Digiqole ad

Otan irarashisha kajuguju muri Libiya

Otan yatangiye kurashisha kajuguju muri Libye, Kajugujugu z’intambara z’Ubufaransa zagabye ibitero bwa mbere ku butaka bwa Lybia. Ni mu ijoro ryo kuri uyu wa gatanu rishyira ku wa gatandatu, ubwo izo kajugujugu zifashishije ibikoresho by’ingabo z’abongereza, zagabye ibyo bitero muri Lybia ku nyubako BPC(bâtiment de projection et de commandement ).

Kajugujugu z'abafaransa zifashishijwe mu kurasa Libiya
Kajugujugu z'abafaransa zifashishijwe mu kurasa Libiya(photo internet)

Iki gikorwa cy’ibitero bya za kajugujugu, kirunganira ibindi bitero bimaze iminsi bikorwa, kugirango habashe gutsimburwa Gadhaffi n’abamushyigikiye,  bivugwa ko bahohotera abaturage b’abasivile.

Ubufaransa n’ Ubwongereza bari bemeje ko bazatanga Kajugujugu z’intambara kugira ngo bakomeze kotsa  igitutu ingabo za Mouammar Kadhafi. Gukoresha izi kajugujugu, bizafasha Otan  kumenya neza ahari ibirindiro by’ingabo za  Kadhaffi, cyane ko zikunda kwihisha mu mazu yo guturamo.

Nk’uko byatangajwe na Televiziyo  Sky News,  Kajugujugu z’abongereza zizwi ku izina rya  Apache, zagaragaye ku bwato bw’ intambara butwara indege HMS Ocean, zakoreshejwe mu kugaba ibitero ku mujyi wa Brega, mu burasirazuba bwa Libya.

Général Charles Bouchard, uyoboye ibikorwa bya Otan muri Lybia, yatangaje ko bagenda bagera ku ntego bari bihaye, ariko ko  Gukoresha kajugujugu bifite umwihariko muri ruriya rugamba, anavuga kandi ko bazakomeza gukoresha buriya buryo igihe cyose bikenewe.

umuseke.com

en_USEnglish