Lennon ntakina mukino na Ghana
Kuri uyu wa kabiri ikipe y’igihugu y’Ubwongereza Three Lions, igomba kuba iri kuri stade ya Wembley I saa tatu z’ijoro, ubwo iza kuba ikina umukino wa gishuti n’ikipe ya Ghana Black Stars. Umukinnyi AARON LENNON akaza kutagaragaramo kubera ikibazo cy’imvune.
Uyu mukinnyi akaba yasubiye mu ikipe ye Tottenham asanzwe akinira mu bakina ku mpande (wingers) nyuma yo kuvunika mu myitozo n’ikipe y’igihugu.
Ku bw’amahirwe imvune ye ngo ishobora kuba idakanganye bityo abamukunda bakazamubona mu mukino wa shampiyona ikipeye izaba ikina na Wigan kuwa gatandatu.
Kuvanwa ku rutonde k’uyu musore bikaba ari amahirwe ku mikinnyi wa Wolves witwa Matt Jarvis ushora ku zagufata umwanya we.
Mu rwego rwo kuruhutsa bamwe mu bakinnyi, umutoza Fabio Capello akaba yagize captain w’ikipe y’igihugu umukinnyi GARETH BARRY wa Manchester City .
Abakinnyi bose bakiri mu irushanwa rya Ligue des Champions bakaba baruhukijwe, abo ni John Terry, Ashley Cole, Frank Lampard, Wayne Rooney and Michael Dawson, ari na yo mpamvu John Terry wari usanzwe ari Kizigenza mu ikipe y’igihugu yahaye igitambaro Barry.
Kuri uyu wa kabiri hakaba hari indi mikino myinshi yo murwego rwa gishuti:
15:00 Guinée Equatoriale vsGambia
15:30 Oman vsTunisia
15:30 Qatar vs Uburusiya
19:00 Cameroon vs Gabon
19:30 Shipure vs Bulugaria
20:00 Nigeria vs Kenya
20:15 Slovakia vs Denmark
20:30 Ubugiriki vs Polonye
20:45 Chile vs Colombia
20:45 Ubudage vs Ositaralia
20:45 Irilande vs Uruguay
20:45 Ukraine vs Italy
21:00 France vs Croatia
21:45 Portugal vs Finland
HATANGIMANA Ange Eric
Umuseke.com