mugongo wa nyina
Mu muryango wa Ntambara harimo n’utwana duto cyane nk’aka kari mu mugongo wa nyina
Nta bwoba zifite kandi nta nubwo zisagararira abantu ziriturije zirya kuko ni mu masaha ya saa sita z'amanywa
Ubu ni mu masaha ya saa sita ziri ku meza
Iyi ngagi ikiri ikiri ingaragu iratuje irya icyatsi gikungahaye ku mazi menshi nta bwoba ifite bw'abantu
Neza kimwe nawe ifite intoki eshanu, iyi ni ingarugu y’insoresore, mu gihe gito kiri imbere iraba ikeneye kurongora no kuyobora umuryango
Biratangaje uburyo ingagi zo mu Rwanda zakira abazisura, mu bwitonzi n'ikinyabupfura
Mu bwitonzi n’ikinyabupfura ziratuza abazisura bakitegereza
Uretse kuba ingagi isa n'umuntu, intoki n'ibirenge byayo bimeze neza nk'iby'umuntu
Hanyuma ikagira itya ikakwereka mu bworo bw’ikirenge nk’icy’umuntu ikikomereza
Aba bana b'ingagi ni inkurikirane imwe yitwa Ingamiya indi yitwa Isange intoya igiye gusaba mukuru wayo ibyo kurya iyibonanye
Aba bana b’ingagi ni inkurikirane imwe yitwa Ingamiya indi yitwa Isange nyuma yo kurya zirakina, uyu nawe arazifotora kuko zamwegereye
Hagati yazo ingagi nkuru imenye ko iyikurikira arintoya ziba nk'izikozanyaho iminwa, maze zisangira ibyo inkuru yari ifite
Muri uko gukina, inkuru hari ibyatsi iba yakacanze byorohereye maze igaha murumuna wayo ikoresheje umunwa
Aha yari idusabye inzira ngo yikomereze gushaka ibyo irya
Aha irakwegereye neza cyane, irasa n’igusaba inzira ngo itambuke, nawe icyo ukora buhoro cyane urayibererekera
Wa munyamakuru wacu wa Africa24 agize amahirwe yo kwifotozanya na Gutsinda
Uyu mugabo wo muri Cote d’Ivoire ifoto ari mu ngagi ngo izaba mu byiza yagize mu buzima
Uwasuye ingagi ntabwo yemerewe kuzegera bya hafi cyane ku bwo kurinda ubuzima bwe n'ubwazo
Umuhanzi Mani Martin (iburyo) n’umunyamakuru Iragena bari imbere gato cyane ya ‘Silver back’, ni ibihe bitangaje kandi bishimishije
Uwasuye ingagi ahabwa urupapuro rubyemeza na RDB
Umunsi waje gusura ingagi kandi ntabwo uzatahira aho

Ahasigaye ni ahawe kwigirayo….

 

Amafoto/HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

11 Comments

  • nukuri uri umunyamwuga kuko udushakira inkuru zidutera emotion kandi zikanadutera amatsiko menshi cyane nkubu ndumva musanze nyikunze cyane,najyaga mbyumva ntarabibona gutya,byibuzeze wowe wakoze iyi nkuru rwose ukwiye igihembo kuko wakoze ikintu kindashyikirwa ureke abirirwa bandika ibidafite umumaro,ubutaha uzaduhe ishusho y’umujyi wa musanze tuwurebe nawo,gusa ukomeje kutwemeza.komereza aho!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!!

  • Musanze we genda waratsinze reba ibyiza byose wibitseho Imana yyaragutatse pe.n’umusaza wacu intore izirusha intambwe KAGAME akomeze abibungabunge TUMURI INYUMA

  • umaze kuba ubukombe Ange we!

  • Uyu munyamakuru akomeje gukundisha abantu u Rwanda kabisa, akwiye igihembo, kubera we nanjye ubu maze kubona izi nkuru zose amaze gukora namaze gufata icyemezo kuza gusura u Rwanda kandi nkagera mu birunga bibereye u Rwanda. Rwose leta yacu nikomeze ibungabunge ibyo byiza bitazazimira

  • Uri umuntu w’UMUGABO.

  • ERIC wakoze cyane kudusangiza ibyiza bitatse u Rwanda,

  • Rega abanyarwanda dufite ibyiza nyaburanga byinshi nuko twe tutabyitaho ariko igihe kirageze ngo abanyarwanda nabo bitabire gusura ibyiza nyaburanga bitatse u Rwanda

  • umuseke ndabishimiye cyane kuko ndabona RDB yarabakije ikabaha ikiraka namwe mukagikora fresh.hagati aho se mwambwira,Mani Martin yavuye mubuhanzi ajya kwibera mu birunga?

  • Summer breeze or whatever you call yourself, uvuze ubusa , nako urajajwe! Mubyo wasomye niba koko uzi gusoma wigeze ubona mo ko Mani Martin asigaye aba mubirunga? Bakubwiye se ko gusura ingagi bisaba kureka ibyo basanzwe bakora? Ngo bakubarize ko yaretsubuhanzi akajya kwibera mu birunga? ???? Ishyari weeeeeeeee! Kuva ubu ubimenye,ba mukerarugendo ni abantu basanzwe, bakora imirimo inyuranye habamo n’abahanzi nka MANI Martin n’ibyamamare binarenze we! Ntimukitiranye ibintu n’ibyo bitajya no gusa!

  • uwo Breeze yaravangiwe

  • A part quelques mots et verbes en infinitive je ne parle pas kinyarwnda. Mais le photo album a parle tout seul. Tres bon travail, j’attend la suite sur un autre manifique part du Rwanda, celui du Nyungwe Forest.
    Faites tout pour que Gatsinda, le Chef de famille Ntambare a pour long time une vie en paix.

Comments are closed.

en_USEnglish