Digiqole ad

Kenya: Police yashyizeho ibihumbi 20$ byo gufata umugore Rukia Faraj

 Kenya: Police yashyizeho ibihumbi 20$ byo gufata umugore Rukia Faraj

Faraj rukia

Polisi ya Kenya  yakwirakwije  amafoto ahantu henshi y’umugore witwa  Faraj Rukia Mbarak umugore wa Ramadhan Kufungwa nyuma y’ibitero bya amagerenade byahitanye  batatu mu mujyi wa Mombasa.

Faraj rukia
Faraj rukia

Umuntu uzatanga amakuru amenyesha aho uyu mugore aherereye azahembwa ibihumbi 20$. Uyu mugore wahitanye abantu batatu kuri uyu wa kane Police ifite amakuru y’uko yaba aherereye mu majyaruguru ashyira uburengerazuba bwa Kenya.

Polisi yavuze  kandi  ko  Faraj Rukia Mbarak   ashakishwa kubera ibikorwa byo gutwara urubyiruko arushyira umugabo we aho yigisha ibikorwa by’ubwihebe bamara gucengerwa n’amahame bagahita  biyunga n’umutwe wa Al Shabaab.

Umugabo we  Ramadhan Kufungwa amaze igihe ashakishwa n’inzego z’umutekano kubera gukekwago gutegura ibitero byinshi bigabwa muri Kenya.

Polisi ya Kenya kandi yavuze uyu mugore Faraj akekwaho ubucuruzi bw’intwaro n’ibiturika bikoreshwa bategura ibitero by’iterabwoba.

Amafoto y’uyu mugore akwirakwijwe ndetse na kiriya gihembo bizamuwe nyuma y’umunsi umwe havumbuwe ububiko bw’intwaro zitandukanye mu gace ka Garissa kubatsemo Kaminuza yahitiriwe (Garissa University)  haherutse kugabwa igitero kigahitana abanyeshuri n’ abakozi barenga ijana.

Abandi bashakishwa harimo Mohammed Kuno usigaye wiyita Gamadere Dhaliadein ushinjwa gupanga igitero cyabaye kuri kaminuza ya Garissa.

UM– USEKE.RW

4 Comments

  • Ko mutatubwiye inkomoko ye se?

  • Iyomutubwira aho mwirodorowe wose

  • Kenya ni amagangster gusa gusa

  • nonese uwamubona yahamagara kuzi nimero cyangwa kuyihe email?so haruwo nabonye kandi si nshidikanya ka riwe ahubwo niwe.

Comments are closed.

en_USEnglish