Digiqole ad

Muhanga: Mayor yavuze ko manda ya Nyobozi itazasiga ababaji mu mujyi

 Muhanga: Mayor yavuze ko manda ya Nyobozi itazasiga ababaji mu mujyi

Yvonne Mutakwasuku avuga ko batari busige akajagari k’ababaji mu mujyi wa Muhanga

Mu nama  yahuje  abikorera bo mu mujyi wa Muhanga n’inzego zitandukanye z’akarere umuyobozi w’aka karere Yvonne Mutakwasuku yavuze ko komite Nyobozi itazasoza manda  yayo  isize serivisi z’ububaji zikiri mu kajagari mu mujyi rwagati.

Mu mujyi rwagati i Muhanga haracyari amabarizo
Mu mujyi rwagati i Muhanga haracyari amabarizo

Impamvu nyamukuru Mutakwasuku  yashingiyeho  zirimo kuba  harubatswe agakiriro ubu kari hafi kuzura, kuba Akarere ka Muhanga kari mu mijyi itandatu yatoranijwe  mu gihugu igomba kuza mu ikomeye inyuma ya Kigali  no gushyira mu bikorwa igishushanyo mbonera cy’uyu mujyi.

Mu gihe kitarenze ukwezi komite nyobozi isigaranye ngo ibe isoje manda yayo Mutakwasuku avuga ko itazasiga akajagari k’ababaji mu mujyi kandi inyubako igezweho ababaji n’abasudira ibyuma bifuje igiye kuzura.

Iyi nyubako y’ababaji yubatswe hanze y’Umujyi wa Muhanga ugana mu Majyepfo utarambuka igishanga cya Rugeramigozi ugakata umuhanda werekeza i Mpanga iburyo, ni nko muri 7Km uvuye mu mujyi rwagati i Muhanga.

Icyakora ngo amaduka agomba kuvugururwa yo bazayasiga gutyo usibye ko ngo nayo azaba afite igihe gito kugira ngo avugururwe mu mwaka utaha.

Mutakwasuku ati “Ahubatse amaduka ho hagomba kubakwa inzu z’amagorofa nibura atatu,  abafite amafaranga  nibayashore  mu iterambere ry’akarere”

Yvonne Mutakwasuku avuga ko batari busige akajagari k'ababaji mu mujyi wa Muhanga
Yvonne Mutakwasuku avuga ko batari busige akajagari k’ababaji mu mujyi wa Muhanga

Athanase Musoni umwe mu babaji bakorera  mu mujyi wa Muhanga we avuga ko biteguye kwimukira  mu gakiriro bubakiwe ariko kuba kubatse kure y’umujyi bigiye kubangamira abakiliya babonaga.

Juvénal Kimonyo uhagarariye abikorera mu karere ka Muhanga  avuga ko gushyira hamwe  ari  ikibazo kibangamiye iterambere ry’Akarere, kandi ko kwimura bamwe mu bikorera  bidakwiye kubatera   impungenge kuko  abazaba bafite ubushobozi bwo kubaka amazu agezweho bazakodesha abari mu rwego ruciriritse.

Diyoseze ya Kabgayi na bamwe mu bikorera nibo bagiye kwagura  ibikorwa byabo  mu mujyi wa Muhanga, ari nabyo bizatuma uvugurura ry’umujyi ryihuta.

Kimwe mu bizatuma uyu mujyi urushaho gusa neza havuzwe harimo n’umuhanda  wa kaburimbo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda  Paul Kagame yemereye abaturage ubu  imirimo  yawo iri hafi yo gutangira.

Ababaji ngo biteguye kwimuka ariko ngo aho bagiye ni kure y'umujyi bizagora abakiliya babo no kongera kubafatisha
Ababaji ngo biteguye kwimuka ariko ngo aho bagiye ni kure y’umujyi bizagora abakiliya babo no kongera kubafatisha
Abikorera bari bateraniye muri iyi nama
Abikorera bari muri iyi nama bashishikarijwe gushora mu iterambere ry’umujyi wabo

Elisee MUHIZI
UM– USEKE.RW/Muhanga.

6 Comments

  • Yampayinka Mayor, yabonye ko kwimuraababaji ari icyo gikorwa cyihutirwa? umujyi awusigiye iki nta muhanda n’umwe wa Kaburimbo asize yujuje ababaji sibo bateje akajagari ahubwo umujyi wuzuyemo umwanda hababaje abo azawusigira bazahangana n’ibibazo by’imyubakire mibi no kubaka imihanda myiza. tumwifurije urugendo ruhire bye bye Mayir wacu

  • Huuuuu none se murashaka ko akora iki koko, niba ababaji aribo babangamiye iterambere ry’akarere nibabimure hanyuma umujyi use neza.

  • niyigendere umuntu wananiwe gukora n’umuhanda ujya kuri stade koko ,yari ananiwe,naruhuke

  • Muhanga ikeneye impinduka kabisa bazasige Umuyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage niwe ugerageza abandi bahugiye mu bisa n’ubucuruzi ntibitaye ku iterambere ry’akarere.

  • Muhanga ikeneye abantu bazi ibijyanye n’imiturire kuko urebye ukuntu hari kubaka mu kajagari birakabije cyane, cyane cyane mu ma quartier mashyashya hashyirwemo ingufu.

  • Ariko buriya babajyanye nko mu NDIZA cg za MUSHUBATI byaba byiza cyane ko ari naho hegereye amashyamba babaza!!

Comments are closed.

en_USEnglish