Digiqole ad

Nigeria: abantu 33 baguye mu mirwano

Abantu 33 nibo bahitanywe n’ imirwano mu mu majyaruguru y’igihugu cya Nigeria ibi bibaye nyuma  yo gutangazako perezida Goodluck Jonathan  ariwe watsinze amatora ya perezida muri iki gihugu.

Iyi mirwano yabaye kuri uyu wa mbere hagati y’abashyigikiye uwahataniga kuba perezida w’iki gihugu Muhammadu Buhari, n’ abo ku ruhande rushyigikiye Jonathan, aho bavugako aya matora  nta mucyo wayagararagayemo.

Iyi mirwano ikaba yabereye mu mujyi mito gusa ibyegeranyo bya bamwe mu batangabuhamya  na bamwe mu bakora ibikorwa by’ ubutabazi bakaba batangaza ko ibyageranyo by’ abayiguyemo bishobora kwiyongera.

Abanyamadimi bashyamiranye muri  Nigeria (Photo internet)

Umuryango mpuzamahanga ukora ibikorwa by’ubutabazi La Croix-Rouge,   wemeje ko abaguye muri iyi mirwano  ari benshi, ko kandi hari amagana y’ abahakomerekeye, abatari bake nabo bakaba bahunze iyi mirwano, Uretse abo bakomeretse insengero, imisigiti, amazu yo guturamo n’umabutiki  nabyo bikaba  byasenywe.

Ibitaro byo mu mugi wa  Kano na Kaduna, byo mu majyaruguru higanjemo abasiramu bikaba byuzuriranye inkomere zo muri iyi  mirwano. Joseph Agula ni umwe mu bakoreraga ibitaro akaba yakoraga ibikorwa by’ubutabazi akaba kandi yakomerekejwe n’umuhoro mu mutwe yagize ati :
” bambajije niba ndi umwisilamu cyangwa umukristu, mbabeshyako ndi umwisilamu, gusa ntibanyizeye  nuko barantemagura ndetse baranankubita”.

Umunyamakuru w’ ibiro ntaramakuru  by’ Abongereza Reuters  mu gace ka Kaduna , yatangaje ko  yabonye imirambo 4 yatemaguwe iri mu mihanda  ndetse isaga 12 ikaba nayo yatoraguwe, nkuko bitangazwa n’abayobozi b’ inzego z’ibanze  bo muri ako gace. Umwe mu baturage bo muri akace kandi  akaba yatangaje ko hari indi mirambo 2 yasanze yafi y’urugo rwe .

Croix-Rouge, umuryango mpuzamahanga ukora ibikorwa by’ ubutabazi ukaba wemeje ko abantu 6 biciwe mu gace ka Kano, kari mu majyaruguru naho  abandi 8  bakaba baguye mu gace ka Katsina.

Indi mirambo  itandukanye nk’ iyi  ikaba yagaragaye mu duce twa  Zaria na Sokoto mu majyaruguru  y’ uburengerazuba. Gusa imibare nyakuri y’abayiguyemo ikaba itamenyekanye. Ibyavuye mu matora bikaba byaragaragaje ko iki gihugu gituwemo na miliyoni 160, ko kandi gifite   impande ebyiri zihanganye harimo abisilamu biganje  mu majyaruguru y’iki gihugu ari nabo batoye cyane ku ruhande rwa  Buhari, naho  abo mu amajyepfo bo biganjemo abakiristu bakaba barahisemo Jonathan.

Indorerezi z’ amatora zo zikaba zaratangaje ko aya matora yabayemo umucyo ugereranije n’ imyaka ishinze yo mu matora yayabanjirije, kuko ngo amatora yo mu myaka ishize  yaranzwe n’ubujura bukomeye ndetse n’ ibikorwa byo gutera ubwoba abatora .

Hagati aho indorerezi zikaba  zifite impagarara ko amatora y’ abaguverineri bazayobora intara 36  ateganijwe mu cyumweru gitaha muri iki gihugu  ashobora nayo kuzagagararamo ubwicanyi bukomeye .

Jonas Muhawenimana
Umuseke.com

2 Comments

  • Bene data mutubwirire abo ba nigeria ngo bisubireho rwose igihugu cyabo ntamateka mabi gifite so nibave mumatiku adafite aho abageza kuko barabona ibyabaye egypte,libya,cote d`ivoire, nahandi ubukoko barareba afrique turikugana hehe.
    Nibihangane abanyafurika tudakomeza kuba igitutsi ku banyamahanga SVP!!!!!
    Sha Imana ibatabare rwose.

  • aba banyanigeria barimo gucana umuriro kandi kuwota ntibazabishobora,kuwuzimya byo ni ibindi bindi

Comments are closed.

en_USEnglish