Digiqole ad

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa JICA ku Isi

Prof Akihiko Tanaka umuyobozi  mukuru  wa JICA  (Japan Internation Cooperation Agency) mu ruzinduko  rw’iminsi itatu arimo mu Rwanda   yakiriwe na Perezida  Paul Kagame  mu biro bye kuri uyu wa gatanu baganira ku mibanire n’ubufatanye by’u Rwanda n’Ubuyapani.

Prof Tanaka na Perezida Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu
Prof Tanaka na Perezida Kagame ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu

Uyu mugabo yasuye kandi imishinga n’ibikorwa bitandukanye biterwa inkuru n’iki kigo cy’ubufatanye mpuzamahanga n’Ubuyapani JICA mu Rwanda birimo ikigo K-LAB, Tumba College of Technology ndetse kuri uyu wa gatandatu arafungura ku mugragaro ikiraro cya Rusumo kiri hagati y’u Rwanda na Tanzania cyubatswe ku nkunga y’Ubuyapani.

Nyuma yo kubonana na Perezida Kagame Prof Tanaka yavuze ko yishimishiye kubona umusaruro w’iterambere yabonye mu Rwanda urimo n’uruhare rw’Ubuyapani biciye muri JICA.

Ati “Twishimira uburyo abanyarwanda bongoye kwiyunga bakabana nyuma ya Jenoside, uko ubumwe buzakomeza niko amahoro azabakomeza kubaho, natwe nk’Ubuyapani tuzakomeza kubana n’u Rwanda mu kubaka ejo heza.”

Prof Tanaka yavuze ko ikigo cya K-LAB batera inkunga nk’umushinga washyiriweho urubyiruko ngo rwunguke ubumenyi mu ikoranabuhanga, ari amahirwe akomeye yo guteza imbere ubumenyi mu rubyiruko rw’u Rwanda.

Dr Charles Muligande Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani uri kumwe na Prof Tanaka mu ruzinduko arimo mu Rwanda yatangaje ko mu kiganiro bagiranye na Perezida Kagame yasabye uyu muyobozi ko ikigo JICA ayoboye, mu Rwanda cyarushaho gukorana n’imishinga y’abikorera hagamijwe kubateza imbere no guteza imbere igihugu.

Perezida Kagame ngo yasabye kandi uyu muyapani gukangurira abashoramari b’Abayapani kuza bagashora imari yabo mu Rwanda.

Mu gitondo Prof Tanaka yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi
Mu gitondo Prof Tanaka yasuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku Gisozi
Ashyira indabo ku mva z'abahashyinguye
Ashyira indabo ku mva z’abahashyinguye
Nyuma atangaza ko ibi bidakwiye kongera mu mateka y'Isi
Nyuma atangaza ko ibi bidakwiye kongera mu mateka y’Isi
Urubyiruko rwo muri Go Ltd rweretse Prof Tanaka ubumenyi rufite mu ikoranabuhanga rigamije kuzamura igihugu cyabo
Urubyiruko rwo muri Go Ltd rweretse Prof Tanaka ubumenyi rufite mu ikoranabuhanga rigamije kuzamura igihugu cyabo
Perezida Kagame mu biganiro na Perezida Kagame ku gicamunsi cya none
Perezida Kagame mu biganiro na Perezida Kagame ku gicamunsi cya none
Prof Tanaka n'intumwa ayobowe hamwe na Perezida Kagame, Minisitiri Mushikiwabo na Ambasaderi Dr Muligande
Prof Tanaka n’intumwa ayobowe hamwe na Perezida Kagame, Minisitiri Mushikiwabo na Ambasaderi Dr Muligande

Photos/D S Rubangura & PPU

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW 

1 Comment

  • inkunga abayapani baduha ni inyamibwa kandi tuzakomeza kubana nabo mu bikorwa butandukanye dutsura umubano

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

en_USEnglish
en_USEnglish