Digiqole ad

Muhanga: Hatoraguwe umurambo w’umusore wakoraga uburinzi

Mu  gitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 4 Werurwe 2014  mu Karere ka Muhanga mu murenge wa Nyamabuye hatoraguwe umurambo w’umusore Nkusi  Alain wakoraga akazi ko kurinda ikigo cy’imari CPF Ineza giherereye mu Kagari ka Gahogo muri uyu murenge.

Aho  Nyakwigendera Nkusi Alain yakoreraga Uburinzi
Aho Nyakwigendera Nkusi Alain yakoreraga Uburinzi

Nkusi, umusore  w’imyaka 27 y’amavuko wakomokaga   mu murenge wa Nyarubaka, mu karere ka Kamonyi  yatoraguwe n’abakozi b’ikigo cy’itumanaho TIGO bahita babimenyesha inzego zishinzwe umutekano.

Amakuru Umuseke wahawe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamabuye, Mugunga Jean Baptiste avuga ko saa kumi n’ebyeri za mu gitondo ari bwo bumvise ko umurambo wa Nkusi watoraguwe mu nzu y’umuturirwa  bakunze kwita iya Kanyarutoki ari n’aho iki kigo cy’imari gikorera.

Mugunga yavuze ko bihutiye gutabara bagasanga inkuru ari impamo  maze bakareba  niba hari ibimenyetso bigaragaza ko  Nkusi yaba yanizwe cyangwa se yatemwe ariko basanga  nta kimenyestso na kimwe kimugaragaraho.

Yakomeje avuga  ko abo babajije bavuze  ko hari bagenzi be bari bafitanye amashyari  ariko ko  batakwemeza ko ari bo baba bamwivuganye ahubwo ngo  bategereje ibizava mu iperereza  bakabona gutangaza  icyaba cyahitanye uyu musore.

Yagize ati “Ntitwakwemeza neza icyahitanye uyu muntu ariko tugiye kohereza umurambo mu bitaro by’i Kabgayi kugira ngo abaganga bakore  isuzuma, ibizavamo bizashyikirizwa inzego z’ubutabera ari na bwo tuzamenya amakuru y’impamo yemeza ko yishwe cyangwa se  ko yaba yari arwaye.”

Munsi y'iki Cyapa niho intebe ya Nkusi Alain  yabaga iri
Munsi y’iki Cyapa niho intebe ya Nkusi Alain yabaga iri

Mugunga avuga ko hari ibyo  abantu bashingiraho bemeza ko  yaba yahitanywe n’abantu  bamugiriraga ishyari ngo kuko mu minsi ishize Ubuyobozi  bwa KOPEVEMU bushinzwe ku bungabunga umutekano muri uyu murenge wa Nyamabuye bwimuriye Nkusi ahandi.

Abakozi b’ikigo cya CPF bakoreshaga uyu Nkusi bakihutira  kumusaba ko yagaruka noneho ngo bagenzi be bagatangira kumugirira ishyari,  gusa avuga ko ibi byose nta bimenyetso bigaragara bifite.

Uwamariya Chantal, umucungamutungo w’ikigo CPF Ineza yavuze ko  barangije akazi saa tatu z’ijoro bagasiga Nkusi ari muzima ariko ko baje gutungurwa no kubona umurambo we wibereye hejuru muri ‘etage’ kandi bamusize hasi aho asanzwe akorera.

Uwamariya avuga ko  iruhande rw’umurambo basanze  harambitse ibinini,  yongeyeho  ko abayobozi ba KOPEVEMU bababwiye ko baje kugenzura abakozi babo saa kumi za mu gitondo bakamusiga ari muzima  nta kibazo afite.

Yakomeje avuga ko Nkusi yigeze kugirana  amakimbirane na bagenzi be mu minsi yashize ariko ngo ntibyari  bikabije ku buryo byagera aho yicwa.

Uwamariya Chantal  Umucungamutungo wa CPF Ineza
Uwamariya Chantal Umucungamutungo wa CPF Ineza

Inzego zishinzwe umutekano zizasuzume neza uko iki kibazo giteye kugira ngo hemezwe icyaba cyahitanye Nkusi  cyane cyane ko  bamusabye kugaruka bahereye ku bunyangamugayo n’ubwitonzi yagiraga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief Superitendent Hubert Gashagaza yavuze ko bagiye gukora ibishoboka byose kugira ngo hamenyekane ababa bagize uruhare mu rupfu rwa Nkusi kugira ngo bazaryozwe ibyo bakoze.

MUHIZI ELISÉE
ububiko.umusekehost.com/MUHANGA.

0 Comment

  • IMANA IMUHE IRUHUKO RIDASHIRA UBWO ATANGIRWA UBUHAMYA. HASHAKISHWE ABABA BABIGIZEMO URUHARE BAHAHANE. NIHANGANISHIJE ABE.

  • Uyumuntu imana imwakire bubayo, abamwishe amarasoye azahore abakomanga kumutima, ariko nkosora nabanditse iyinkuru bavuze igihe/ukwezi tutarageramo

  • baswadde nnyoo

  • None se niba basanze aho yakoreraga ntacyo bangije cyangwa bibye, ubwo ntiyanizwe n’abo banzi be kweli?

  • ABANTU BAKWIYE GUHARANIRA KWIMIKA AMAHORO BAGACA AMAKIMBIRANE KUKO NTAHO TWABA TUGANA UKURIKIJE AMATEKA TWANYUZEMO.GUSA MUKOSORE ITARIKI MWANDITSE MU NKURU NI 4/3/2014 AHO KUBA 4/6/2014.

  • Muhanga ihagurukirwe ku kibazo cy’umutekano n’uburezi!Ubujura burakomeye. Uburezi buri gupfa!! Buriya koko babona ikigo Unique Technical School gitanga uburezi Leta y’u Rwanda ishyize imbere? Umugore ukiyobora n’umugabo nta dushuri bigirira, nta nyubako kigira, nta barezi kigira nuhaje baramwambura bakigendera hagasigara abakoze ako kazu!! Ruswa muburezi i Muhanga irakom eye, ubwo Umurenge, AKARERE ntibabibona ko ririya atari ishuri?

  • hari ibintu byakaba bitakiranga iki gihugu, kwica, kuko amateka yacu ntabitwemerera nagato, umuntu utakigira ubwoba bwo kwica ntasomo naricye yaba yarakuye mumuteka yacu, twimike umuco w’ubworoherane n’amahoro, dufite ubuyobozi tutagira icyo tubushinja ubutabera burahari kuko ugiranye ikibazo na mugenzi we iyo byanze kumvikana hakabayeho kwitabaza ubutabera, ariko ntitwakabaye tukigera aho kuvutsa mugenzi wawe ubuzima.

  • Ariko birakomeye uyu muturirwa nturimo urusengero? Imana izahana inkozi z’ibibi zose ntasoni abantu bagira, uziko bamurogesheje ibyo binini, ko ushobora gusanga abantu babi buzuye uyu mugi? eh ariko ntacyo mwakora uretse gusengera uyu mugi abantu bakakira agakiza kuko police n’ubuyobozi ntibazakuramo abantu ishyari.

Comments are closed.

en_USEnglish