Digiqole ad

Kuwa 25 Mata umunsi wo kurwanya Malaria

Uyu munsi tariki ya 25/04, ni umunsi mpuzamahanga wo kurwanya malariya

Kimwe n’ibindi bihugu byose ku isi, u Rwanda rwifatanya n’amahanga ku munsi wo kurwanya malariya, uyu munsi ukaba watangiye kwizihizwa mu gihugu cy’u Rwanda kuva mu 2007. Kuri iyi tariki ya 25 mata  nibwo uwo munsi wizihizwa.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka tugenekereje mu kinyarwanda igira iti : “ibikorwa bifatika  nibyo bitanga umusaruro mu kurwanya malariya” mu gifaransa akaba « Réaliser le progrès et mesurer l’impact» mu cyongerezaho ni  « Achieving Progress and impact ».

Iyi ntego ikaba yaragenwe mu rwego rwo kugaragaza ko ibikorwa bifatika n’ingamba zihamye bigikewe mu kurandura malariya burundu, nk’uko binateganywa mu ntego z’ikinyagihumbi. Nkuko bigaragara mu butumwa Umunyamabanga mukuru w’Abibumbye yavuze kuri uyu munsi mpuzamahanga wo kurwanya malariya, Bwana  Ban Ki Moon yemeza ko kurwanya malariya ari nk’urufunguzo rw’amajyambere, bikaba binagaragazwa mu  ku ntego z’ikinyagihumbi.

Yemeza ko  kuba malariya  ari indwara yibasira abagore n’abana, ari imbogamizi ikomeye ku buzima bwabo,   bikaba bikwiye  ko irwanywa nta kujenjeka kugira ngo abagore n’abana, nabo  batera imbere, uburenganzira bwabo bwo  kuramba bwubahirizwe.

Ban KI Moon arakangurira ibihugu na za leta kuvanaho inzitizi zose zibangamira ingamba zashyizweho  ku rwego mpuzamahanga, zigamije guhashya malariya.

Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima (WHO) mu mwaka wa 2007, watoranyije u Rwanda ku  rwego rw’Afrika  kuba arirwo rwizihirizwamo uwo munsi. Mu Rwanda muri uyu mwaka nta bikorwa byateguwe kuri iyi tariki bitewe na gahunda  yatangijwe mu gihugu yo gukingira kanseri y’inkondo y’umura  abana b’abakobwa batarengeje imyaka 12.

Gusa ntibibujije ko hari ibikorwa byagezweho mu kurwanya malariya mu Rwanda  bigikomeje. Nkuko Dr Karema Corine uyobora gahunda y’igihugu yo kurwanya malariya muri RBC/ TRAC PLUS yabitangarije ikinyamakuru Imvaho Nshya, avuga ko ibyagezweho bigikomeza kongerwa ari nayo mu mpamvu mu ntangiriro z’impeshyi (mu gihe cy’umukamuko)  hagati y’amezi ya  Kamena-Nyakanga, mu gihe  imibu iba itangiye kuba  myinshi, hateganywa ubukangurambaga buzibanda cyane cyane mu Ntara y’Iburasirazuba, kuko  ariho hakiboneka  abarwayi ba malariya kurusha  mu bindi bice by’igihugu.

Yakomeje avugako bazatanga ubutumwa mu bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda,  bakongera imbaraga mu gukomeza gutera umuti wica imibu mu mazu, hanashishikarizwa abantu kuryama mu nzitiramubu no gusukura hafi y’aho batuye, hirindwa ibizenga amazi arekamo. Tukaba twabibutsako Malariya yagabanutseho 54% mu Rwanda, aho ,mu myaka itanu ishize uhereye mu 2005 kugeza 2010 ibyago  malariya yatezaga  byagabanutseho 70% naho impfu zayo zigabanukaho 60%. Abanyarwanda   malariya yibasiraga baragabanutse, bava kuri miliyoni 1,7 basigara ari  ibihumbi 660 gusa; mu gihe  abahitanwaga na yo bavuye ku bantu 1445 bakagera  ku  670 ku mwaka,  bivuze ko yagabanutseho 54% cyane ko kuva mu

mwaka wa 2005 hamaze gutangwa inzitiramubu zirenga miliyoni 9, inyinshi muri zo zigera kuri miliyoni 6,1 zikaba zaratanzwe mu 2009.Intego akaba ari ukuyicogoza kugeza ubwo izasigara itari imbogamizi ikomeye ku gihugu.

Dr Karema agira ati: “Gahunda yo gutera umuti mu nzu igiye kuzajya ikorwa kabiri mu mwaka, aho kuba rimwe nk’uko byari bisanzwe, kuko byagaragaye ko umuti wica imibi uterwa mu nzu, umara  amezi 5 ufasha mu kurwanya imibu”. Yakomeje kandi agira ati: “U Rwanda rufatanya n’ibindi bihugu bituranye, mu rwego rwo guhuriza hamwe  ingufu n’ubushobozi, kuko u Rwanda rwonyine rutarandura malariya burundu,  mu gihe  mu baturanyi ikibasira abahatuye ”.

Patrick Kanyamibwa
Umuseke.com

en_USEnglish