Osama Bin Laden ni muntu ki ?
Osama mwene Muhammad, Muhammad mwene Awad bin Laden, azwi nk’ uwashinze kandi akaba n’umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba Al-Qaeda akaba kandi yafatwaga nkaho ariwe uhagagrariye iterabwoba ku isi , akaba yaravukiye I Riyadh, muri Saudi Arabia harku ya 10/3/1957.
Photo: Osama Bin Laden
Osama Bin Laden Uyu mugabo warashwe n’igisirikare cy’ Abanyamerika yarerewe kandi avukira mu muryango ukize kandi wubashywe. Akaba umwana wa 17 muri 50 bababyawe na Mohammed Bin Laden, uyu akaba yari umwubatsi w’uruganda w’umukire uturuka mu miryango ya cyami ya Arabiya
Bin Laden, yavutse ku mugore uturuka mu gihugu cya Syrian, akaba yararerewe mu miryango ikomeye y’ abo bita Wahhabi Muslim. Osama yize muri Arabiya Sawudite. Se akaba yarapfiriye mu mpanuka y’indege hari mu mwaka w’1967.
Nk’ umuyoboke w’ idini ya Islamu yemera kugira abagore benshi, Osama yarongoye umugore we wa 1 w’ Umusiriyakazi akaba kandi na mubyara we yari afite imyaka 17. Ubwo yari akiri ingimbi akaba yarabonanye n’umujyanama we Abdullah Azzam, aho bafatikanyije kurwanya ibitero by’ Abarusiya (Abasovieti), bari barigaruriye Afghanistani aho Osama yashyizeho ihuriro ryitwa Maktab Al-Khadamat aha rero ngo Osama akaba yarabifashijwemo n’ubutunzi yari afite aho ngo bwanamufashije kugura intwaro muri iyi ntambara.
Mu 1980 Osama yasubiye muri Arabia Saudite nk’umurwanyi w’intwari (mujahideen hero), nyuma yo kunesha Abarusiya, aho yanashize agatsiko k’ibanga ka Al-Qaeda, cyangwa se igicumbi.”
Ubwo Iraq yateraga igihugu cya Koweti hari mu mwaka 1990, Arabiya Sawudite yasabwe na Osama ko abamujahidine barinda iki gihugu ibi bitero ariko Arabiya Sawudite yo iramuhakanira ahubwo ivugako iziyegereza abanyamerika ngo bayiirinde ibi bitero bya Saddam Hussein.Uyu mugabo Osama akaba atarashimishijwe no kuba Arabiya Sawudite yariyegereje Abanyamerika, aho yavugako ko ari ukuvogera ubutaka butagatifu. Ubusanzwe iki gihuhu cya Sawudite kikaba gifite ahantu hazwi cyane nk’ubutaka butagatifu mu idini ya Islamu nka Madina n’i Maka.
Uyu mugabo yaje kunyagwa ubwenegihugu na leta ya Arabiya Sawudite, kandi zimwe mu nkunga yahabwaga zirahagarikwa, Bbin Laden yaje guhungira muri Sudani mu 1992, aho yanajyanye n’ abarwanyi be (Abamujahideni). Bin Laden yaje gufatanya bikomeye n’umunyamisiri w’umwisiramu wemera ibyi intambrara ntagatifu Jihad, Ayman al-Zawahiri.
Ubwo intambara ntagatifu ya kisilamu muri Misiri yageragezaga guhitana perezida w’iki gihugu Hosni Mubarak, , hari mu 1995 uyu mutwe w’ abarwanyi ba kisilamu ukaba nawo waraje guhungira muri Sudan.
Bin Laden yaje gusubira muri Afghanistani aho yari arinzwe, n ‘Abatalibani baterwgwa inkunga n’ubutegetsi bwa Mullah Mohammed Omar, aho Osama aho yatagatangaga amahugurwa ya gisirikare kuri uwo mutwe al-Qaeda’s global jihad.
Tariki 7, 1998, niho haturikijwe ibisasu kuri ambasade z ‘Amerika I Dar es Salaam, Tanzania na Nairobi muri Kenya ibi biterio bikaba byarahitanye abasaga 200.
Nyuma y’ aho ibitero by’ indege z’Amerika byaje kurasa ku birindiro bya Bin Laden muri Afughanistani aha Laden akaba atarakomeretse namba.
Ibindi bitero bifitanye uruhare n’umutwe al-Qaeda n’ iby’ abiyahuzi byahitanye abantu 2000 b’ abasilikare ba leta zunze ubumwe za Amerika mu gihugu cya Yemen.
Bin Laden kandi yemejwe nk’uwayoboye ibitero by’ubwiyahuzi byo kuya 11 z’ukwezi kwa 10 mu 2001. Ibi bitero byasize amateka bigahitana benshi bibereya ahari amazu y’ubucuruzi World trade center na Pentegone. Al queda ikaba yarigambye ibi bitero nyuma y’aho Abanyemerika bakaba baragerageje kumuta muri yombi ahitwa Tora Bora muri Afghanistan gusa ntibyabashobokera abaca mu ribona hafi y’umupaka wa Afghanistan na Pakistani.
Igihembo cya miliyoni 25 z ‘amadolari kikaba cyari yaratanzwe ku muntu wese uzashobora kugaragaza cyanga gutanga Osama yaba ari muzima cyangwa ari intumbi.
Laden bivugwa ko asize abana basaga 26 yabyaye ku bagore batandukanye aho yabaye nko muri America, Arabia Saoudite, Soudan, Pakistan na Afghanistan.
Osama Ben Laden akaba yapfuye tariki ya 2 /5/2011 arashwe n’ingabo zidasanzwe (Special Force) za America muri Pakistan ahita apfa nkuko byamejwe na president Barack Obama kuri CNN dukesha iyi nkuru.
Jonas Muhawenimana
Umuseke.com
5 Comments
allah akbar,allah akbar,allah akbar
sawa sawa iminsi irabaze.
Imana imuhe iruhuko ridashira
Imana imuhe iruhuko ridashira.
allah akbar,allah akbar,allah akbar!!!!!!
cad quoi allah akbar?
Comments are closed.