Digiqole ad

Murekezi aributsa Abanyarwanda icyo Zaburi y’100 umurongo wa 3 ivuga

 Murekezi aributsa Abanyarwanda icyo Zaburi y’100 umurongo wa 3 ivuga

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi mu ijambo rye mu giterane Rwanda Shima Imana kuri uyu mugoroba

Kuri iki cyumweru, Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi wari uhagarariye Perezida Kagame mu giterane ngarukamwaka gihuza amatorero n’amadini mu Rwanda kitwa RWANDA SHIMA IMANA, yagaragagaje ko nubwo ari umunyapolitiki, ari n’umuntu usenga aho yibukije ko Zaburi y’100 umurongo wa gatatu ivuga ko abantu bose bagomba guhora bashima Imana kuko ari yo itanga byose.

Minisitiri w'Intebe Anastase Murekezi mu ijambo rye mu giterane Rwanda Shima Imana kuri uyu mugoroba
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi mu ijambo rye mu giterane Rwanda Shima Imana kuri uyu mugoroba

Rwanda Shima Imana y’uyu mwaka kuri Stade Amahoro ntabwo yitabiriwe n’abantu benshi, igice kinini cya Stade yari cyambaye ubusa, gusa hari abantu bakitabiriye nanone barimo ba Minisitiri w’umuco na Siporo, Minisitiri w’iterambere ry’umuryango, Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, abahagarariye abadini anyuranye n’imiryango ishamikiye ku madini, amakorari n’abaturage babarirwa mu bihumbi bitandatu…

Minisitiri w’Intebe Murekezi muri iki giterane yavuze ko yatumwe na Perezida Kagame gushimira abanyamadini uruhare bagira mu kubaka igihugu kandi abasaba kurushaho.

Anastase Murekezi avuga ko gushima Imana ari ingenzi mu buzima bwa muntu ndetse no mu buzima bw’igihugu muri rusange.

Ati “Nkuko bigaragara muri Zaburi y’100 umurongo wa 3, abantu bose tugomba guhora dushima Imana kuko niyo itanga byose. Abanyarwanda tugomba gushima Imana kuko niyo iduha byose, tuyituye abana bacu, ababyeyi bacu n’imiryango yacu.

Gushima Imana tuba twubahiriza umuco w’abakurambere w’umuganura aho bashimiraga Imana umusaruro babonye buri mwaka.”

Mu ijambo risa n’isengesho, Minisitiri w’Intebe ati “Turashima Imana uburyo ibana natwe mu rugamba rwo kubaka ubumwe bw’abanyarwanda no guteza imbere igihugu cyacu.

Turashima Imana ko u Rwanda rukomeje kuba nyabagendwa kdi rukaba rwubashywe ku isi hose.”

Murekezi yasabye amadini gukomeza kugira uruhare muri gahunda ziteza imbere abanyarwanda, asaba umuhate wayo mu kwimakaza gahunda ya Ndi Umunyarwanda, guca amakimbirane mu ngo, kwimakaza umutekano, guca abana bata ishuri bakajya mu mihanda, no gukangurira abanyarwanda kugira mitiweri.

Muri iki giterane mpuzamatorero n’amadini humviswe inyigisho za Musenyeri Alexis Bilindabagabo, umuyobozi wa Peace Plan Rwanda itegura iki giterane mu Rwanda, amasengesho ya Apotre Paul GItwaza n’abandi.

Insanganyamatsiko y’iki giterane uyu mwaka ni “Rwanda Murika, umurikire amahanga”.

Abanyamadini banyuranye bitabiriye iki giterane
Abanyamadini banyuranye bitabiriye iki giterane
Apotre Gitwaza afata agafoto k'abari mu giterane na chorake iri kuririmba
Apotre Gitwaza afata agafoto k’abari mu giterane na chorake iri kuririmba
Imyanya yarimo abantu benshi ni ahasanzwe hatwikiriye muri stade Amahoro
Imyanya yarimo abantu benshi ni ahasanzwe hatwikiriye muri stade Amahoro
Abanyamadini banyuranye bitabiriye iki giterane
Abanyamadini banyuranye bitabiriye iki giterane
Musenyeri Emmanuel Mbona Kolini wo mu itorero ry'Abangilikani mu Rwanda
Musenyeri Emmanuel Mbona Kolini wo mu itorero ry’Abangilikani mu Rwanda
Iburyo; Musenyeri Alexis Birindabagabo
Iburyo; Musenyeri Alexis Birindabagabo
Apotre Paul Gitwaza mu masengesho
Apotre Paul Gitwaza mu masengesho
Abitabiriye nabo basenga cyane
Abitabiriye nabo basenga cyane
Minisitiri w'Intebe na Minisitiri w'ubutegetsi bw'igihugu
Minisitiri w’Intebe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu
Hari kandi na Minisitiri w'umuco na Siporo hamwe na Minisitiri muri Perezidansi Venantie Tugereyezu
Hari kandi na Minisitiri w’umuco na Siporo hamwe na Minisitiri muri Perezidansi Venantie Tugereyezu
Abashyitsi baturutse ahantu hanyuranye berekanwa
Abashyitsi baturutse ahantu hanyuranye berekanwa
Abahagarariye amatorero n'amadini anyuranye bitabiriye
Abahagarariye amatorero n’amadini anyuranye bitabiriye
Akenyeye kinyarwanda arasoma iby'Imana
Akenyeye kinyarwanda arasoma iby’Imana
Agace kegereye imyanya itwikiriye naho hari abantu
Agace kegereye imyanya itwikiriye naho hari abantu benshi begeranye
iburyo; Pastor Mignonne nawe yitabiriye iki giterane
iburyo; Pastor Mignonne wo muri Women Ministries Foundation nawe yitabiriye iki giterane
Minisitiri Dr Diane Gashumba araganira n'umwe mu bashyitsi
Minisitiri Dr Diane Gashumba araganira n’umwe mu bashyitsi

Apotre Gitwaza asenga cyane

Impuzamakorari yataramye muri iki gitaramo ku ikubitiro
Impuzamakorari yataramye muri iki gitaramo ku ikubitiro

UM– USEKE.RW

7 Comments

  • Muvaneho Murekezi arananiwe. koko muri gvment?

  • Hanyumase prime Minister Ibyivugabutumwa nibyashinzwe muri leta?

  • ni byiza tugomba gushima Data wo mu ijuru,minisitiri nibyo rwose uvuze abakurambere bashimaga Uwiteka nibyo tugomba kubikurikiza tumushime we Mwami w u Rwanda nyir u Rwanda,Imana y i Rwanda

  • Ntawe usengera igihugu rwose ntibibaho

  • Murekezi ibuka aho wavuye uzirikane ko nabandi bagomba gutera imbere ukabafasha,ibuka uyobora mifotra ukongeza abayobozi bakuru umushahara ufatika maze babikubaza uti erega murakenye;isubireho rwose wibuke abarenganye.reka guhakwa uzajye uvugisha ukuri kandi ubwo simvuze uko wihakanye inkomoko yawe mu ruhame

    • None minister amadini arimushigano ze?
      Uriya uvuga NGO naveho basjyireho NDE?
      Natange uwobashyiraho tumushyireho

  • njye nkunze ikinyarwanda mwakoresheje hano”ABANYAMADINI”Rwose niryo rikwiriye aba mbona aha bibatije ba bishop, apôtre n’utundi tubyiniriro ntazi! aba ni abashabitsi/ business man!

Comments are closed.

en_USEnglish