Digiqole ad

Kimenyi Vedaste umuyobozi mushya w’umuryango wa Rayon Sports

 Kimenyi Vedaste umuyobozi mushya w’umuryango wa Rayon Sports

Kimenyi Vedaste watorewe kuyobora umuryango wa Rayon sports

Kuri iki cyumeru tariki 3 Mata 2016 nibwo hatowe abayobozi bashya mu Muryango wa Rayon Sports. Komite nshya y’uyu muryango iyobowe na Kimenyi Vedaste wari umu’Candidat’ rukumbi ku mwanya wa perezida w’uyu muryango.

Kimenyi Vedaste watorewe kuyobora umuryango wa Rayon sports
Kimenyi Vedaste watorewe kuyobora umuryango wa Rayon sports

Amatora y’umuryango wa Rayon Sports yabaye mu nama y’inteko rusange idasanzwe yateraniye kuri Alpha Palace. Byari biteganyijwe ko inama itangira saa 10h00 a.m, ariko yakererewe ho amasaha abiri, kuko yatangiye saa 12h25.

Inama y’inteko rusange yatangijwe n’ umuyobozi w’inama y’ubutegetsi (Board) ya Rayon Sports, Ngarambe Charles wari na perezida w’umuryango  (executive committee) ucyuye igihe.

Igice cya mbere cy’inama y’inteko rusange, cyari ukugaragaza ibyagezweho mu mwaka wa 2015 mu muryango wa Rayon Sports. Iki gice cyaranzwe ahanini no kutishimira iyi ‘raporo’  ku banyamuryango ba Rayon Sports.

Uku kutishimira uko umuryango wabo wari uyobowe, byatumye umuyobozi wa ‘fan club’ yitwa March Generation witwa Mike, ahaguruka asaba ko inama yareka gutinzwa, kuko ngo bo uwo badashaka ni Ngarambe Charles mu buyobozi bw’umuryango wabo.

Iki gitekerezo cyashyigikiwe na benshi bari muri sale yaberagamo inama y’inteko rusange, bituma gahunda y’inama yari ihari ihindurwa, ahubwo bakurikizaho igikorwa cy’amatora.

Mu banyamuryango 306 b’umuryango wa Rayons Sports, abaje muri iyi nama y’inteko rusange bujuje ibyangombwa byo gutora, ni 87 gusa.

Ku mwanya wa perezida w’umuryango, hamamajwe umu’Candidat’ umwe, Kimenyi Vedaste, wabonye amajwi 82 kuri 87 batoye. Ni ukuvuga ko amajwi atanu asigaye yabaye imfabusa.

Uyu muyobozi w’umuryango, azakorana na Rudasingwa Jean Marie Vianey nka visi perezida ushizwe ubutegetsi (adminitration). Yatowe n’abantu 81 muri 87. Visi perezida ushizwe umutungo, yabaye Muhirwa Prosper.

Abanyamuryango babanje kunanirwa kumvikana ku buryo bakoresha batora
Abanyamuryango babanje kunanirwa kumvikana ku buryo bakoresha batora
Abitabiriye inama y'inteko rusange ya Rayon sports, abenshi nta byangombwa bibibemerera bazanye
Abitabiriye inama y’inteko rusange ya Rayon sports, abenshi nta byangombwa bibibemerera bazanye
Runiga Mike Martin uyobora Fan Club ya 'March Generation' niwe wahagurutse avuga ko uburyo komite ishinzwe amatora yahitamo ntacyo bubatwaye, icyo bashakaga ngo ni gukuraho Ngarambe gusa
Runiga Mike Martin uyobora Fan Club ya ‘March Generation’ niwe wahagurutse avuga ko uburyo komite ishinzwe amatora yahitamo ntacyo bubatwaye, icyo bashakaga ngo ni gukuraho Ngarambe gusa
Gacinya Dennis na Rutagambwa Martin bayobora Rayon sports FC
Gacinya Dennis na Rutagambwa Martin bayobora Rayon sports FC
Ngarambe wari perezida ucyuye igihe, yasigaye ku mwanya w'umuyobozi wa 'Board'
Ngarambe wari perezida ucyuye igihe, yasigaye ku mwanya w’umuyobozi wa ‘Board’
Abayobozi ba Board, hamwe n'aba komite nyobozi y'umuryango wa Rayon sports batowe
Abayobozi ba Board, hamwe n’aba komite nyobozi y’umuryango wa Rayon sports batowe
Rudasingwa Jean Marie Vianney wabaye visi perezida wa mbere
Rudasingwa Jean Marie Vianney wabaye visi perezida wa mbere
Muhirwa Prosper wabaye visi perezida wa kabiri ushizwe ubukungu
Muhirwa Prosper wabaye visi perezida wa kabiri ushizwe ubukungu
Yahigiye  kuzashaka umuti urambye w'ibibazo irimoRayon sports
Yahigiye kuzashaka umuti urambye w’ibibazo irimoRayon sports
Ngarambe wari perezida ucyuye igihe, yasigaye ku mwanya w'umuyobozi wa 'Board'
Ngarambe wari perezida ucyuye igihe, yasigaye ku mwanya w’umuyobozi wa ‘Board’

NGABO Roben
UM– USEKE.RW

3 Comments

  • courage mwifurije kuzitwara neza

  • Ukurikije amajwi yahawe biragaragara ko afitiwe ikizere n abanyamuryango ba Rayon Sport. Afite ubuyobozi muri we ndetse n ibitekerezo byiza. Azabiko natwe tuzamuba hafi ntabafana.

  • turashaka impinduka kuruta uko waza uje kwiyamamaza mwikipe yacu.niyo mpamva dusabako wowe vedaste izina rayo ugomba kuritandukanya ninyungu zawe bwite kuko nibyo byaranze ibisambo byatuyoboreye equipe mbere.Dore bimwe mubyo uzirinda:1.ubusambo
    2.ikimenyane
    uzakore ibi urebeko utazatsinda nka major MURENZI:KWITANGA;GUKUNDA EQUIPE;NO KUBANA NABAKOZI BAWE NEZA.

Comments are closed.

en_USEnglish