Digiqole ad

Kigali Fashion Week: 270 bifuzaga kuzigaragaza batoranyijwemo 50

 Kigali Fashion Week: 270 bifuzaga kuzigaragaza batoranyijwemo 50

Bari bitabiriye basaga 270 batoranywamo 50

Kuri iki cyumweru habaye igikorwa cyo gutoranya abanyamideli bazamurika imideli mu gikorwa ngarukamwaka cyo kumurika imideri ‘Kigali Fashion Week’. Iri jonjora ryari ryitabiriwe n’abasore n’inkumi basaga 270 ryarangiye hatoranyijwemo 50.

Bari bitabiriye basaga 270 batoranywamo 50
Bari bitabiriye basaga 270 batoranywamo 50

Iri murikamideli rya Kigali Fashion Week rigiye kuba ku nshuro yaryo ya karindwi rizaba kuva kuwa 25-27 Gicurasi.

Daniel Ndayishimiye uri mu itsinda ry’abari gutegura iki gikorwa kizamo abakunzi b’imurikamideli mu mugi wa Kigali avuga ko kuba gutoranya abamurikamideli byitabiriwe cyane ari ikimenyetso cy’intambwe nziza imaze guterwa mu imurikamideli ryo mu Rwanda.

Ati “ Buri gihe iyo duteguye casting (ijonjora) haza abantu benshi cyane kuko Kigali Fashion Week ni ibirori bimaze kumenyekana.”

Avuga ko urubyiruko rumaze kwibona muri uru rwego rw’imyidagaduro rusa nk’aho rukiyubaka bityo abasore n’inkumi bafite impano yo kugaragza imideli baba bumva ibi birori bishobora kubabera amahirwe yo kuzamuka.

Ati “ Kuba twabashije kubona abasaga 270 byerekana ko abantu bamaze gukunda ibyo dukora bakaba babona ariyo nzira  nziza yo kunyuramo bazamura impano zabo.”

Daniel avuga ko adatewe impugenge n’igihe ijonjora ribereye ugereranyije n’igihe gisigaye ngo igitaramo kibe, akavuga ko ntakizabuza abitabiriye ibi birori kunyurwa kuko abazamurika biganjemo abasanzwe babikora kuko amatsinda abitoza amaze kuba menshi mu Rwanda.

Ati “ Ikiza cyayo (amatsinda atoza) ni uko umunsi ku munsi aba afite igihe akorera imyitozo, bizatworohera gukora na bo.”

Iri murikamideli ryatangiye mu mwaka wa 2011, uyu mwaka  biteganyijwe ko hazanamurikwamo imideli yahanzwe n’abahanzi 15 baturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi.

Biteganyijwe ko abahanzi b’imideli bazaturuka hanze bazagera mu Rwanda kuwa 23 Gicurasi.

Udushya tuzagaragara muri iri murikamideli rizibanda ku bikorerwa mu Rwanda ni uko hazanamurikwa imodoka.

Bazaga bakabanza kwiyandikisha
Bazaga bakabanza kwiyandikisha
Ngo ibi bigaragaza ko imurikamideli mu Rwanda rimaze gucengera mu banyarwanda
Ngo ibi bigaragaza ko imurikamideli mu Rwanda rimaze gucengera mu banyarwanda
Abagize akanama nkemuramaka ngo ntibyari byoroshye gutoranya abantu 50 muri 270
Abagize akanama nkemuramaka ngo ntibyari byoroshye gutoranya abantu 50 muri 270
Buri wese yahawe amahirwe yo kwerekana impano ye
Buri wese yahawe amahirwe yo kwerekana impano ye
Akanama nkemurampaka kahisemo 50 muri 270 bashakaga iki kiraka
Akanama nkemurampaka kahisemo 50 muri 270 bashakaga iki kiraka

Photos ©R.Kayihura/Umuseke

Robert KAYIHURA
UM– USEKE.RW

en_USEnglish