Digiqole ad

Rayon sports: Abakinnyi bane gusa nibo bakoze imyitozo

 Rayon sports: Abakinnyi bane gusa nibo bakoze imyitozo

Mu gihe habura iminsi ibiri gusa ngo Rayon sports yakire Amagaju mu mukino wa shampiyona, abakinnyi bane gusa nibo bakoze imyitozo kuri uyu wa mbere kuko abandi banze gukora batarahembwa.

Mike na Ismaila Diarra bihisha amafoto
Mike na Ismaila Diarra bihisha amafoto

Abakinnyi ba Rayon Sports bavuga ko bafitiwe ibirarane by’imishahara y’amezi abiri, n’ibirarane by’uduhimbazamusyi tw’imikino ine.

Kutishimira kudahemberwa igihe, byatumye bafata umwanzuro wo guhagarika imyitozo.

Umuseke uvugana n’umunyamabanga wa Rayon sports Olivier Gakwaya, yatubwiye ko iyo nkuru ari ikinyoma, ko ikipe iri mu myitozo nta kibazo.

Ni ibihuha, kuko ugiye no kuri FERWAFA aho ikipe ikorera imyitozo wayihasanga. Nta baruwa y’abakinnyi cyangwa umutoza ivuga ko bahagaritse imyotozo twabonye. Umukino wo kuwa gatatu nta cyahindutse uzaba.” –Olivier Gakwaya

Nyuma yo kuvugana n’uyu munyamabanga, Umuseke wasuye imyitozo ya Rayon sports dusanga yo abakinnyi bane gusa.

Ndacyayisenga Alexis, Munezero Fiston, Ismaila Diarra na Musoni Théophile bita Pato (umuzamu wa gatatu).

Ibi ni mu gihe Rayon sports ibura iminsi ibiri ngo yakire Amagaju mu mukino wo ku munsi wa 28 wa shampiyona, uteganyijwe kuri uyu wa gatatu saa 18h kuri stade ya Kigali.

Ndacyayisenga Alexis (ibumoso) na Munezero Fiston bari mu bihanganiye gukora imyitozo nubwo badahembwa
Ndacyayisenga Alexis (ibumoso) na Munezero Fiston bari mu bihanganiye gukora imyitozo nubwo badahembwa
Uhereye ibumoso Ndacyayisenga Alexis, Musoni Théophile, Mike (akora imyitozo ariko si umukinnyi wa Rayon), na Ismaila Diarra nibo bakoze imyitozo yitegura Amagaju
Uhereye ibumoso mu bicaye, Ndacyayisenga Alexis, Musoni Théophile, Mike (akora imyitozo ariko si umukinnyi wa Rayon), na Ismaila Diarra nibo bakoze imyitozo yitegura Amagaju, inyuma yabo hahageze umutoza w’abazamu Claude Manirakiza bita Masope
Abo muri staff bari benshi kurusha abakinnyi
Abo muri staff ya Rayon Sports (Umutoza, umwungirije, umutoza w’abazamu, umuganga n’ushinzwe imyenda) bari benshi kurusha abakinnyi
Masudi Djuma yakoresheje imyitozo abakinnyi bane gusa
Umutoza mukuru Masudi Djuma yakoresheje imyitozo abakinnyi bane gusa
N'umutoza wungirije Lomami Marcel yari ahari
N’umutoza wungirije Lomami Marcel yari ahari
Umunya - Mali Ismaila Diarra we yanyuranyije n'icyemezo cya bagenzi be cyo gusiba imyitozo
Ruthizamu wo muri Mali Ismaila Diarra yari yaje muri iyi myitozo

Photos/R. NGABO ©Umuseke

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

6 Comments

  • gasenyi waragowe peee

  • Sha ni hahandi hanyu tuzakomeza kubaho.

  • Kubaho mutariho@Kwelisana

  • Ariko equipe ifite fan base yambere mugihugu hose inanirwa kwitunga gute koko?
    Something is wrong in Rayon-Sport board.

  • IMPAMVU IBIRI INYUMA IZAMENYEKANA. MWIJIJISHA, RAYONS SPORT IRI KURI COURSE Y’IGIKOMBE. UTAYITOBEYE RERO APR YAKIMYIZA IMOSO. IMIKINO YO MU RWANDA SI MATCH NI JEUX. MONOPOLE MU BUCURUZI, MONOPOLE MU MIKINO, NI BOROHERE NANDI MAKIPE AKORE KU GIKOMBE. MUJYE MUKOPERA MU BINDI BIHUGU. NAHO UBUKENE SI IKIBAZO IKIPE YO MURI ZA 60 NA NTIBAYEHO KURI SELUMU.

  • Rayon nabayobozi bayo rwose muraducanga cyane ngo murashaka igikombe abakinnyi badahembwa?mureke APR FC ikipe icyeye cyane ifite gahunda itware igikombe kuko mwe niyo mwakibona ntimwabasha kugihagararaho nkuko mwagitwaye tugitangira politike yacu yo gukinisha abanyarwanda twagarutse tuje ntimwibeshye ngo mwadutsinze 4 biriya bibaho ni Burayi APR OYEEEEEEEEEEEEEEE Tubari inyuma

Comments are closed.

en_USEnglish