Digiqole ad

Shyogwe: Umurenge wemeye gusana inzu y’umukecuru iri hafi kugwa

 Shyogwe: Umurenge wemeye gusana inzu y’umukecuru iri hafi kugwa

Uyu

 Ubuyobozi bw’Umurenge wa Shyogwe mu karere ka  Muhanga bwemeye ko bugiye kubakira inzu  umukecuru w’incike utuye mu mudugudu wa Ruhina, akagari ka Ruli witwa Nyiramatama Généreuse, uba mu nzu bigaragara ko nta gihe kirekire yari isigaje ngo igwe.

Uyu
Nyiramatama afite icyizere ko agiye kubona inzu ifite ubwinyagamuriro

Nyiramatama Généreuse afite imyaka 71 y’amavuko  asanzwe atuye mu nzu yubakishije ibyondo, ibiti bito n’imbariro, ifite icyumba kimwe n’uruganiriro.

Uyu mukecuru aho arara ni hasi kandi nta mufariso agira.

Avuga ko  yapfakaye guhera mu 1980 kandi ngo nyuma y’urupfu rw’umugabo we yabayeho mu buzima  bubi cyane.

Uyu mukecuru yabwiye Umuseke ko nta muntu n’umwe agira wo kumwitaho  usibye bamwe mu baturanyi  bahagera bakamugirira impuhwe bakamuha icyo kurya.

Ngo mu  gihe cy’imvura  aba afite impungenge ko inzu  imugwira.

Nyiramatama ati: “Hari igihe abaturanyi bampa igihumbi, iyo ashize  nongera gutegereza  andi nzahabwa n’umuntu ntazi aho azaturuka. Icyo gihe cyose  ndaburara nkabwirirwa. Ubu ikinteye impungenge n’igihe imvura izagwa kuko inzu mbamo iva cyane.

Bamwe mu baturanyi be batashatse ko amazina yabo avugwa, bavuga ko bakusanyije amafaranga make kugira ngo yubakirwe ubwiherero kuko  ubwo yari afite mbere  bwashaje cyane.

Iyi nkunga bavuga ko bayishyikirije ubuyobozi bw’ akagari ka Ruli kugira ngo burebe niba bwakongeraho andi bityo umukecuru yubakirwe.

Manirarora Goodfrey, Umunyamabanga Nshigwabikorwa w’akagari ka Ruli, avuga ko  babanje kubaka ubwiherero kubera ko ari bwo babonaga bubangamye cyane, ariko ko bari kuvugana n’ubuyobozi bw’Umurenge kugira ngo barebe ikindi bafasha uyu mukecuru.

Mugunga Jean Baptiste, uyobora Umurenge wa Shyogwe, yemeza ko bagiye kubakira  inzu uyu mukecuru kandi mu nzu bazongeramo ibyumba bitatu.

Yavuze ko bateganya kumushyira muri VUP kugira ngo azajye ahabwa  inkunga y’ingoboka.

Ubuyobozi bw’Akagari n’Umurenge  wa Shyogwe bwemeza ko kubakira inzu uyu mukecuru bitazarenza ukwezi kwa Nzeri  uyu mwaka, kubera ko  amafaranga n’ubushake bihari.

Ahengeka umusaya hano hasi. Nta mufariso nta n'igitanda!
Ahengeka umusaya hano hasi. Nta mufariso nta n’igitanda
Mu bushobozi buke, abaturanyi babashije kumusanira ubwiherero. Ubuyobozi bwemeye kuzasana n'inzu
Abaturanyi babashije kumusanira ubwiherero. Ubuyobozi bwemeye kuzasana n’inzu

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW-Muhanga.

8 Comments

  • Uyu mukecuru arara hasi mu gihe akarere kaba gafite Miliyari icumi harimo n’ayo kwita ku bakene, ahubwo ugasanga bayagabagabanye ntawe ushinzwe kwita kuri aba nimumutabarize nshuti zacu banyamakuru.

  • Abanyamakuru turabashima cyane bagera aho Ubuyobozi butagera mukomerereze aho nshuti zacu.

  • Buriya muizarebe neza hari n’abandi bameze gutyo

  • Umurenge urarengana mubibaze Akarere kuko niko kagira Ingengo y’imali yo gufasha abakene Gitifu ko yemeye azavana he inkunga yo gufasha uwo mukecuru.

  • Bazaba bakoze igikorwa cyiza nibubakira uyu mukecuru.

  • banyarwanda mureke tujye tugira umutima wo gufasha, ubwo koko abaturanyi iyo bagerageza bagafatikanya bakaba bamushakiye na matelas basi!

    • Bibaze uwo mukire wubatse iruhande rwe, ikindi niba wasomye neza abaturage bamusaniye ubwiherero.

  • Ariko rero abayobozi berure batubwire ko dufite ikibazo cy’ubukungu cyane cyane mu bijyana n’amadovize.U Rwanda si ubwambere twizirika umukanda kugirango tudatumiza ibitari ngombwa.Muri 1984 yari gahunda ya gvment.Kwima umuriro ibitaro ababyita ukundi bazansobanurire.

Comments are closed.

en_USEnglish