Digiqole ad

Libye : imirwano irakomeje i Misrata

Abantu 12 nibo bayiguyemo  kuri uki cyumweru Imirwano yakomeje  gukara mu mujyi wa Misrata ikaba yahitanye abatari bake bo mu ruhande rw’ abigometse kuri ubu bamaze igihe cy’ amezi abiri barigaruriye uyu mugi wa  Misrata nyuma y’uko bawambuye abo mu ruhande  koloneli Kadhafi bahanganye .

Iyi mirwano ikomeje kuvuza ubuhuha ugereranyije n’iyo  kuri uyu wa gatandatu w’icyumweru kirangiye   ngo yagabanije ubukana kuri iki cyumweru. Gusa hagati aho  abantu 12  nibo baguye muri iyo mirwano abasaga 60 bo bakaba bayikorekayemo.

Photo internet: Abarwanyi i Misrata

Kuri uyu wa gatandatu  abasaga 28 nibo nibura baguye muri iyi mirwano  nkuko bitangazwa n’umwe mu baganga naho amajana y’ abantu nayo akaba yarakomeretse. Ibi byegeranyo  bikaba aribyo bigaragarako bikomeye by’ abamaze kugwa  muri iyi ntambara mu gihe gito. Mu mezi abiri impuzandengo (moyenne) y’ abaguye muri iyi ntabara ikaba yaragaragaje ko nibura abantu 11 aribo bapfa buri munsi bazize iyi mirwano.

Kuri uyu wa gatandatu mu ijoro ry’icyumweru kirangiye  umunyamakuru w’Umufaransa ufite ibimuranga bitatangajwe nawe akaba yakomeretse bikomeye aho yanajyanywe mu bitaro kubagwa gusa ngo ubu akaba arimo yoroherwa nkuko bitangazwa n’ abayobora ibitaro yoherejwemo.

Gusa hagati aho ibirontaramakuru byo muri Tunisiya  TAP, byo byatangaje ko abantu 90 aribo bakomeretse  harimo bane b’ indembe bakuwe muri Misrata batwawe n’ ubwato bwo mu gihugu cya Qatari  bwerekezaga ahitwa  Sousse, mu mugi rwagati wa Tuniziya. Ubu bwato bukaba bwatabaye kandi  abasaga 138 : harimo 127 bo muri Libiya na  11 bo muri Tuniziya .

Muri iri joro rishyira ku cyumweru kandi  ibisasu 2 bikaba byaraturitse byikurikiranya hari mu ma saa 02h30, ndetse humvikana n’ iraswa by’ ibisasu byo mu bwoko bwa rokete  grad. Abasirikare ba Kadhafi ubwo bakomezaga kurwana barekeza mu mujyi wa Misrata  2 muri bo bakaba bafashwe  kandi basanga bakomeretse bakaba kandi batangajeko morali yabo yari yabashiranye kandi ko babuze aho bakura  intwaro ndetse abakuru babo bo bakaba bahunze.

Kuri uyu wa gatandatu w’ icyumweru kirangiye  umuvugizi w ‘intagorwa zigometse kuri Kadhafi akabayari  yaratangaje ko Misrata iri mu maboko yabo ko kandi ingabo za Kadhafi zahunze  kandi zikareka inkambi zazo  gusa ku ruhande rwo kwa Kadhafi bo bakavugako  baretse ibikorwa byabo  bya gisikare muri ako gace ku mpavu zabo .

Jonas Muhawenimana
Umuseke.com

1 Comment

  • Ariko se koo ibi bintu biraherera he?
    Kumugani wa Papa Benoit XVI, abantu baragumya gupfa hakwiye ibiganiro n’ abahungira ku mugabane w’ i burayi bagahabwa karibu.

    Nzaba ndeba ako ubukunzi bw’ ubutegetsi muri iyi si byitwa inyungu za rubanda.

Comments are closed.

en_USEnglish