Digiqole ad

Muhanga: Abagatolika bizihije umunsi w’abakundana

Abashakanye   basengera muri  Paroisse  ya Ruhina, Diyoseze ya Kabgayi   ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu  taliki ya 14, Gashyantare, 2014  bizihije  umunsi w’abakundana (St Valentin) mu rwego rwo  kongera  kwiyibutsa  ibyo abashakanye  banyuzemo birimo ibyiza n’ibibi ariko  Nyagasani akabibafashamo  bakarushaho kwimakaza urukundo.

Bamwe mu bashakanye bitabiriye  umunsi ngaruka mwaka  w'abakundana (St Valentin)
Bamwe mu bashakanye bitabiriye umunsi ngaruka mwaka w’abakundana (St Valentin)

Mu kiganiro kigufi  Padiri Munyaneza Alphonse  uyoboye Paroisse ya Ruhina yagiranye n’abanyamakuru  yavuze ko bateguye uyu munsi  w’abakundana  ku bashakanye  kugira ngo babutse abashakanye  impamvu nyamukuru yatumye uyu munsi ubaho.

Yavuze ko inkomoko yawo  ituruka  kuri Mutagatifu  Valentin bikaza gushyigikirwa na  Papa  Alexandre  wa 4.

Munyaneza yavuze ko  abashakanye  b’Abakristu  bakwiye gutera ikirenge  mu cyabo bakurambere  ba kiliziya gatoloka  bakamenya ko   mu rukundo harimo  no kwemera guhangana n’ibibazo byinshi kandi ko ari urugamba  bagomye kurwana bakarutsinda.

Yagize ati “Niba mutagatifu Valentin yaremeye  no kuba yamena amaraso kubera  urukundo yari afite n’iyihe mpamvu twe tutagomba kumwigiraho  ngo urukundo rwacu rugumeho.”

Padiri Munyaneza yavuze ko inshingano bafite ari ukwibutsa abashakanye ko bakwirinda gutezuka  ku masezerano bagiranye igihe bashyingirwaga ahubwo  bagahora iteka batekereza ko  urukundo rw’abashakanye rudashingiye  ku bintu bifatika  gusa ko bisaba  ibintu byinshi birimo kwihanganirana n’ibindi.

Ntihinyuka Jéremie wari witabiriye  uyu munsi w’abakundana yavuze ko  we n’uwo bashakanye bamaranye imyaka 20  babana, kandi ko  mu rukundo  abashakanye bagomba  no kumenya ko harimo ibyiza n’ibibi  ku buryo ngo imbaraga  zo kubitsinda zituruka  ku Mana .

Yavuze ko Imana ariyo yabanje  kudukunda igatanga n’umwana wayo w’ikinege  akadupfira.

Bari bitwaje Indabo nziza.
Bari bitwaje Indabo nziza.

Yasabye  bagenzi be  bashakanye ko  batagomba kwitiranya urukundo n’amarangamutima  kubera ko  hari bamwe mu bashakanye  bayashyira imbere akababera intandaro yo gutandukana.

Yagize ati: “Iyo  tugeze kuri uyu munsi jye na madamu turicara tukavuga kubyo twanyuzemo, maze tukareba ibitaragenze neza, tukabikosora  ibisigaye tukabiragiza Nyagasani.”

Ntihinyuka yavuze ko  yageneye  umugore we impano nyinshi zirimo ubutumwa bw’urukundo, imyambaro ngo icy’ingenzi kirushijeho  kuba cyiza bafatanya gusoma ijambo ry’Imana  cyane cyane bibanda ku mirongo ivuga ku rukundo.

Ntihinyuza Jéremie Arashima ko amaranye imyaka 20 n'uwo bashakanye.
Ntihinyuza Jéremie Arashima ko amaranye imyaka 20 n’uwo bashakanye.

Padiri Mukuru wa Paroisse ya  Ruhina  mu Murenge wa Shyogwe,akarere ka Muhanga Munyaneza Alphonse  yavuze ko   nyuma ya Misa y’abashakanye  batanga n’ituro rya Kiliziya Gatolika  mu rwego rwo gushima Imana  ko yabibafashijemo.

MUHIZI Elisée

ububiko.umusekehost.com/Muhanga.

0 Comment

  • murakeye murahaze

  • Ngo Padiri wo muri Paruwasi ya Ruhina yitwa nde? Ni Munyaneza Alphonse cyangwa habayeho kwibeshya? Bibaye ari byo mwambwira kuko twaba twitiranywa neza amazina yombi!!!!

  • Paroisse ya Ruhina mukomereze aho ariko bijye biba kenshi atari kuruwo munsi gusa, kuko urukundo rwabashakanye bikigihe ruteye inkeke shitani yibasiye ingo z’abashakanye kandi badashyizehamwe ngo basenge ntabwo bayihashya.
    ibisigaye biba kandi ngo bashakanye bakundana ni agahoma munwa! padre komerezaho wenda hari icyahinduka.

Comments are closed.

en_USEnglish