Digiqole ad

SFG yiyemeje kwishingira abantu bahura n’impanuka bakabura gikurikirana

Mu nama kuri uyu wa kane tariki 27/3/2014  yahuje  inama njyanama hamwe n’abafatanyabikorwa b’ikigega cy’ingoboka  SGF mu rwego rwo kunoza imikorere yabo, umuyobozi w’icy’ikigo Bernadin Ndayishimiye yatangaje ko gahunda yo kuramira amagara y’abantu ari itegeko ryashyiriweho Abanyarwanda bose muri rusange.

Bernadin Ndayishimiye umuyobozi wa SGF
Bernadin Ndayishimiye umuyobozi wa SGF

Iyi nama yahuje inzego zitandukanye zirimo iz’ubuzima,(abaganga) bahagarariye ibitaro bitandukanye bagera kuri 46 aho  barebereye hamwe  gahunda y’ubufatanye bw’inzego z’ubuzima mu kuramira amagara y’abantu bahura n’impanuka zo mu muhanda badafite abazabishingira.

Bernadin Ndayishimiye umuyobozi wa SGF  yavuze ko bari bamaze imyaka ibiri bakorana n’ibitaro bya CHUK,  Kibagabaga n’ibindi bitaro. Avuga ko n’ubwo iki kibazo gikugunze kugaragara mu Mujyi wa Kigali  ngo bazi neza  ko no ntara gihari aho usanga  umuntu agongwa n’ikinyabiziga kuko adafite umuntu wa mukurikiranira ikibazo agatereranwa, bityo bamwe bikabaviramo gupfa.

Iki kigega kiyemeje kujya cy’ishingira bene abo Bantu maze ikazishyuza sosiyete y’ubwishingizi  yishingira  imodoka yateje impanuka, ariko mbere ya byose bakabanza bakaramira ubuzima bw’umuntu wakoze impanuka.

Yagize ati” Abantu benshi usanga batereranwa kuko batazwi . Ugasanga benshi bapfira mu muhanda kuko nta bwishingizi bafite kandi leta y’u Rwanda ivuga ko umuntu wese wakomerekeye mu muhanda cyangwa yakorewe impanuka mu muhanda avuzwa mu buryo butagira imbibi

Ndayishimiye yakomeje avuga ko gahunda yo kuramira amagara y’abantu  ari itegeko ryashyiriweho Abanyarwanda bose muri rusange ngo si abo  mu  Mijyi gusa .

Yakomeje avuga ko   iyo umuntu  yagongwaga  n’imodoka cyangwa ikindi kinyabiziga  gifite ubwishingizi  igisubizo cyazaga nyuma uwo muntu yamaze gupfa  bitewe n’uko byakururanaga   bigatera impaka.

Agira ati:” Ikigega  kizajya gitanga ayo mafaranga , cyishyure ibitaro uwo muntu yavuriwemo, hanyuma ikigega kizahindukira cyige  kwishyuza  sosiyete zishinzwe ubwishingizi bw’icyo kinyabiziga cyagonze umuntu.“

Mugire Alphonse umuganga mu bitaro bya Kibagabaga  yavuze ko hari n’igihe bazana umuntu kwa muganga yakoze impanuka bakamuha imiti barangiza bakamureka agataha nta mafaranga bamwatse.

Muhire asaba   iki  kigega kujya bishyura ibitaro no mu gihe bavuje umuntu wagonzwe mu buryo butazwi.

Daddy SADIKI RUBANGURA
ububiko.umusekehost.com

en_USEnglish