Digiqole ad

Kigali Marriott Hotel yashyize iratahwa ku mugaragaro

 Kigali Marriott Hotel yashyize iratahwa ku mugaragaro

Mu ijoro ryo kuri uyu wa kabiri tariki 04 Ukwakira 2016, hatashwe Hoteli mpuzamahanga ‘Marriott Hotel Kigali’ ifite ibyumba byo kuraramo 254.

Kigali Marriott Hotel, ni Hoteli iri ku rwego mpuzamahanga.
Kigali Marriott Hotel, ni Hoteli iri ku rwego mpuzamahanga.

Kigali Marriot Hotel iri mu nyubako y’amagorofa umunani, n’ibyumba 254, gusa byose bifite Serivise zo ku rwego rwo hejuru. Ifite kandi ibyumba by’inama 18.

Iyi Hoteli, kuba ifite izina ku rwego mpuzamahanga bituma itanga Serivise zo ku rwego rwo hejuru.

Ni Hoteli ifite intego yo kureshya abakerarugendo b’abanyamahanga kuruta uko yareba cyane ku Banyarwanda badafite n’umusaruro mbumbe ku mwaka w’igihumbi cy’idolari ku mwaka.

Kurara mu cyumba giciriritse muri iyi Hoteli, ni hagati y’amadolari ya Amerika 235 na 240 ku ijoro rimwe (ni hafi ibihumbi 200 by’amafaranga y’u Rwanda).

Mu byumba bihenze, harimo icy’abanyacyubahiro “Executive Suite” gihagaze Amadolari ya Amerika 4,500 ku ijoro rimwe; Ndetse n’icyumba cy’abakuru b’ibihugu “Presidential Suite” bishyura Amadolari 5,500 (ni hejuru y’amafaranga y’u Rwanda 4 400 000) ku ijoro rimwe.

Iyi Hoteli y’inyenyeri eshanu bivugwa ko ifite agaciro ka Miliyoni 55, ni iya Kompanyi Nyarwanda “New Century Development Ltd”, ku bufatanye na Marriott Group.

Mu gutaha iyi, Hatari Sekoko, umuyobozi wa New Century Development Ltd yashimiye cyane Marriott Group yemeye gufatanya nabo kugira ngo uyu mushinga ugerweho kandi utange umusaruro.

Yashimiye kandi Guverinoma y’u Rwanda yakiriye neza uyu mushinga ikabaha ubutaka, ndetse n’abandi bafatanyabikorwa banyuranye.

Hatari Sekoko avuga ijambo mu gufungura iyi Hoteli.
Hatari Sekoko avuga ijambo mu gufungura iyi Hoteli.

CEO wa Marriott international, Arne Sorenson yavuze ko impamvu banejejwe no kuba batashye hoteli yabo ya mbere muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara. Gufungura iyi Hoteli ngo birabafasha kwinjira muri iri soko, ariko biranakingurira imiryango u Rwanda ku bantu bifuza kuza kurusura.

Yizeza ko nk’uko basanzwe babiziho, bazajya bafata neza abagana kuva bageze kuri Hoteli kugera batashye, ku buryo bose bazajya bataha bifuza kugaruka gusura u Rwanda.

Ati “Tunejejwe no kuva uyu munsi dukoresha Abanyarwanda 250, abana b’abakobwa 33 barangije amasomo mu ishuri rya Akilah, tukabajyana kwimenyereza muri Hoteli dufite Dubai na Mumbai kugira ngo bimenyereze bazagaruke bashobora gutanga Serivise zo ku rwego rwo hejuru.”

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi wafunguye ku mugaragaro iyi Hoteli, yavuze ko gushora imari mu Rwanda bivuze gushyigikira icyerekezo cy’u Rwanda cyo kuba ahantu hakurura abashoramari mu rwego rwa Serivise.

Murekezi akaba yasabye ubuyobozi bwa Marriott ko n’ubwo batanze imirimo kandi gufungura imiryango i Kigali bizongera imirimo, ngo bakwiye no gukomeza gufasha u Rwanda bahugura abakozi b’Abanyarwanda uko bashoboye kose kandi no guteza imbere ikoreshwa ry’ibikorerwa mu Rwanda.

Na Serivise yo ku rwego rwo hejuru, bafite abakozi b'abahanga mu kwakira abantu.
Na Serivise yo ku rwego rwo hejuru, bafite abakozi b’abahanga mu kwakira abantu.
Ibi bikoresho bishobora kugufasha gutembera imijyi itandukanye y'isi wiyicariye ku ntebe.
Ibi bikoresho bishobora kugufasha gutembera imijyi itandukanye y’isi wiyicariye ku ntebe.
Hacururizwamo n'ibicuruzwa bya Kinyarwanda.
Hacururizwamo n’ibicuruzwa bya Kinyarwanda.
Minisitiri w'inganda, ubucuruzi n'ibikorwa by'umuryango wa Afurika y'Iburasirazuba Francois Kanimba n'abandi bayobozi bari bitabiriye umuhango wo kuyitaha.
Minisitiri w’inganda, ubucuruzi n’ibikorwa by’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba Francois Kanimba n’abandi bayobozi bari bitabiriye umuhango wo kuyitaha.
Umuyobozi wa RDB Francis Gatare aganira na CEO wa Marriott international, Arne Sorenson.
Umuyobozi wa RDB Francis Gatare aganira na CEO wa Marriott international, Arne Sorenson.
Minisitiri w'Intebe Anastase Murekezi n'abandi banyacyubahiro baje gutaha iyi Hoteli nshya mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi n’abandi banyacyubahiro baje gutaha iyi Hoteli nshya mu mujyi wa Kigali.
Minisitiri w'Intebe Murekezi aganira na CEO wa Marriott international, Arne Sorenson.
Minisitiri w’Intebe Murekezi aganira na CEO wa Marriott international, Arne Sorenson.
Abantu bari bitabiriye itahwa ry'iyi Hoteli ije guhindura urwego rwa Serivise z'amahoteli n'ubukerarugendo mu Rwanda.
Abantu bari bitabiriye itahwa ry’iyi Hoteli ije guhindura urwego rwa Serivise z’amahoteli n’ubukerarugendo mu Rwanda.
Francis Gatare yashimiye New Century Development Ltd na Marriott ku bw'iki gikorwaremezo.
Francis Gatare yashimiye New Century Development Ltd na Marriott ku bw’iki gikorwaremezo.
CEO wa Marriott international, Arne Sorenson yavuze ko bishimiye kuba bafunguye Hoteli yabo mu Rwanda.
CEO wa Marriott international, Arne Sorenson yavuze ko bishimiye kuba bafunguye Hoteli yabo mu Rwanda.
CEO wa Marriott international, Arne Sorenson na Minisitiri w'Intebe Anastase Murekezi bafungura Kigali Marriott Hotel ku mugaragaro.
CEO wa Marriott international, Arne Sorenson na Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi bafungura Kigali Marriott Hotel ku mugaragaro.
Ni intambwe ikomeye impande zombi ziteye.
Ni intambwe ikomeye impande zombi ziteye.
Iyi Hoteli mpuzamahanga izajya yakira abashyitsi b'icyubahiro basura u Rwanda, n'abandi bagana u Rwanda bifuza Serivise zo ku rwego rwo hejuru.
Iyi Hoteli mpuzamahanga izajya yakira abashyitsi b’icyubahiro basura u Rwanda, n’abandi bagana u Rwanda bifuza Serivise zo ku rwego rwo hejuru.
Abitabiriye umuhango wo gutaha iyi hoteli batega amatwi Minisitiri w'Intebe Murekezi.
Abitabiriye umuhango wo gutaha iyi hoteli batega amatwi Minisitiri w’Intebe Murekezi.
Yasabye abayobozi b'iyi Hoteli gufasha mu guhugura Abanyarwanda bari mu rwego rw'amahoteli.
Yasabye abayobozi b’iyi Hoteli gufasha mu guhugura Abanyarwanda bari mu rwego rw’amahoteli.
Iforo y'urwibutso kuri uyu munsi ukomeye mu rwego rw'amahoteli mu Rwanda.
Iforo y’urwibutso kuri uyu munsi ukomeye mu rwego rw’amahoteli mu Rwanda.
Minisitiri Francois Kanimba na Mayor w'Umujyi wa Kigali Monique Mukaruliza.
Minisitiri Francois Kanimba na Mayor w’Umujyi wa Kigali Monique Mukaruliza.
Ibyo kurya n'ibyo kunywa nabyo byageraga kubitabiriye uyu muhango ku bwinshi.
Ibyo kurya n’ibyo kunywa nabyo byageraga kubitabiriye uyu muhango ku bwinshi.
Aha bateka ibiribwa by'amoko menshi ku buryo umushyitsi wese waza muri iyi Hoteli atabura ifunguro akunda.
Aha bateka ibiribwa by’amoko menshi ku buryo umushyitsi wese waza muri iyi Hoteli atabura ifunguro akunda.
Amafunguro ateguranwa isuku yo ku rwego rwo hejuru.
Amafunguro ateguranwa isuku yo ku rwego rwo hejuru.
Inama: Umunsi wahasohokeye ntuzarye ibyo ubonye byose ngo ni uko ari ibyo muri Hoteli ikomeye kuko hari indyo nyinshi zitazwi no mu Rwanda. Uzake ibyo uzi.
Inama: Umunsi wahasohokeye ntuzarye ibyo ubonye byose ngo ni uko ari ibyo muri Hoteli ikomeye kuko hari indyo nyinshi zitazwi no mu Rwanda. Uzake ibyo uzi.
Iyi Hoteli ifite abakozi b'Abanyarwanda barenga 250 mu nzego zose.
Iyi Hoteli ifite abakozi b’Abanyarwanda barenga 250 mu nzego zose.
Igikoni cya Marriott ariko kirimo n'abanyamahanga biganjemo Abahinde.
Igikoni cya Marriott ariko kirimo n’abanyamahanga biganjemo Abahinde.
Gusa, iyi Hoteli yari imaze amezi macye ikora n'ubwo yari itaratahwa ku mugaragaro.
Gusa, iyi Hoteli yari imaze amezi macye ikora n’ubwo yari itaratahwa ku mugaragaro.
Umuhango wo kuyitaha wari witeguye cyane.
Umuhango wo kuyitaha wari witeguye cyane.
Ibyo kunywa by'amoko menshi nabyo byari byateguwe.
Ibyo kunywa by’amoko menshi nabyo byari byateguwe.
Amatara na design y'imbere nayo iteye ubwuzu.
Amatara na design y’imbere nayo iteye ubwuzu.
Umuzika nawo wari uhari kugira ngo ufashe abantu kunezerwa.
Umuzika nawo wari uhari kugira ngo ufashe abantu kunezerwa.
Ifoto ya Swimming poor yayo ku mugoroba.
Ifoto ya Swimming poor yayo ku mugoroba.
Ifoto ya Swimming poor yayo mu ijoro.
Ifoto ya Swimming poor yayo mu ijoro.
Iyi hoteli yari imaze imyaka isaga 6 yubakwa.
Iyi hoteli yari imaze imyaka isaga 6 yubakwa.
Abenshi bakigera aha bavugaga bati "Wouw is this Kigali/Iyi ni Kigali?"
Abenshi bakigera aha bavugaga bati “Wouw is this Kigali/Iyi ni Kigali?”
Kurara muri iyi hoteli ntibihendutse, na busa kuko kuraramo ijoro rimwe biva ku madolari ya Amerika 235 kugera ku 5 500.
Kurara muri iyi hoteli ntibihendutse, na busa kuko kuraramo ijoro rimwe biva ku madolari ya Amerika 235 kugera ku 5 500.
Gusa uyatanze ntiyaba agendeye ubusa kubera Serivise n'ubwiza bw'iyi Hoteli.
Gusa uyatanze ntiyaba agendeye ubusa kubera Serivise n’ubwiza bw’iyi Hoteli.

Kanda ku ifoto iheruka ubone ayandi mafoto menshi
Kigalimarriott hotel Grand opening 04/10/2016

Amafoto @Evode MUGUNGA/UM– USEKE

Vénuste KAMANZI
UM– USEKE.RW

16 Comments

  • ni dange abayafite barakimara kabisa,hhh itandukaniro ryabantu ku isi nihano rigaragarira kabisa

    • Cyakoze aya ma picture nimeza dufite hotel nziza nkigihugu cy’Urwanda

      Nibyiza nkigihugu kunzu nziza nkiyi gusa nuwa fotoye nawe ararenze

  • Umvugiye ibintu barakimara rwose baryoherwe buriya natwe tuzagerwaho ndumva byo abanyarwanda bajyayo ari mbarwa

  • Icyakoze iyi ni hôtel cyangwa ni photographe wanyu uzi gufotora?

  • Wwaww btfl this is da most in this cntry big up kuri PHOTOGRAPHER arabizi kbs

  • Nkigihungu nintambwe ishimishije ,thx kubakoze iyinkuru kubwumwihariko uwafashe amashusho thx kbsa wajyirango simurwanda

  • ibi se nibyo u Rwanda rukeneye?dukeneye inganda .ese uwo hatari amafranga yayavanye he?ko tutamuzi afite na boutique

    • Sha wowe ngo ni Murenzi urinjiji mbi urenze ninkandagirabitabo, ubwose urarebye usanga ntakinu amahoteri azinjiriza urwanda cyane kwazakira nabanyamahanga?! Cg urarebye usanga ntabana babanyarwanda 300 bahaye akazi?!
      Kumenya uko yabonye amafranga se byo birakureba ukumuntu yinjije azajye aza kumenyekanisha iwawe?!
      Mujye muvuga mushizemo nubwenge plzz

      • wowe wiyise Mind slavery uriwe koko , none se murenzi akoze irihe kosa ?
        twese twibaza uwo hatari iyo ibyo bifaranga abipfupfunyura , mujye mutubwira di, dore aho bahereye batwiba cg ni ayo muri congo?

      • wowe Mind slavery,uri umunyabwenge twakubonye!!! kd gutuka abandi ngirango niwowe waba ubaye injiji mbi!!! ibyo watukaniyeho,wasanga bifite ukuri nuko uri tete vide utabasha kwitegereza

    • Nawe urabyumva nyine,gusigara kurugo!!!

  • Sha uyu mufotozi muhaye 98% wagirango Ni Dubai.ariko ndabona mitiweli nagirinka haricyo biri kutugezaho da.nubwo bamwe muritwe tugiye gushirira Uganda.

  • this photo guy his so super keep it up.
    how can we gate his number?

  • NI MILIYONI 55 ZA YAHE MAFARANGA? (DOLLAR, DINAR, DILMAM,FRANC BU.)???!!

  • Igihhugu cyacu kimaze gitera imbera kbs gusa aya mafoto ni meza kbs umuseke mugira amafoto meza

  • Iraruta iya toronto pe courage muzubake gusa muhe akazi abashomeri

Comments are closed.

en_USEnglish