Digiqole ad

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa UAE

 Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa UAE

Kuri uyu wa 09 Kamena 2015 Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri Sheikh Abdulla bin Zayed al Nahyan n’intumwa yari ayoboye. Ibiganiro byibanze ku kurebera hamwe uko hashyirwaho ubufatanye bukomeye bw’ibihugu byombi. Uyu muyobozi ni ubwa mbere asuye u Rwanda.

Perezida Kagame na Minisitiri Zayed wasuye u Rwanda ku nshuro ye ya mbere
Perezida Kagame na Minisitiri Zayed wasuye u Rwanda ku nshuro ye ya mbere

Mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, Madame Reem Al Hashimi Umunyamabanga wa Leta mu by’ububanyi n’amahanga wa UAE yari yakiriwe na Perezida Kagame.

Yari intambwe ya mbere mu kubaka ubufatanye n’umubano w’ibihugu byombi. Iki gihe Mme Hashimi yasezeranyije ko azagarukana n’abayobozi be nk’uko yabikoze none.

Ni nyuma y’uko mu Ukwakira 2014 Perezida Kagame yari yagiye i Dubai mu nama ya kabiri ya Africa Global Business Forum, inama Perezida Kagame yagaragajemo Africa muri rusange n’u Rwanda ayoboye, nk’ahantu Abarabu nabo bashobora guhagurukira gushora imari kurushaho no gufatanya naho mu nzira y’iterambere.

Minisitiri Sheikh Abdullah bin Zayed bin Sultan Al Nahyan wakiriwe na Perezida Kagame kuri uyu wa kabiri ni umuhungu wa Zayed bin Sultan Al Nahyan umugabo washinze izi Emirats zunze ubumwe z’abarabu ari nawe wazibereye Perezida wa mbere.

Emirats zirindwi zunze ubumwe z’Abarabu (United Arab Emirates) ni; Abu Dhabi (ifatwa nk’umurwa mukuru), Ajman, Dubai, Fujairah, Ras al-Khaimah, Sharjah na Umm al-Quwain. Ni ahantu hihariye mu bucuruzi cyane cyane mu isoko mpuzamahanga rya Dubai.

Dubai niho hantu habaye isoko ryagutse rya Africa mu myaka micye ishize, ubucuruzi hagati ya Dubai na Africa bwazamutse kuva kuri miliyari 37.9 z’AmaDirham yo muri UAE mu 2008 bugera kuri miliyari  91.3 z’amaDirham mu 2013.

Ibi bihugu byunze ubumwe biri ku mwanya wa karindwi ku isi mu kubika petrol nyinshi ku Isi.

Abacuruzi b’abanyarwanda bakaba benshi nabo barangura ibicuruzwa byabo i Dubai muri UAE.

Perezida Kagame mu biganiro na Minisitiri Bin Zayed wa UAE
Perezida Kagame mu biganiro na Minisitiri Bin Zayed wa UAE
Basangiye hamwe ku meza ku gicamunsi cya none
Basangiye hamwe ku meza ku gicamunsi cya none
Perezida Kagame n'abayobozi ku ruhande rw'u Rwanda barimo Minisitiri Mushikiwabo na Francis Gatare uyobora RDB hamwe na Minisitiri Zayed n'intumwa yari ayoboye zirimo Mme Reem uheruka mu Rwanda
Perezida Kagame n’abayobozi ku ruhande rw’u Rwanda barimo Minisitiri Mushikiwabo na Francis Gatare uyobora RDB hamwe na Minisitiri Zayed n’intumwa yari ayoboye zirimo Mme Reem uheruka mu Rwanda
Minisitiri Sheikh Abdullah bin Zayed bin Sultan Al Nahyan na Perezida Kagame
Minisitiri Sheikh Abdullah bin Zayed bin Sultan Al Nahyan na Perezida Kagame
Perezida Kagame aherekeje abashyitsi be
Perezida Kagame aherekeje abashyitsi be

Photos/PPU

UM– USEKE.RW

4 Comments

  • genda HE uri Perezida nabarabu wabazanye!! ndakwemera peeeee harya ngo manda ahubwo ndabihinduye tegeka kugeza aho uzatubwira ko unaniwe

  • QWEEN fata akantu urasobanutseeeeee
    Azatuyobore forever ever everrrr

    Umuhiga azayobore n’urugo rwe nkuko HE atuyobora turore ko arurenza ni rembo.
    Mubyange mubyemere azaruyobora ubabaye yiyahure.

  • umubano wacu n’amahanga ukomeje kwaguka kandi ni byiza cyane

  • Muzoze mutuzanira ab obashitsi mu Burundi.

Comments are closed.

en_USEnglish