Digiqole ad

Muhanga: Abubaka barasabwa kubahiriza amategeko agenga imyubakire

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Munyantwali Alponse kuri uyu wa kane tariki ya 27 Gashyantare 2014 ubwo yatahaga bimwe mu bikorwa by’iterambere byubatswe n’abikorera bo mu Karere ka Muhanga yasabye abantu bose barimo kuzamura amazu muri uyu Mujyi wa Muhanga kubahiriza amategeko asanzwe agenga imyubakire mu Rwanda.

Munyantwali ari kumwe  n'abandi bayobozi  ba Karere ka Muhanga bataha inyubako ya Ruberandinda Viateur
Munyantwali ari kumwe n’abandi bayobozi ba Karere ka Muhanga bataha inyubako ya Ruberandinda Viateur

Guverineri Munyantwali yavuze ko  ibi bikorwa  bizafasha   ba nyirabyo n’abatuye aka Karere  muri rusange kubona aho  bakorera hisanzuye kugira ngo batere imbere.

yakomeje avuga ko  abikorera bo mu karere ka Muhanga bamaze gutera intambwe ishimishije  mu kubaka  ibikorwa bibateza imbere  ubwa bo kandi bizafasha  n’abandi baturage batari babona ubushobozi  kuba batera ikirenge mu cy’abagenzi na bo   bakaba   umusemburo w’iterambere mu Karere.

Mu ijambo rye kandi guverineri Munyantwali yasabye  abikorera  barimo kuzamura amazu y’ubucuruzi  mu Mujyi wa Muhanga kubaka bijyanye  n’igihe kandi bakubahiriza amategeko asanzwe agenga imyubakire mu Rwanda.

Imwe mu nyubako mu Karere ka Muhanga yafunguwe ku mugaragaro.
Imwe mu nyubako mu Karere ka Muhanga yafunguwe ku mugaragaro.

Yabasabye  kwibanda   cyane cyane  kuri metero  ziri hagati y’umuhanda n’amazu,  ibi ngo bikazatuma Umujyi  ugira isura nziza  bitabangamiye  urujya n’uruza rw’abantu n’ibintu.

yagize ati: ‘’Ndashimira cyane  Uturere umunani tugize Intara y’Amajyepfo  uburyo  bubaka ibikorwaremezo birimo  imihanda, amazu ndetse n’amatara rusange mpereye mu Karere ka Kamonyi, gusa   ndareba nkasanga  hafi ya twose  turimo kubikora neza bitandukanye na mbere, nibakomereze aho”.

 Ndatimana  Claude umuturage utuye  mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga yavuze ko  hari igihe usanga  baterwa impungenge  na bamwe mu bikorera  bari batangiye kuzamuka ariko hashira iminsi mike ukabona  banki zirimo guteza  cyamunara amazu yabo.

Avuga ko  ibi bituma abifuzaga kubaka amazu y’ubucuruzi  babireka bagahitamo  gushora amafaranga mu bindi bikorwa   ahanini bidafatika.

Uhagaze Francois, Umuyobozi  w’Akarere ka Muhanga wungirije  ushinzwe  ubukungu, imari n’Iterambere yavuze ko  abikorera batagomba gucika intege ahubwo ko bagomba guhuza  imbaraga  bakibumbira mu makoperative  mu rwego rwo guhuza ingufu  no  gusaranganya  inyungu  ziboneka  muri ubwo bucuruzi  k’urwego rungana.

Yagize ati: ‘’Ni ubwa mbere  mu Karere ka Muhanga abikorera  bahuza imbaraga  ku kigero kingana, mbere wasangaga   hari bamwe babikora baseta ibirenge   ariko  kuri ubu   turabona baramutse  bibumbiye hamwe  n’ibindi  bumva ko bigoye babishobora nta shiti’’.

 Iri murika bikorwa by’abafatanyabikorwa mu iterambere mu Karere ka Muhanga ryatwaye  miliyoni eshatu n’igice   z’amafaranga y’uRwanda hakaba  hafunguwe ku mugaragaro  inzu eshatu  z’abikorera  n’ibindi bikorwa  by’abikorera  byateguwe na serivisi zinyuranye  zo muri aka Karere  zirimo  n’iz’imiryango itegamiye kuri leta.

Bamwe mu bafatanyabikorwa barasobanurira Guverineri Munyantwali na Mayor Mtakwasuku ibyo baje kumurika.
Bamwe mu bafatanyabikorwa barasobanurira Guverineri Munyantwali na Mayor Mtakwasuku ibyo baje kumurika.

MUHIZI Elisée
ububiko.umusekehost.com/MUHANGA.                 

0 Comment

  • iterambere rigomba kugera kuri bose , amazu agezweho, amazu y’ubucuruzi amasoko….komera Rwanda

  • iterambere kuri buri wese,kandi ikigaragara nuko hari intera isshimishize tumaze kugeraho , ibi bikaba ari ibyo kwishira, ariko hakarwe kububaka niba bubahiriza uburenganzira bw’abafite ubumuga bw’ingingo nk’amaguru kuko hari inzu y’umuturirwa ukibaza uko ugasanga nta elevators igira ukibaza uko umuntu ufite ubumuga azabasha kujya gushaka service hejuru bikakuyobera

  • iyo urubye ukuntu iterambere riri kwiyongera mu gihugu hose byihuse ni byo kwishimira noneho muhanga yo imaze gutera imbere cyane

  • Muhanga ubundi ni umujyi wegereye Kigali ninayo mpamvu ugomba kugira inyubako nziza kuburyo umuntu azajya ava Kgl akarinda arangiza igihugu abona inyubako nziza gusa ndabona tuzabijyera bidatinze vuba.

Comments are closed.

en_USEnglish