Digiqole ad

PGGSS IV yahereye i Rusizi. Reba amafoto uko byagenze

Rusizi – Ku nshuro ya 4 irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS4) ribaye, ibitaramo byo kuzenguruka igihugu bitangiza iri rushanwa byatangiriye i Kamembe mu Karere ka Rusizi, mu Ntara y’Iburengerazuba. Imvura yaguye kuri stade bitaga Kamarampaka ntiyabujije imbaga y’abantu bari bahari kwishimana n’abahanzi bakunda.

Platini (Dream Boys imbere y'abafana i Rusizi
Platini (Dream Boys imbere y’abafana i Rusizi

N’ubwo muri aka gace habanje kugwa imvura, biragaragara ko abantu bitabiriye iki gitaramo ari benshi cyane batitaye ku kunyagirwa.

Kuri iki gicamunsi cyo ku itariki ya 22 Werurwe 2014 ku i saa 14:30pm nibwo Anita Pendo na Mc Tino bari batangiye gususurutsa abaturage mu gihe nta muhanzi urajya kuri stage.

Nyuma yo gutombora uko bazajya bakurikirana ku kubanza, Bruce Melodie niwe wabanjirije abandi, yita cyane ku ndirimbo ze zakunzwe nka ‘Ndumiwe’.

Mc Tino na Anita Pendo nibo nanone bazajya basusurutsa abafana muri Roadshow zatangiye none.
Mc Tino na Anita Pendo nibo nanone bazajya basusurutsa abafana muri Roadshow zatangiye none.
Abafana bari benshi cyane
Abafana bari benshi cyane i Rusizi kandi bishimye

1.Bruce Melodie

Bruce Melodie mu ndirimbo ye 'Ndumiwe' niwe utangiye iki gitaramo.
Bruce Melodie mu ndirimbo ye ‘Ndumiwe’ niwe utangiye iki gitaramo.
Ku nshuro ye ya mbere mu irushanwa yagaragaje ubushobozi bwe bwose
Ku nshuro ye ya mbere mu irushanwa yagaragaje ubushobozi bwe bwose

2.Young Grace

Young  Grace arimo gushyushya abitabiriye iki gitaramo.
Young Grace ati ‘Muraho ab’i Rusizi’
Yabanyurijeho nawe mu ndirimbo ze za rapp
Yabanyurijeho nawe mu ndirimbo ze za rapp

3.Teta Diana niwe wakurikiyeho ashyushya abitabiriye iki gitaramo uko ashoboye.

Teta Diana we yari yanazanye akabyinana n'ababyinnyi.
Teta Diana we yari yanazanye abamufasha kubyina
Teta Diana kuri stage ashimisha abakunzi ba muzika nyarwanda.
Teta Diana kuri stage ashimisha abakunzi ba muzika nyarwanda.
Bamwe mu bayobozi ba Bralirwa bareba uko igitaramo kimeze
Bamwe mu bayobozi ba Bralirwa bareba uko igitaramo kimeze

4. Itsinda rya Active niryo ryakurikiyeho

Active mu mbyino nshya.
Active mu mbyino nshya.
Active yerekanye ko yagiye muri iri rushanwa ikunzwe.
Aba bahungu baririmbye barabyina karahava

5.Senderi International Hit ataho nawe mu gushimisha abafana

N'udushya twishi we yaje yicaye mu ngunguru bashyiramo primus
N’udushya twishi we yaje yicaye mu ngunguru bashyiramo Primus
Senderi International Hit mu ndirimbo ye 'Umuvuduko'.
Senderi International Hit mu ndirimbo ye ‘Umuvuduko’ ahagaze mu kigunguru cya Primus

6. Muneza Christopher nawe aba akurikiyeho

Christopher abakunzi be bamweretse ko bamushyigikiye.
Christopher abakunzi be bamweretse ko bamushyigikiye.
Christopher aririmbisha abakunzi be
Christopher aririmbisha abakunzi be

7.Jules Sentore, winjiye bwa mbere muri iri rushanwa yaje abyina neza cyane bya kinyarwanda

Jules Sentore yacishijemo yeerekana ko azi no guhamiriza.
Jules Sentore yacishijemo yerekana ko azi no guhamiriza.
Jules Sentore kuri stage
Jules Sentore kuri stage

8.Dream Boys nibo bakurikiyeho

Dream Boys mu ndirimbo yabo 'Urare aharyana'.
Dream Boys mu ndirimbo yabo ‘Urare aharyana’ bashimishije abafana cyane
Dream Boys yerekanye ko imenyereye aya marushanwa kubera uburyo babyinisha abantu baje kureba iki gitaramo
Dream Boys yerekanye ko imenyereye aya marushanwa kubera uburyo babyinisha abantu baje kureba iki gitaramo

9. Amag The Black winjiye mu irushanwa bwa mbere yinjiranye Rapp zikaze

Amag The Black kuri stage mu ndirimbo 'Uruhinja'
Amag The Black kuri stage mu ndirimbo ‘Uruhinja’ yakunzwe cyane
Amag The Black yerekanye ko akunzwe bitewe n'uburyo abakunzi ba muzika bamwishimiye
Amag The Black yerekanye ko akunzwe bitewe n’uburyo abakunzi ba muzika bamwishimiye.

10. Umuraperi Jay Polly bigaragara ko akunzwe n’abantu benshi cyane, ndetse akaba ari no mu bahabwa amahirwe yo kuzegukana iki gikombe niwe usoje iki gitaramo cyaberaga i Rusizi.

Aba ni abakunzi ba muzika ubwo Jay Polly yarimo kubasusurutsa.
Aba ni abakunzi ba muzika ubwo Jay Polly yarimo kubasusurutsa.
Jay Polly ni umwe mu bahanzi berekanye ko bakunzwe cyane.
Jay Polly ni umwe mu bahanzi berekanye ko bakunzwe cyane.
Jay Polly niwe uje gusoza igitaramo
Jay Polly niwe usoje

Andi mafoto y’uyu munsi mu gitaramo cyaberaga i Rusizi

Ahabereye igitaramo, yahoze yitwa stade Kamarampaka
Ahabereye igitaramo, yahoze yitwa stade Kamarampaka
Aba bazungu bari bishimye basoma no kuri Primus
Aba bazungu bari bishimye basoma no kuri Primus
Abafana bari benshi cyane
Abafana bari benshi cyane
Abafana ba AmaGg the Black i Rusizi
Abafana ba AmaGg the Black i Rusizi
Amag The Black na Jay Polly mbere yo kujya kuri stage babanje kwifotozanya
Amag The Black na Jay Polly mbere yo kujya kuri stage babanje kwifotozanya
Bruce Melodie abyina
Bruce Melodie abyina
Buri umwe waje yafataga icyo ashoboye
Buri umwe waje mu batumiwe yafataga icyo ashoboye
Christopher na Young Grace mbere yo kujya kuririmba
Christopher na Young Grace mbere yo kujya kuririmba
DSC_5441
Abakora ‘protocol’ bari tayari
DSC_5455
Buri umwe mu mwanya we
Teta Diana n'ababyinnyi be
Teta Diana n’ababyinnyi be
DSC_5569
Teta yagerageje gushimisha abafana i Rusizi
DSC_5621
Teta mu ndirimbo nka ‘Fata Fata’
DSC_5718
Abasore bagize Active wagirango si bashya mu irushanwa
DSC_5766
Senderi mu kidomoro cya Primus
DSC_5820
Christopher ati ‘namweeeeee’
DSC_5876
Jules Sentore imbere y’abafana
DSC_5918
Yaririmbye cyane uko ashoboye
DSC_5951
Dream Boys baje bambaye udukoti dusa
DSC_5965
Platini, abafana beretse Dream Boys ko bayishimiye cyane
DSC_5981
Bishimanya n’abafana babo
DSC_5987
Hakuno nawe aratunganya ibyuma bya muzika ngo isohoke neza
DSC_6098
Amag the black imbere y’abafana be, nubwo ari ubwa mbere mu irushanwa ariko abafana bamweretse ko bamuzi banamwishimiye cyane
DSC_6139
Jay, bari kwita umusaza, unafite amahirwe muri iri rushanwa kubera abafana benshi, ariko yanahoranye na mbere
DSC_6141
Uyu mwana w’imbere uburyo areba iyi nzoga umenya azakurana inyota!!! Niba ariko atari agakombe gusa yikundiye kuko acigatiye n’utundi
DSC_6168
Jay Polly ari kubaha imirongo
DSC_6191
Abafana mu byinshimo na Jay
Ikimenyetso kiranga itsinda rya 'Tough Gangs'
Ikimenyetso kiranga itsinda rya ‘Tough Gangs’
Aha buri muahanzi yahanyuraga agatanga indirimbo ari buririmbe
Aha buri muahanzi yahanyuraga agatanga indirimbo ari buririmbe
Iki kidomoro bari kukizamura ngo Senderi agihagararemo aririmba
Iki kidomoro bari kukizamura ngo Senderi agihagararemo aririmba
Jules Sentore na Derek batarajya ku rubyiniro
Jules Sentore na Derek (Active) batarajya ku rubyiniro
Pierro Junior 'events and Sponsorship manager' muri BRALIRWA
Pierro Junior ‘events and Sponsorship manager’ muri BRALIRWA
Platini yishimana n'abafana be
Platini yishimana n’abafana be
Iyi ni stage abahanzi baririmbiragaho
Iyi ni stage abahanzi baririmbiragaho
Tizzo na Olivis bagize itsinda rya 'Active' mbere yo kujya kwiyereka abakunzi babo
Tizzo na Olivis bagize itsinda rya ‘Active’ mbere yo kujya kwiyereka abakunzi babo
Baratambukana Primus ngo abatumiwe bice inyota
Baratambukana Primus ngo abatumiwe n’uwiguriye  bice inyota
Youmg Grace mu ndirimbo ye Bingo
Youmg Grace mu ndirimbo ye Bingo
i Kamembe uko byifashe nyuma y'igitaramo
i Kamembe uko byifashe nyuma y’igitaramo
Bamwe bafata utuyira bataha
Bamwe bafata utuyira bataha

 

Rutaganda Joel & Muzogeye Plaisir
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • jay yari yambaye neza nku mu raper!!!

  • jay polly mwifuje itsinzi.

  • ka TETA nikeza nakamaneke karaberwa gafitijwi icyampa nka filinga nka ga tsistsiiiiiii ye.lol

  • sendeli rwose wagiye ureka kumena imbavu 

  • teta wenda uzazirako ntandirimbo nyinshi ufite nahubundi rwose urabishoboye

  • hit hit uranyemeza mudukoryo

  • senderi we unkuyeho

  • congz to kina music

  • Nkunze comment mu postinze kuri uriya mwana ureba byeri!!! Nawe agira inyota erega!Well thanks for the pics and God bless

Comments are closed.

en_USEnglish