Digiqole ad

Kigali: Urubyiruko rwa muri Croix Rouge rwiyemeje kwita ku bidukikije

 Kigali: Urubyiruko rwa muri Croix Rouge  rwiyemeje kwita ku bidukikije

Uru ruyiruko ruvuga ko Kubungabunga Ibidukikije ari yo ntego rushyize imbere.

Mu matora ya Komite y’urubyiruko rwa Croix Rouge, yabaye ku munsi w’ejo agamije gusimbuza komite icyuye igihe, uwatorewe kuyobora Komite nshya Rubuga Alexia yavuze ko iyi Komite izashyira ingufu mu kubungabunga ibidukikije no kwita ku mbabare nk’uko bisanzwe mu nshingano zabo.

Uru ruyiruko ruvuga ko  Kubungabunga Ibidukikije ari yo ntego rushyize imbere.
Uru ruyiruko ruvuga ko kubungabunga ibidukikije ari yo ntego rushyize imbere.

Rubuga Alexia yabanje gushimira Komite icyuye igihe kandi asaba urubyiruko gukomeza gukoresha imbaraga mu kubungabunga ibidukikije, ariko rutirengagije n’ibindi bikorwa bifasha igihugu mu iterambere.

Yemeje ko mu bindi  bikorwa, iyi Komite izibanda ku ugufasha abaturage batishoboye barimo incike, impfubyi ndetse n’abapfakazi bakazabubakira amazu bakabaha n’ibindi bikoresho byo kwifashisha mu buzima bwabo.

Karamaga Apollinaire, Umunyamabanga mukuru wa Croix-Rouge y’u Rwanda,  yasobanuriye abari aho ko ibikorwa byinshi umuryango umaze kugeraho, ubikesha  urubyiruko kubera ko  arirwo rufite imbaraga

Yasabye  abagize Komite nshya  gushyira mu bikorwa ibyo barihiriye kugira ngo ibyagezweho bitazasubira inyuma.

Karasira Wilson, wari uyoboye Komite icyuye igihe, avuga ko  ibikorwa bagezeho nk’urubyiruko byashingiye ku nkingi zitandukanye zita cyane cyane ku buzima bw’abaturage,  kubatoza umuco w’isuku, kuboneza urubyaro, kurwanya imirire mibi ari nabyo bifuza ko  Komite yashyizweho uyu munsi yakomerezaho.

Yagize ati: “Ndabasaba gukorera hamwe nk’Ikipe, mwishakemo ibisubizo mureke gutegereza ko hari abandi bagomba gukemura ibibazo abanyarwanda bafite, nimwe maboko  y’igihugu

Yongeyeho ko bagomba kujya bashishikariza abagenerwa bikorwa kugira uruhare mu bibakorerwa kugira ngo nabo bumve ko ari ibyabo kandi bakagira uruhare mu kubirinda kugira ngo birambe.

Komite y’urubyiruko  yatowe  igizwe n’abantu batatu.  Aya  matora yabaye nyuma  y’amahugurwa y’iminsi itatu urubyiruko rwahawe yari agamije  kumenyekanisha imikorere y’Umuryango wa Croix Rouge.

Bafashe ifoto rusange ya Komite icyuye igihe n'ije kusa ikivi
Bafashe ifoto rusange ya Komite icyuye igihe n’ije kusa ikivi

MUHIZI ELISEE

UM– USEKE.RW.Muhanga

en_USEnglish