Morgan Heritage bazafatanya na Diamond gutaramira Abanyarwanda bageze i Kigali
Abagabo batatu bagize itsinda Morgan Heritage ririmba injyana ya Reggae bageze ku Kibuga cy’Indege i Kanombe aho baje gutaramira Abaturarwanda mu gitaramo Kigali Fiesta kizaririmbamo n’Umuhanzi Diamond wageze mu Rwanda ariko akaza gukomereza urugendo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ku isaaha ya 15h30 ni bwo rutemikirire izanye aba bagabo b’Abanya-Jamaica igeze ku kibuga cy’indege cya Kigali i Kanombe.
Aba bagabo bamenyekanye cyane mu njyana ya Reggae bakiriwe n’itsinda ryateguye iki gitaramo kizabera i Nyamata muri Hotel Golden Tullip.
Iri tsinda rinafite abakunzi benshi muri Jamaica, muri 2016 ryahawe igihembo cya Grammy Award nk’abashyize hanze album nziza yo mu njyana ya Reggae. Iyi album yitwa Strictly Roots.
Muri iki gitaramo bazaririmbamo ejo ku cyumweru bari mu bahanzi bakomeye bategerejwe. Iki gitaramo kizaririmbamo Diamond umaze kwigarurira abakunzi mu karere, hategerejwe kandi umuhanzikazi Vanessa Mdee wo muri Tanzania.
Mu bahanzi b’Abanyarwanda bazaririmba muri iki gitaramo harimo Yvan Bulavan, Charly na Nina na DJ Pius.
Photos © E. Mugunga/Umuseke
Evode MUGUNGA
UM– USEKE.RW