Digiqole ad

Muhanga: Ibitaro by’Amaso byakira abarwayi 100 ku munsi

Pierre Claver Ndahayo umuyobozi mu bitaro by’amaso mu i Kabgayi avuga ko bakira abarwayi bagera ku 100 ku munsi bafite ibibazo by’amaso. Si abanyarwanda gusa kuko ubu binakira abarwayi bavuye muri Congo, Burundi na Uagnda.

Inyubako y'ibitaro by'amaso bya Kabgayi
Inyubako y’ibitaro by’amaso bya Kabgayi

Ibi bitaro by’amaso byatangiye mu 1993 bihagarara kubera Jenoside yakorewe Abatutsi byongera gusubukura mu 1997 ariko bikorera mu nyubako nto ugereranyije n’abarwayi babiganaga biza kuba ngombwa ko bagura bubaka inyubako nini.

Ndahayo  Pierere Claver  ushinzwe ubuyobozi n’imari muri ibi bitaro by’amaso, yavuze ko  uko iminsi yagiye  ihita bagiye banoza serivisi  maze abagana ibi bitaro barushaho kwiyongera .

Ndahayo yavuze ko  mu mwaka wa 2002 ibitaro by’amaso  bya Kabgayi aribwo byagize ubushobozi buhagije bw’abakozi barimo abaganga, abaforomo n’ibikoresho byinshi  byatumye  noneho  umubare w’abarwayi wiyongera ku buryo  usibye  abaturuka mu Rwanda hose,  hasigaye haza n’abaturuka mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda nka Congo, u Burundi na Uganda.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko bahise bagura inyubako bubaka izindi zigezweho, kugirango umubare nuzamuka hatazabaho ikibazo cy’aho bacumbikira abarwayi n’abarwaza.

Ati:’’Indwara z’amaso hafi ya zose turazivura, tunatanga ku buntu indorerwamo cyane cyane ku bantu bafite ubushobozi buke.’’

Ikindi Ndahayo  ashingiraho avuga ko  gituma  abarwayi benshi bakunze kugana ibi bitaro, ngo ni uko  90% by’indwara z’amaso  zivurirwa hano muri ibi bitaro.

Yongeyeho ko bari gusaba ibindi bitaro by’Uturere ko bitangiza serivisi y’ubuvuzi bw’amaso  kugirango  serivisi zihabwa abarwayi zirusheho kuba nziza mu bitaro.

Indwara z’amaso ibi bitaro bikunze kuvura cyane  ni urushaza,  Ingaruka za Diyabete  z’amaso, imbonakure,  imbonahafi ndetse n’izindi  zidakabije zikunze kwibasira amaso.

Ndahayo Pierre Claver,  ushinzwe ubuyobozi n'umutungo mu bitaro by'amaso
Ndahayo Pierre Claver, ushinzwe ubuyobozi n’umutungo mu bitaro by’amaso
Bisengimana Jean Marie Vianney  umwe mu bakozi basuzuma indwara z'amaso
Bisengimana Jean Marie Vianney umwe mu bakozi basuzuma indwara z’amaso
Ibi bitaro bifite abaganga b'inzobere barimo abanyamahanga n'abanyarwanda
Ibi bitaro bifite abaganga b’inzobere barimo abanyamahanga n’abanyarwanda
Buri cyumba  haba harimo ibikoresho  byabugenewe
Buri cyumba haba harimo ibikoresho byabugenewe

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Muhanga

1 Comment

  • None se kuki mutadushyiriraho contacts téléphoniques zabongo abashaka kuzajya kuhivuriza bazajye batélefona bafata Rendes-Vous? Byadufasha rwose muziduhaye kugirango utazajya ufata urugendo rurerure ujya kumurongo ufata amasaha kdi wakagiye ufite RDV bikihuta bikanakurinda kurara, bakwakira vuba ugahita utaha wowe uturuka kure. Merci!!

Comments are closed.

en_USEnglish