Digiqole ad

Mu burere bw’abana b’u Rwanda harimo icyuho cyo kutaganira na bo – Hon Mukabalisa

 Mu burere bw’abana b’u Rwanda harimo icyuho cyo kutaganira na bo – Hon Mukabalisa

*Leta yatanze amahirwe ku bana bose ngo bige, bakwiye kuyakoresha,

*Ababyeyi bakwiye kuganira n’abana bakamenya ibyo bifuza….

Kuri uyu wa kane tariki 8 Ukuboza, mu Nteko Nshingamategeko haraberamo Inama Nkuru y’Abana ku nshuro ya 11, Perezida w’Inteko Nshingamategeko Umutwe w’Abadepite, Hon Donatile Mukabalisa, yasabye abana kuzirikana inshingano bafite yo kwiga, asaba ababyeyi kubaganiriza.

Hon Mukabalisa Donatile avuga ko ababyeyi bakwiye guha umwanya uhagije abana bakaganira
Hon Mukabalisa Donatile avuga ko ababyeyi bakwiye guha umwanya uhagije abana bakaganira

Bose hamwe ni abana 488 bahagarariye abandi ku mirenge iwabo mu Ntara n’Umujyi wa Kigali, harimo n’abana biga mu Rwanda b’abanyamahanga baje kwifatanya n’abandi muri iki gikorwa, biganjemo abakomoka muri Aziya biga muri Green Hills Academy.

Mu ijambo Perezida w’Inteko Nshingamategeko umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatile yavuze afungura iyi nama, yavuze ko buri mwana wese mu Rwanda afite amahirwe angana n’uy’undi mu kugira uburengenzira bwo kwiga.

Yavuze ko iyi Nama Nkuru y’Abana ari icyerekana ko Leta iha uburenganzira buri wese bwo gutanga ibitekerezo byubaka igihugu, kandi ngo u Rwanda rwanasinye amasezerano ajyanye no kurengera abana ndetse rurayemeza bururndu.

Mukabalisa avuga ko nk’uko biri mu nsanganyamatsiko igira iti “Uburere Buboneye: Inkingi y’Umuco”, yasabye abana kumenya ko bafite uburenganzira ariko bakanagira inshingano yo kwiga bakaziteza imbere mu bihe bizaza nk’abayobozi igihugu kizaba gifite.

Yasabye ababyeyi na buri wese kugira uruhare mu guhwitura abana bata ishuri cyangwa bajya mu zindi ngeso mbi nk’abakoresha ibiyobyabwenge.

Hon Mukabalisa ati “Birababaje kuba hari abana bata ishuri bakajya mu yindi mirimo kandi Leta yarahaye buri wese amahirwe yo kwiga. Ababyeyi bafite inshingano yo guha abana uburere bubereye Abanyarwanda, kurera neza byubaka igihugu.”

Yavuze ko mu Rwanda uburere bw’abana bugifite inzitizi y’icyuho cy’umwanya ababyeyi baha abana babo ngo baganire.

Ati “Hari icyiho mu mirerere y’abana, mu kubaganiriza mu kubaganiriza ku byo bakeneye, bakunda, bifuza no kubaganiriza ku mpano zabo, tugomba kubaganiriza bakagira uburere.”

Yavuze ko buri wese akwiye kurinda abana cyane abantu bagafatanya mu kwamagana abarezi batubaha inshingano zabo by’umwihariko bikaba uruhare rw’abayobozi.

Ngabonziza Damien Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe abana yavuze ko mu myanzuro 22 yafatiwe mu nama nkuru y’abana ya 10 imyisnhi yashyizwe mu bikorwa.

Muri yo harimo guha ubushobozi abana binyuze mu mahugurwa, kongera igihe cyo kwandika abana bavuka kikava ku minsi 15 bikaba 30, ndetse kugira ngo byorohe kurushaho bigakorerwa kwa muganga aho umwana yavukiye.

Kugenzuro imibereho y’abana babaga mu bigo byitwaga ibirera imfubyi, no kubashyira mu miryango, gushyiraho urwego rushinzwe abana, mu midugudu ngo hagiyeho abitwa ‘inshuti z’abana’, kongera amarerero y’abana b’inshuke n’ibindi.

Yavuze ko kuba byarakozwe byerekana ko ibyemezo n’ibyifuzo by’abana igihugu kibiha agaciro.

Uhagarariye UN mu Rwanda, Mr Lamin Manneh we yavuze ko ashima uko Perezida Paul Kagame n’umugore we Jeannette Kagame bakora ibishoboka mu gushyiraho uburyo bwatuma abana babaho neza, kandi yizeza inkunga ya ONE-UN mu bikorwa bifasha abana.

Yibukije abana ko bagomba gukorana umwete kuko ngo ni bo bazaba ari ababyeyi mu gihe kiri imbere.

Iyi nama irakomeza kubera muri Stade Ntoya ndetse hakaza gufatwa imyanzuro ijyanye n’ibyifuzo abana baza kuba bagaragaje.

Abana mu ntebe z'ibyubahiro zicarwamo na ba Nyakubahwa b'Abadepite
Abana mu ntebe z’ibyubahiro zicarwamo na ba Nyakubahwa b’Abadepite
Jean Sayinzoga Perezida wa Komisiyo y'Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero ati "Reba mo badufotera wa kana we, urabona ntari Sogokuru wawe!"
Jean Sayinzoga Perezida wa Komisiyo y’Igihugu yo gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero ati “Reba mo badufotera wa kana we, urabona ntari Sogokuru wawe!”
Uburenganzira bw'umwana bukwiye kubahirizwa nta na kimwe kigendeweho
Uburenganzira bw’umwana bukwiye kubahirizwa nta na kimwe kigendeweho
Minisitiri w'Uburinganire n'Iterambere ry'Umuryango, Esperance Nyirasafari yavuze ko mbere mu Rwanda abana bose batagiraga uburenganzira bungana bitewe na politiki
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Esperance Nyirasafari yavuze ko mbere mu Rwanda abana bose batagiraga uburenganzira bungana bitewe na politiki
Bamwe mu bana b'abanyamahanga biga muri Green Hills Academy mu Rwanda
Bamwe mu bana b’abanyamahanga biga muri Green Hills Academy mu Rwanda
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru Musabyimana Jean Claude
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Musabyimana Jean Claude
Ni iby'agaciro kwicarana n'umwe mu bantu wize mu ishuri mu burere mboneragihugu, Fidel Ndayisaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge yicaranye n'umwe mu bana baje mu ihuriro ryabo
Ni iby’agaciro kwicarana n’umwe mu bantu wize mu ishuri mu burere mboneragihugu, Fidel Ndayisaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yicaranye n’umwe mu bana baje mu ihuriro ryabo
Umwe mu bayobozi bahagarariye abana mu gihugu avuga ijambo ryikaze
Umwe mu bayobozi bahagarariye abana mu gihugu avuga ijambo ryikaze
Umwe mu bakozi ba UN mu Rwanda mu bitabiriye iyi nama
Umwe mu bakozi ba UN mu Rwanda mu bitabiriye iyi nama
DCG J MARIZAMUNDA ushinzwe Ubuyobozi n'Abakozi muri Polisi y'Igihugu
DCG J MARIZAMUNDA ushinzwe Ubuyobozi n’Abakozi muri Polisi y’Igihugu
Stephen Mutangana Umuyobozi muri Minisiteri y'Umuco na Siporo ushinzwe Umuco
Steven Mutangana (wa kabiri uvuye iburyo) Umuyobozi muri Minisiteri y’Umuco na Siporo ushinzwe Umuco
Umwe mu bana baje mu nama yabo
Umwe mu bana baje mu nama yabo
Muri iyi nama abana bose bahabwa amahirwe yo guhagararirwa
Muri iyi nama abana bose bahabwa amahirwe yo guhagararirwa
Benshi ni ubwa mbere bari bakandagiye mu Nteko Nshingamategeko
Benshi ni ubwa mbere bari bakandagiye mu Nteko Nshingamategeko
Bavuye mu mirenge yose y'igihugu baje mu nama yabo
Bavuye mu mirenge yose y’igihugu baje mu nama yabo
Dr Muningoma James Perezida w'Inteko Nyarwanda y'Ururimi n'Umuco
Dr Muningoma James Perezida w’Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco
Abana basabwe kumenya ko inshingano ya mbere bafite ari ukwiga
Abana basabwe kumenya ko inshingano ya mbere bafite ari ukwiga
NGABONZIZA Damien Perezida wa Komisiyo y'Igihugu ishinzwe Abana
NGABONZIZA Damien Perezida wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Abana
Peace of God itsinda ry'abana baturutse mu karere ka Ngoma baririmba indirimbo imbere y'abayobozi n'abana bagenzi babo
Peace of God itsinda ry’abana baturutse mu karere ka Ngoma baririmba indirimbo imbere y’abayobozi n’abana bagenzi babo
Umwe mu bafatanyabikorwa baje muri iyi nama
Umwe mu bafatanyabikorwa baje muri iyi nama
Ababyeyi basabwe guha umwana agaciro bakamuganiriza
Ababyeyi basabwe guha umwana agaciro bakamuganiriza
Bamwe mu bana bitabiriye ihuriro
Bamwe mu bana bitabiriye ihuriro
Umwe mu banyamahanga baje muri iyi nama y'abana
Umwe mu banyamahanga baje muri iyi nama y’abana
Umwe mu babyeyi bitabiriye iyi nama y'abana na we yari yaherekeje abana biga muri Green Hills
Umwe mu babyeyi bitabiriye iyi nama y’abana na we yari yaherekeje abana biga muri Green Hills
Umuyobozi Mukuru w'agateganyo wa Imbuto Foundation Sandrine Umutoni
Umuyobozi Mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Sandrine Umutoni
Kuki ejo bundi ataba Umudepite?
Kuki ejo bundi ataba Umudepite?
Inteko yari yuzuye abana b'urwererane mu myambaro isa y'umuhondo
Inteko yari yuzuye abana b’urwererane mu myambaro isa y’umuhondo
Ababyeyi bazanye abana biga muri Green Hills
Ababyeyi bazanye abana biga muri Green Hills
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’uburezi Dr Ntivuguruzwa Celestin
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’uburezi Dr Ntivuguruzwa Celestin
Abana bari bishimiye guhura na bagenzi babo
Abana bari bishimiye guhura na bagenzi babo
Mu karuhuko abana bagiye kunywa icyayi
Mu karuhuko abana bagiye kunywa icyayi
Aba ni bamwe mu abna biga mu Rwanda b'abanyamahanga
Aba ni bamwe mu abna biga mu Rwanda b’abanyamahanga
Bari bishimye
Bari bishimye
Abana bari bishimiye guhura n'abandi
Abana bari bishimiye guhura n’abandi
Uburere buboneye ngo ni ngenzi ku iterambere ry'igihugu
Uburere buboneye ngo ni ngenzi ku iterambere ry’igihugu
Ku murongo abana bagiye mu karuhuko
Ku murongo abana bagiye mu karuhuko
Abayobozi b'abana n'abayobozi b'Igihugu mu ifoto rusange
Abayobozi b’abana n’abayobozi b’Igihugu mu ifoto rusange
Perezida w'Inteko Hon Mukabalisa n'abandi bayobozi mu ifoto rusange
Perezida w’Inteko Hon Mukabalisa n’abandi bayobozi mu ifoto rusange

Amafoto @HATANGIMANA/UM– USEKE

HATANGIMANA Ange Eric
UM– USEKE.RW

5 Comments

  • Abahinde ntimubazi!!!!!
    Iwabo ntiwabahinjirira, ikindi mumenye ko baraho bari muri shuguri ngo batange ruswa bambuke inyanja, izi iyo muhuriye mwaya mahanga bakakubwira ibyabo basebya africa!!!! Do you know Idiami? Abana babi cyane.
    mubarebe neza kbsa sabantu. Reka ariko tujye tubaruta wamugani ngo ibize nabi uyima ifu.

  • Umuseke ndabemera ku mafoto

  • Nibyo birakwiye kuganiriza abana mu ngo zacu no kubaha uburere bushingiye ku muco nyarwanda, ariko ubu hasigaye hari ahandi hantu henshi abana bajya, n’ibindi bintu byinshi abana bacu babona muri iyi Societe yacu nyarwanda, bakaba bahakura ubwandu mu mikorere, mu myitwarire no mu bitekerezo. “We should also clean and polish the Rwandan social environment so that we can be sure ” ko abana bacu nta kindi kibanduza hirya yo mu rugo, no hirya yo mu muryango.

  • Nyamara abo babyeyi batabonera abana igihe, cyane cyane ab’abayobozi n’ab’abazindukira muri shuguri bagataha abana baryamye, nibo usanga bahora bavuga ngo buri mwana agomba kurererwa mu muryango, bagafunga orphelinats abana b’imfubyi bisanzuragamo, bakabajyana kwigunga mu ngo ziyobowe n’abayaya.

  • Murakoze ku nkuru nziza n’amashusho akeye meza, nibyo koko abana bacu tubahe uburere bwiza umwana apfa mu iterura

Comments are closed.

en_USEnglish