Digiqole ad

Kwifatanya muri gahunda za Leta ni ishema ryacu nk’abakinnyi – Bakame

 Kwifatanya muri gahunda za Leta ni ishema ryacu nk’abakinnyi – Bakame

Ba Kapiteni bombi, Bakame wa Rayon Sports na Saibadi wa Bugesera FC batera ibiti nabo.

Mu mukino Rayon Sports yatsinzemo Bugesera FC 1-0, hafashwe iminota yo gushishikariza abawitabiriye gutera ibiti aho batuye, ibintu Ndayishimiye Eric Bakame abona nk’ishema ku bakinnyi b’umupira w’amaguru.

Ba Kapiteni bombi, Bakame wa Rayon Sports na Saibadi wa Bugesera FC batera ibiti nabo.
Ba Kapiteni bombi, Bakame wa Rayon Sports na Saibadi wa Bugesera FC batera ibiti nabo.

Mu mpera z’icyumweru kirangiye, hakinwe umunsi wa gatandatu wa Shampiyona y’u Rwanda mu mupira w’amaguru, AZAM Rwanda Premier League. Umwe mu mikino ikomeye yabaye, wahuje Rayon Sports na Bugesera FC kuri stade ya Kigali, warangiye ku ntsinzi ya Rayon Sports y’igitego kimwe cyatsinzwe na Niyonzima Olivier Sefu ku busa bwa Bugesera.

Hagati muri uyu mukino, habaye ubukangurambaga, abawurebye bashishikarizwa gutera ibiti aho batuye, byateguwe na Minisiteri y’ibidukikije n’umutungo kamere ifatanyije n’umuryango mpuzamahanga witwa “International Union for Conservation of Nature and Natural Resources (IUCN)”.

Uyu muhango wanitabiriwe na Minisitiri w’umutungo kamere n’ibidukikije (MINIRENA) Dr Vincent Biruta, washimishije cyane abakinnyi b’umupira w’amaguru, nk’uko Umuseke wabitangarijwe na Kapiteni wa Rayon Sports, Ndayishimiye Eric Bakame.

Yagize ati “Abakinnyi muri Sosiyete y’u Rwanda hari isura itari nziza bafite. Dufatwa nk’abantu batitabira bihagije gahunda za Leta. Biterwa n’uko akenshi tuba turi mu myitozo ikomeye, cyangwa mu myiherero twitegura imikino. Twishimiye kuba twifatanyije n’abaturage muri iyi gahunda yo gukangurira abantu gutera igiti, kuko natwe twatanze uruhare rwacu mu kubaka igihugu.”

Nyuma y’uyu muhango, Minisitiri Dr Vincent Biruta yasabye abakunzi b’umupira w’amaguru kubungabunga ubuzima bwabo, batera ibiti ku mbuga zabo, kuko Bizana umwuka mwiza wa ‘Oxygène’, kandi birinda isuri.

Minisitiri Dr Vincent Biruta yatereye igiti kuri stade kugira ngo ahe urugero n'abandi banyarwanda.
Minisitiri Dr Vincent Biruta yatereye igiti kuri stade kugira ngo ahe urugero n’abandi banyarwanda.

 

Bakame asoma ubutumwa bujyanye n'uyu munsi (photo: Rayonsports.net)
Bakame asoma ubutumwa bujyanye n’uyu munsi (photo: Rayonsports.net).
Uyu mukino waje no guhira Rayon Sports kuko byarangiye ariwo iwutsinze, aha barishimira igitego cya Sefu ari nacyo rukumbi cyabonetse muri uyu mukino.
Uyu mukino waje no guhira Rayon Sports kuko byarangiye ariwo iwutsinze, aha barishimira igitego cya Sefu ari nacyo rukumbi cyabonetse muri uyu mukino.
Niyonzima Olivier Sefu watsinze igitego cye cya mbere muri Shampiyona yari yanitwaye neza mu mukino wose.
Niyonzima Olivier Sefu watsinze igitego cye cya mbere muri Shampiyona yari yanitwaye neza mu mukino wose.
Bakame na bagenzi be bashimira abafana babashyigikiye muri uyu mukino.
Bakame na bagenzi be bashimira abafana babashyigikiye muri uyu mukino.

Roben NGABO
UM– USEKE.RW

en_USEnglish