Digiqole ad

Niwemutoni Delyse yarahiriye kuyobora INILAKSU

Kuri icyi Cyumweru  mu   cyicaro cya Kaminuza ya INILAK , Niwemutoni Delyse watorewe kuyobora ishyirahamwe ry’abanyeshuri ba INIKAK yarahiriye kuzuzuza inshingano ze , akaba abaye umwari wa kabiri mu mateka ya za Kaminuza  mu Rwanda ugiye kuyobora Ishyirahamwe ry’abanyeshuri  bo muri Kaminuza.

Niwemutoni yarahiriye kuzuza inshingano ze
Niwemutoni yarahiriye kuzuza inshingano ze

Niwemutoni avuga ko kuba yicaye muri uyu mwanya yabiharaniye none akaba abigezeho.Yari asanzwe ari muri iri shyirahamwe ndetse ngo yakundaga kwibaza impamvu umukobwa atayobora ishyirahamwe nk’iri rya UNILAKSU    kandi asanzwe agiramo uruhare rukomeye mu kuriteza imbere.

Yagize ati “Nahoraga nibaza impamvu abantu bumva ko umuyobozi agomba kuba umugabo hanyuma umwungirije akaba umukobwa. Muri za Kaminuza ho birakabije kuko wasangaga ari njye mukobwa ubarizwa mu ishyirahamwe ry’abanyeshuri rihuza za Kaminuza zose zo mu Rwanda jyenyine (FAGER) ngahora nibaza icyo nakora ngo mbe Perezida w’umukobwa wimwe muri izi Kaminuza.”

Uyu mwari  avuga ko igihugu gikeneye abayobozi b’ingeri zose.We  akumva n’abakobwa nta kintu batashobora usibye imyumvire mike bamwe muri bo baba bafite ishobora  inyuma. Ibi ngo bisaba  ukubiharanira kuko abari bagenda bigirira ikizere bitandukanye na kera.

Umuyobozi w’Ishuri INILAK, Dr Jean Ngamije avuga ko bazi umuhate iyi Komite nshya iyoboye abanyeshuri ifite ndetse avuga ko ubuyobozi bw’ikigo buzakomeza kubaba hafi muri gahunda zabo.

Niwemutoni  yari asanzwe ari muri Komite icyuye igihe muri INILAKSU ndetse yari n’umunyabanga w’ishyirahamwe rihuza za Kaminuza zose.

Abaye umukobwa wa kabiri mu Rwanda uyoboye ihuriro ry’abanyeshuri ba Kaminuza nyuma y’uwahoze ayobora abanyeshuri bo mu cyahoze ari  Kaminuza nkuru y’u Rwanda (Nursu) muri 2010.

Niwemutoni nawe akaba ari umwari ubashije kwerekana ko n’abakobwa bashoboye.

Komite icyuye igihe yari iyobowe na Ndindabahizi Eliab ikaba yarakoze ibikorwa byo gufasha abanyeshuri bo muri iki kigo ndetse n’umuryango yarwanda aho yakoresheje amafaranga asaga miliyoni 25 z’amanyarwanda mu bikorwa bitandukanye by’amajyambere.

Umwanya uyu mwari agiye gukoreramo imirimo ye uzwi ku izina rya Guild President ukaba imwe mu myanya ikomeye umunyeshuri ashobora kugira muri Kaminuza za hano mu Rwanda, zaba izigenga cyangwa iza Leta.

Abayobozi batandukanye abo mu kigo no hanze bari mu birori
Abayobozi batandukanye bo muri iyi Kaminuza n’abandi
Bamwe mu bitabiriye ibirori
Bamwe mu bitabiriye ibirori
Mbere y'irahira rye habanje kuririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu
Mbere y’irahira rye habanje kuririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu
Mbere gato y'uko arahira
Mbere gato y’uko arahira
Niwemutoni yarahiriye kuzuza inshingano ze
Niwemutoni yarahiriye kuzuza inshingano ze
Aha yasuhuzanyaga na Ndindabahizi asimbuye
Aha yasuhuzanyaga na Ndindabahizi asimbuye
Ndindabahizi Eliyab wayoboraga Komite icyuye igihe
Ndindabahizi Eliyab wayoboraga Komite icyuye igihe avuga ijambo
Aba nibo azafatanya nabo mu mirimo ye
Aba nibo azafatanya nabo mu mirimo ye
Komite iyobowe na Niwemutoni yafashe ifoto y'urwibutso
Komite iyobowe na Niwemutoni yafashe ifoto y’urwibutso

BIRORI Eric

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Bravooo inilak!

  • Congos Da Delyse tukuri hafi

  • Keep it up Delyse,
    Na Stevo courage mwana!

  • courage cyane sister no mu mahanga twabimenye Imana igufashe mu mirimo mishya urabikwiye suhuza na mzeeh Eriab

  • ? sha ndishimye cyaneeee? erega nubusanzwe uri intwali ukomereze aho tuzagushyigikira twe abari muri commitee zandi ma kaminuza
    a few seconds ago · Like

Comments are closed.

en_USEnglish