Digiqole ad

Papa Francis yatangaje ko Interinete ari impano y’Imana

Mu gitambo cya Misa mu muhango wo kwizihiza umunsi mukuru w’itumanaho muri Kiriziya Gatolika, Papa Francis yatangaje ko Murandasi  “Interineti”  ari impano y’Imana, ariko abantu bakwiye gukoresha mu bintu byiza.

Pope Francis
Pope Francis

Papa Francis yavuze ko murandasi (Internet) yagerageje gusendereza umunezero w’ubumwe mu muryango mugari w’abatuye Isi kandi  ko ikoranabuhanga ryafashije mu gukwirakwiza Ivanjiri ku Isi.

N’ubwo Interineti yagize akamaro kanini cyane ariko, Papa avuga  ko hari ingaruka mbi iteza kuko hari abayifashisha mu guhakana ko Imana ibaho cyangwa mu kwigisha amacakubiri mu bantu.

Ku myaka 77 Papa afite, abona Murandasi  iramutse ikoreshejwe neza yakwifashishwa mu gukemura ibibazo mu nzego zitandukanye harimo iyobokamana, ubukungu, Politiki ndetse n’ibiri hagati mu dutsiko tw’abantu.

Papa avuga ko Murandasi ari impano twahawe na Nyagasani
Papa avuga ko Murandasi ari impano twahawe na Nyagasani/Photo Internet

Papa kandi yanahamagariye imbaga y’abatuye isi kugerageza kuyihindura bayiganisha aheza.

Inama ye ni uko abakoresha iri koranabuhanga aho yavuze ko rikwiye kubabera  umurongo abahuza aho kuba uwo kubahanganisha.

Papa Fransisko ariko kandi yasabye muri iki gitambo, abafite ukwemera runaka kutagerageza kumvisha bagenzi babo ko ukwemera kwabo atari ko, ababwira ko ntacyo bimaze kujya impaka ku ukwemera kw’undi ahubwo bakwiye kureba uko ukwemera Imana imwe kwabahuriza hamwe hanifashishijwe ikoranabuhanga nka Internet.

Martin NIYONKURU
ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Ibyavuga Ni Ukuri Kko Internet Ikoreshejwe Neza Iyi Yahinduka Paradizo

  • uyu mugabo azi kureba kure kandi akvuga n’ibyo abonye yo. thx to pop

Comments are closed.

en_USEnglish