Digiqole ad

Mukeshimana umaze imyaka 8 ari Umumotari arahamagarira abagore gutinyuka imyuga yose

 Mukeshimana umaze imyaka 8 ari Umumotari arahamagarira abagore gutinyuka imyuga yose

MUkeshimana Vestine umaze kugira inararibonye mu gutwara abagenzi muri Moto.

Mukeshimana Vestine, umubyeyi w’abana bane, nyuma y’imyaka umunani atwara abagenzi kuri Moto kandi bikaba ngo byaramuteje imbere we n’umuryango we, arahamagarira abagore bagenzi be gutinyuka uyu mwuga nabo bakawitabira kuko ngo ari mwiza.

MUkeshimana Vestine umaze kugira inararibonye mu gutwara abagenzi muri Moto.
MUkeshimana Vestine umaze kugira inararibonye mu gutwara abagenzi muri Moto.

Mu kiganiro yagiranye n’Umunyamakuru wacu, Mukeshimana Vestine utuye mu Karere ka Kicukiro, mu Murege wa Nyaruguru, Akagari ka Kamashashi, yavuze ko akunda Ubumotari kuko bumutungiye abana, kandi bumufatiye runini mu iterambere rye n’umuryango we.

Mukeshimana ngo yatangiye uyu mwuga mu mwaka wa 2008, nyuma y’uko umugabo we yitabye Imana, akamusigira abana bane, umukuru afite imyaka 16, agakurikirwa n’impanga ebyiri zifite imyaka 14, uwa nyuma afite 10.

Amaze kubona ko ubuzima bugoye kandi afite abana, mbere yo kuba Umumotari yabanje gukora akazi k’ubuyede, afasha Abafundi kubaka inzu.

Aka kazi k’Ubuyede ngo yaje kubona ko katari ku mwinjiriza nk’uko abyifuza, nibwo yaje gufata umwanzuro wo gushaka ibindi yakora kugira ngo abone gutunga abana be.

Mukeshimana yaje gukora kuri Station ya Essence, ariko baza kumwimurira ahantu kure nabyo abivamo.

Mukeshimana ati “Mfushije umugabo nibwo nabonye agaciro k’ubuzima. Uretse ko na mbere kose nakundaga akazi gakorwa n’abagabo,…mbonye byose byanze mpita mfata icyemezo cyo gukora akazi k’ubumotari, ubu kantungiye umuryango.”

Mukeshimana avuga ko yatangiye gutwara abagenzi, utumoto duto tuzwi nka “Velo moteri”, none ubu asigaye atwara moto nini.

Mukeshimana asaba abagore bagenzi be gutinyuka umwuga nk'uyu wo gukatana abantu mu mihanda ya Kigali kuri Moto.
Mukeshimana asaba abagore bagenzi be gutinyuka umwuga nk’uyu wo gukatana abantu mu mihanda ya Kigali kuri Moto.

Kugeza ubu, uyu mubyeyi ufite n’uruhushya rwo gutwara imodoka rwo mu kiciro (category) B. Mu nzozi afite, harimo kuzatwara imodoka nini zizwi nk’Ikamyo, dore ko ngo ubu ari murugendo rwo gushaka uruhushya rwo gutwara ikinyabizi (Permis de Conduire) rwamwemerera kuzayitwara.

Umwuga w’Ubumotari uramutunze, unarihira abana be biga mu mashuri yisumbuye batatu (3), n’umuto muri bo umwe wiga mu mashuri abanza.

Kugeza ubu Mukeshimana ari mu nzu akodesha, ariko ngo yamaze kwigurira ikibanza kandi ngo afite intego ko uyu mwaka uzarangira yamaze kwiyubakira inzu ye bwite.

Mukeshimana mubyo akora byose, ngo ateganya aba ateganyiriza abana be ejo heza, kuko atifuza ko abana be bazahura n’ubuzima bubi.

Uyu mubyeyi watinyutse kandi uha agaciro umwuga uwo ariwo wose, asaba abagore bagenzi be, gutinyuka ntibagire ubwoba bw’umwuga uwo ariwo wose, kuko ngo imyuga ikorwa n’abagabo nabo bayikora kandi ikabatunga.

Mukeshimana Vestine abyuka kare akajya gushaka abagenzi kimwe n'abandi Bamotari bose.
Mukeshimana Vestine abyuka kare akajya gushaka abagenzi kimwe n’abandi Bamotari bose.
Mukeshimana yishimira akazi ke.
Mukeshimana yishimira akazi ke.
Mukeshimana avuga ko akenshi abo atwara baba bazi ko ari umugore kuko nubwo aba yambaye Casque ngo agenda abaganiriza.
Mukeshimana avuga ko akenshi abo atwara baba bazi ko ari umugore kuko nubwo aba yambaye Casque ngo agenda abaganiriza.
Ku muhanda iyo ashaka abagenzi, ati "mba ndi serious kukazi".
Ku muhanda iyo ashaka abagenzi, ati “mba ndi serious kukazi”.
Ngo abona umwanya wo gutwara abagenzi, n'uwo kwita ku rubyaro rwe.
Ngo abona umwanya wo gutwara abagenzi, n’uwo kwita ku rubyaro rwe.
Hano umugenzi agiye kumuha icyashara, bagenzi be bamureba.
Hano umugenzi agiye kumuha icyashara, bagenzi be bamureba.
Umubonye atwaye umugenzi ntiwamenya ko ari umugore w'abana bane.
Umubonye atwaye umugenzi ntiwamenya ko ari umugore w’abana bane.
Mukeshimana akatana n'umugenzi kuri moto.
Mukeshimana akatana n’umugenzi kuri moto.
Mukeshimana ngo arifuza kuva ku gutwara moto, ajya guhita atwara ikamyo.
Mukeshimana ngo arifuza kuva ku gutwara moto, ajya guhita atwara ikamyo.
Arahamagarira abagore kwitabira imyuga yose irimo n'uyu akora wo gutwara abagenzi kuri Moto.
Arahamagarira abagore kwitabira imyuga yose irimo n’uyu akora wo gutwara abagenzi kuri Moto.

Daddy SADIKI RUBANGURA
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Imana izagufashe kuko wahisemo gukora ukirinda kwiyandarika. Hari benshi bahita bumva ko birangiye bakajya mu buraya nibindi bidahesheje umugore icyubahiro ndetse n’Imana… Thumb up, keep it up…

  • ARASHOBOYE THX

  • Yoooo!!! ni byiza rwose yahisemo neza.Uyu mubyeyi ntabwo muzi ariko arantangaje! birambabaza cyane iyo umwari cg umubyeyi agiye kwiyandarika no gushyira igitutsi ku izina ry’Uwiteka n’iry’Abanyarwanda kazi,akora ibyangwa n’amaso y’Uwiteka. Uyu mubyeyi rero yanze kwishora mubibi yitwaje gushaka imibereho y’abana 4 bose! kandi byarashobokaga,ahubwo ahitamo kurya ibitarimo umuvumo!Binteye gusaba abantu mwese uko bibashobokeye kumutera inkunga( AMASENGESHO n’UBUTUNZI) muri icyo cyifuzo cyo kubaka muri icyo kibanza yashoboye kugura,kuko urebye charge afite n’imbaraga bisaba ngo agere kuri iyo nzu, en plus mumugi wa Kigali,ntibyoroshye.Nibyiza GUSHIMA NO GUSHYIGIKIRA ABABYEYI BIYEMEJE KURWANIRA ISHEMA RY’UMUNYARWANDAKAZI.Courage à tous ceux qui sont d’accord avec moi. Merci beaucoup.

  • murakoze cyane kudutangariza inkuru nkiyi, gusa kurundi ruhande nabasabaga ko mwampa number ya telephone yuwo mu mama kuri Email ngiye gukoresha mboherereza iyi comment, impamvu nsabye number ye n’uko ndigukora ubushakashatsi kubijyanye nokwitinyuka kubagore, cyane cyane ngendeye kuruhare rw’ikiganiro gitambuka kuri RTV Mukuba cyafasha abagore mukwitinyuka.

  • keep it up

Comments are closed.

en_USEnglish