Digiqole ad

Ruhango: Barasaba MINAGRI gutunganya igishanga cya Mukunguri

Abaturage bo mu Karere ka Ruhango bahinga mu gishanga cya  Mukunguri  gisangiwe n’uturere twa Ruhango na Kamonyi, bibumbiye mu ishyirahamwe rihinga umuceri ryitwa Mukunguri Rice promotion and Investment Campany barasaba MINAGRI ko yasana kiriya gishanga vuba kuko isuri izanwa n’amazi kikavamo amazi  ibangiriza imirimo, bigatuma bateza neza.

Aho bashonera  imifuka y'umuceri
Aho badodera imifuka y’umuceri

Ubusanzwe  igishanga cya Mukunguri  cyera toni  1800 ku gihembwe  kimwe cy’ihinga. Mu kiganiro  Niyongira  Uziel  Umuyobozi w’uruganda rw’umuceri rwa Mukunguri Rice Promotion  and Investment Campany  yagiranye  n’Umuseke yavuze ko  ibikorwaremezo  byafataga amazi  y’isuri  byangiritse, bigatuma  umuceri utwarwa  ndetse bikagira n’ingaruka  ku musaruro babona.

Yagize ati: ” Dufite imbogamizi y’uko umuceri duhinze  utembanwa n’isuri, umusaruro ukagabanuka. Ubu turi ku cyizere twahawe na Minagri ko igiye gutunganya kiriya gishanga mu minsi ya  vuba.  Turizera ko  nibagisana  umusaruro uzikuba  kabiri.’’

Umwe mu bahinzi bo muri ririya shyirahamwe, Kayiranga Jean Baptiste yavuze ko  imbaraga  ashora mu guhinga umuceri ari  nyinshi ku buryo iyo  isuri iwutwaye  ababara cyane.

Avuga ko umusaruro avanamo  umuha amafaranga yishyurira  abana be amashuri,  ubwisungane mu kwivuza ndetse ngo  usigaye  akawukoresha mu rugo rwe.

Ati:  “Hari igihe mpitamo  kugurisha umuceri  bitewe  n’ibibazo nifuza gukemura, gahunda  mfite niyo gukomeza guhinga  umuceri ariko  inzego bireba nizidufashe  gutunganya igishanga.’’

Niyongira avuga ko bagize igitekerezo cyo kubaka uruganda rutunganya umuceri nyuma yo kubona ko aho abahinzi bawujyanaga kuwutunganyiriza  ari kure cyane ugereranyije  n’aho uturuka kuko byabasaba kujya mu Mujyi wa Kigali  ku ruganda rwa Kabuye.

Uru ruganda barushyizeho mu rwego rwo kugabanyiriza abaturage imvune n’amafaranga batangaga.

Dusabe  Joly  uhagarariye Umushinga wa Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi ugamije  iterambere ry’icyaro( RSSP)  yatangaje  ko   bari gukora inyigo  yo gutunganya  igishanga cya Mukunguri ku buryo mu mwaka utaha  izaba yarangiye,  imirimo yo  kugisana  igatangira.

Yongeyeho ko  basabye  ubuyobozi bw’uturere twa Ruhango na Kamonyi  busangiye iki gishanga ko bwarwanya isuri bukumira  imivu, umushinga ukazatunganya  imiyoboro  y’amazi  yuhira  umuceri nta zindi  ngaruka  uhanganye nazo.

Igishanga cya Mukunguri gifite  ubuso bwa hegitari  700  uyu mushinga wa Minagri ukaba uzatunganya  hegitari  450, ugasana izindi hegitari 250.

Imifuka itondetse hakurikijwe uko yatunganyijwe
Imifuka itondetse hakurikijwe uko yatunganyijwe
Iyo isuri  yabaye nke  uruganda rubona umusaruro mwinshi
Iyo isuri yabaye nke uruganda rubona umusaruro mwinshi
Umusaruro uriyongera iyo amazi y'isuri atangije igishanga.
Umusaruro uriyongera iyo amazi y’isuri atangije igishanga.
Niyongira  Uziel  Asobanurira  abanyamakuru  uko uruganda  rukora
Niyongira Uziel Asobanurira abanyamakuru uko uruganda rukora
Umuyobozi w'uruganda  Mukunguri Rice, Promotion and Investment Campany  Niyongira Uziel
Umuyobozi w’uruganda Mukunguri Rice, Promotion and Investment Campany Niyongira Uziel

MUHIZI Elizee

UM– USEKE.RW/Kamonyi.  

0 Comment

  • minister mushya arabe yumva iyi ikaba kimwe mubyo agomba guheraho guha service nziza abaturage niba koko ari minagri igomba kugisana nibagirire vuba rwose barebeko umusaruro wakiyongera,

Comments are closed.

en_USEnglish