Digiqole ad

Huye: Uko igitaramo cya PGGSS5 cyagenze

 Huye: Uko igitaramo cya PGGSS5 cyagenze

Butera Knowless ni inshuro ya gatatu yitabira iri rushanwa

09 Gicurasi 2015 nibwo igitaramo cya kane cy’irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star5 cyabaye, kibera i Huye kuri stade ya Kaminuza y’u Rwanda. Ni nyuma y’igihe cy’ukwezi abahanzi bose 10 bari muri iri rushanwa bari bamaze mu bikorwa byo kwibuka no gufasha abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatusti mu 1994.

Aba ni abakunzi ba Dream Boys
Aba ni abakunzi ba Dream Boys

Igitaramo cya mbere cy’iri rushanwa ku ikubitiro cyahereye mu Ntara y’Iburengerazuba mu Karere ka Rusizi mu Mujyi wa Kamembe. Icya kabiri kibera mu Ntara y’Amajyepfo mu Karere ka Nyamagabe n’i Nyanza naho mu Majyepfo.

Abahanzi bose 10 buri wese afite ikizere cyo kuba yakwegukana iri rushanwa bitandukanye cyane n’andi marushanwa aho byageraga ku gitaramo cya kabiri hamaze kugira abahabwa amahirwe.

Iri rushanwa ku nshuro ya mbere ryegukanywe na Tom Close, inshuro ya kabiri ryegukanwa na King James, inshuro ya gatatu Riderman araryegukana, naho ku nshuro ya kane ryegukanwa na Jay Polly.

Abahanzi; Jules Sentore, Knowless, Dream Boys, Active, TNP, Bruce Melodie, Senderi International Hit, Paccy, Bull Dogg na Rafiki Mazimpaka nibo bari mu irushanwa.

I Huye hari abafana benshi cyane baje kwakira aba bahanzi baje kubataramira iwabo ariko banahatanira kwegukana igihembo cya Primus Guma Guma Super Star ya gatanu. Irushanwa rikomeye kurusha andi ya muzika mu Rwanda.

Mc Tino na Mc Anita nibo babanje gususurutsa abantu mbere yo kuza abahanzi kuri stage
Mc Tino na Mc Anita nibo babanje gususurutsa abantu mbere yo kuza abahanzi kuri stage
Aimable Twahirwa, Tonzi na Lion Imanzi bagize akanama nkemurampaka ndetse n'ushinzwe umutekano wabo inyuma
Aimable Twahirwa, Tonzi na Lion Imanzi bagize akanama nkemurampaka ndetse n’ushinzwe umutekano inyuma yabo biteguye gukora akazi
TNP nibo babanje kuri stage
TNP nibo babanje kuri stage bakoresha imbaraga mu kugerageza kwerekana icyo bashoboye
Itsinda rya TNP ni ubwa mbere ryitabiriye PGGSS
Itsinda rya TNP ni ubwa mbere ryitabiriye PGGSS, bafite indirimbo zimwe zakunzwe nka “Kamucerenge” n’izindi
Ibitonyanga by'imvura ntacyo bimubwiye
Akavura kajojobaga ntabwo kabavanye mu rukundo rwa muzika
Bulldogg imbere y'abakunzi ba muzika bashyize amaboko hejuru
Bulldogg imbere y’abakunzi ba muzika bashyize amaboko hejuru
Bulldogg ni umwe mu bahanzi bahabwa amahirwe yo kugera kure muri iri rushanwa
Bulldogg ni umwe mu bahanzi bahabwa amahirwe yo kugera kure muri iri rushanwa
Abagize akanama nkemurampaka bamwe bandika undi acungana n'ibyo umuhanzi akora
Abagize akanama nkemurampaka bamwe barandika undi areba ‘ibyo umuhanzi akora
Nta nyota ku muntu urengeje imyaka 18 icyo kunywa ni cyose
Nta nyota ku muntu urengeje imyaka 18 icyo kunywa ni cyose Primus yagabayirijwe igiciro
Senderi si ukuririmba gusa, asigaye anabyina
Senderi utangaje cyane amaze kugira abafana benshi
Senderi yabanje kuza kuri stage yambaye nk'abaganga
Senderi yabanje kuza kuri stage yambaye nk’abaganga kuko ngo yaje mu ntiti
Ku kazi nta mikino
Ku kazi nta mikino
Urusaku rw'abafana kubera kwishimira imibyinire ya Active, nabo basetse
Active yashimishije abafana cyane kubera imbyino zabo
Tizzo, Derek na Olivis bagize itsinda rya Active
Tizzo, Derek na Olivis bagize itsinda rya Active
Umufana ukomeye wa Knowless
Umufana wa Knowless yambwambaye ku ngofero
Ati sinacikwa n'iyi foto y'uyu muhanzi kuko sinzongera kumubona vuba
Ati “nubwo bwose ifoto yaba atari sawa ariko sinacikwa n’iyi foto y’uyu muhanzi kuko sinzongera kumubona vuba”
Araririmbana n'abafana be
Knowless imbere y’abafana be
Bamwe mu bafana ba Knowless ntibatererana
Knowless afite abafana batari bacye 
Butera Knowless ni inshuro ya gatatu yitabira iri rushanwa
Butera Knowless ni inshuro ya gatatu yitabira iri rushanwa
Umunyamakuru Tidjala Kabendera n'umufasha we barimo gukurikirana igitaramo
Umunyamakuru Tidjala Kabendera n’umugabo we nabo baje i Huye mu gitaramo
Injyana akora ya Gakondo yatangiye abantu batayumva, ariko ubu ari mu bahanzi bashimisha imbaga
Injyana akora ya Gakondo amaze kuyinjiza mu zikunzwe muri iri rushanwa, ubu ari mu bahanzi bashimisha imbaga
Jules Sentore agera aho agaha abafana umwanya bakaririmba
Jules Sentore arasaba abafana kumufasha kuririmba
Melodie mu ndirimbo ye 'Ntundize' bigaragara ko akunzwe cyane
Bruce Melodie w’ijwi ritangaje mu ndirimbo ye ‘Ntundize’ bigaragara ko akunzwe cyane
Abafana ni bose bashyigikiye Bruce Melodie
Abafana ni benshi bagaragaje ko bashyigikiye Bruce Melodie
Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi bamaze kugira abafana benshi
Indirimbo ze zirakunzwe cyane mu rubyiruko
Dream Boys nibo bahanzi bonyine bamaze kwitabira irushanwa rya PGGSS inshuro 5 kuva ryatangira
Dream Boys nibo bahanzi bonyine bamaze kwitabira irushanwa rya PGGSS inshuro 5 kuva ryatangira
Abafana ba Dream Boys n'agafoto bariho mu kirere
Abafana ba Dream Boys n’agafoto bariho mu kirere
TMC na Platini abasore bagize itsinda rya Dream Boys
TMC na Platini abasore Dream Boys bari mu bahabwa amahirwe kuri iyi nshuro
Oda Paccy ku nshuro ye ya mbere yitabira PGGSS ashimisha abafana
Oda Paccy ku nshuro ye ya mbere yitabira PGGSS ashimisha abafana
Paccy niwe muraperikazi watinyuye abandi gukora injyana ya HipHop
Paccy niwe mugore watinyuye abandi gukora injyana ya HipHop
Rafiki Coga Style niwe usoje igitaramo cyaberaga i Huye
Rafiki na Coga Style niwe usoje igitaramo cyaberaga i Huye
Rafiki mu ndirimbo ye 'Bagambe'
Rafiki mu ndirimbo ye ‘Bagambe’

Photos/Muzogeye Plaisir/UM– USEKE

Joel Rutaganda
UM– USEKE.RW

7 Comments

  • Ni byiza kbsa turabashimira ko muri kutugezaho uko byifashe twe tutari kuri terrain; Ndakwemera ku mafoto kbsa@Plaisir Muzogeye! Congs!

  • Bravo Senderi kudushya ukomeje kutugezaho!Ndabona byaribyiza,umutekano wariwose ntacyo nanenga abashinzwe umutekano,mukomereze aho.

  • AGESPRO mukomereze aho muzi kurinda mwarahuguwe kabisa!

  • DREAM BOYZ INDATWA ndabona bameze neza kbsa ubanza bahatwitse!
    Congs to Dream Boyz!

  • SENDERI AGOMBE AGITWARE RWOSEEEEEE, TWARIBOHOYE WANGU SENDERI BIG UP NI IYAWE NTAWE MUYIBURANA

  • Muraho ndabakunda cyane kuko mutujyezaho amakuru yukuri adaciye ibintu kuruhande.naho primus guma guma ya 5 niya Butera.

    • uyu mukobwa butela jeann
      ggss5 niye ndamutoye

Comments are closed.

en_USEnglish