Digiqole ad

Kayirebwa yongeye kwerekana umwihariko wa muzika y’u Rwanda

 Kayirebwa yongeye kwerekana umwihariko wa muzika y’u Rwanda

Kayirebwa mu gitaramo kuri iyi Pasika

Mu ijoro ryakeye Cecile Kayirebwa yakoreye igitaramo muri Milles Collines, igitaramo gihebuje ubwiza bw’umuco w’u Rwanda mu ndirimbo. Yataramiye abantu babarirwa kuri 300 yari yateganyije benshi bagaragaza ko bishimiye cyane, wari umwanya kandi wo kubamurikira Album ye nshya.

Kayirebwa mu gitaramo kuri iyi Pasika
Kayirebwa mu gitaramo kuri iyi Pasika

Kayirebwa ni umuhanzi mukuru mu bakiriho wamamaye cyane mu Rwanda kuva mu myaka 30 ishize, izina rye riracyakomeye riracyakurura abantu benshi cyane kuza kumva inganzo ye.

Iki gitaramo cyatangiriye ku gihe uko yabiteganyije, kiramngwa n’indirimbo zigize Album ye yamurikaga yise “Urukumbuzi” y’indirimbo 11 irimo n’iyo yaririmbye yo kurwanya no kuvuga ibibi bya SIDA.

Mu bitaramo bye, Kayirebwa ntabwo aririmbira abaje gusa, anyuzamo akanicara bakaganira. Uyu munsi nabwo yicaye aganira n’abaje kumushyigikira, ababwira ku nganzo ye uko yatangiye, ingorane yaciyemo, umuco n’iby’ubu n’ibindi…

Kayirebwa ntabwo yataramye wenyine kuko yaje no guha umwanya undi muhanzi utazwi cyane witwa Marie Claire ariko nawe uhebuje ubuhanga mu kuririmba Kinyarwanda.

Usibye indirimbo ziri kuri Album ye nshya yaririmbye zirimo nk’izitwa; Rwego rw’Ingenzi, Rwagasana, Inzozi Data yandoteye, Abuzukuru, SIDA na Uzantera irungu, yanaririmbye izindi za cyera asanzwe azwiho cyane abantu baranyurwa.

Buri mwaka, uyu muhanzi uba i Burayi aza mu Rwanda gukora ibitaramo aho aba akumbuwe cyane.

Kumureba no kumwumva aririmba ntushobora kubirambirwa
Kumureba no kumwumva aririmba ntushobora kubirambirwa
Ubuhanga inganzo n'ijwi ni byabindi
Ubuhanga inganzo n’ijwi ni byabindi
Ubishoboye aba ashaka gusigarana ibi bihe byiza
Ubishoboye aba ashaka gusigarana ibi bihe byiza
Umusore wakirigitaga inanga ajyanisha n'ijwi ryiza rya Kayirebwa
Umusore wakirigitaga inanga ajyanisha n’ijwi ryiza rya Kayirebwa
Igitaramo cye kiba cyuje umuco ubuhanga n'ubugeni bya kinyarwanda
Igitaramo cye kiba cyuje umuco ubuhanga n’ubugeni bya kinyarwanda
Abantu bishimiye cyane iki gitaramo cya Kayirebwa
Abantu bishimiye cyane iki gitaramo cya Kayirebwa
Abakitabiriye bari bishimye cyane
Abakitabiriye bari bishimye cyane
Baramuha amashyi bakanaririmbana nawe izo bazi
Baramuha amashyi bakanaririmbana nawe izo bazi
Atome Gasumuni nawe yari ahari
Atome Gasumuni nawe yari ahari
Umuyobozi w'Urukiko rw'Ikirenga Prof Rugege nawe yari yaje kwihera ijisho
Umuyobozi w’Urukiko rw’Ikirenga Prof Rugege nawe yari yaje kwihera ijisho
Anyuzamo akicara akaganira
Anyuzamo akicara akaganira
Araganira ku bitandukanye umuco amateka inganzo
Araganira ku bitandukanye umuco amateka inganzo
Kayirebwa yahamagaye Marie Claire bafatanya indirimbo zimwe
Kayirebwa yahamagaye Marie Claire bafatanya indirimbo zimwe
Arahogoza mu ijwi rye ry'umwihariko yihariye
Arahogoza mu ijwi rye ry’umwihariko
Mu gitaramo kirimo ibintu bicye rwose ariko by'umuco n'ubuhanga bunoze
Mu gitaramo kirimo ibintu bicye rwose ariko by’umuco n’ubuhanga bunoze
Kayirebwa aracyari Kayirebwa w'igitangaza mu kuririmba
Kayirebwa aracyari Kayirebwa w’igitangaza mu kuririmba

Photos/E.Mugunga/Umuseke

Evode MUGUNGA
UM– USEKE.RW  

10 Comments

  • Nukuri uyumukecuru ni urugero rwiza kubanyamuzika nyarwanda . nibwirako ushaka gukora umuziki wumwimerere wuje umuco n’indangagaciro zakinyarwanda yamwigiraho. iyinkuru iranshimishije cyanye. umuseke.com ndabakunda

  • Nukuri ntawabura kwishimira ibikorwa bigaragaza umuco nyarwanda bigaragarira mu ndirimbo za KAYIREBWA gusa njye ndishimira intera umusore MUNYAKAZI DEO agezeho mu gucuranga inanga nyarwanda nakomez’atere imbere

  • Afite ijwi ry’ igitangaza

  • Uyu muhanzikazi ni umuhanga rwose ariko ubundi habura iki ngo tugire ba Kayirebwa benshi. Hakwiye kujyaho ishuri-kaminuza mu Rwanda ryigisha Muzika bizafasha guca akajagari kari mu bahanzi hanze aha. Umuntu arabyuka ati ubu ndi umuhanzi maze si ukuvanga ibitavangwa,si ugucurikiranya amagambo kakahava. Ubuhanzi niimpano(talent) ntabwo ari ibintu umuntu akoporora ku bandi. Iri shuri ritangiye ryazafasha igihugu cyacu kugira abahanzi bahanga badahangika bahanga iby’ubuhanga bagahaha imahanga ihaho n’ ihirwe bigahinduka umurage mu rwa Gasabo.

  • none, se kayirebwa koko azasubirayo.

    • none, se kayirebwa koko azasubirayo.bibaye byiza yaguma inaha agatoza abana ba banyarwanda umuco. kuko akuzwe na benshi.

  • Uyu mucecuru azwi mu bakuru gusa, abana ntibamuzi namba kuko yiteranije n’amaradiyo ajya kuyarega muzaba mureba mu minsi itaha azajya aza habure abajya kureba igitaramo cye.

  • MFITE INZOZI KO RIMWE AZAGIRWA MINISTER (W’UMUCO CYANGWA W’UMURYANGO)

  • Nanyuzwe n’uburyo amajwi(sound) yarameze neza mubyuma byayarangururaga.ntamakaraza,ntabintu bihuhamo,cg biduhira
    Muri make byari byiza,nubwo byarangiye kare.iyo ageze nka saa tanu wenda.

  • Ndagirango nkosore : Uriya muhanzi mushya nawe waje kulirimba muri concert ya Kayirebwa ntabwo yitwa Marie Claire. Ni njyewe nkaba nitwa Immaculée RANGIRA – RAHAMATALI.

Comments are closed.

en_USEnglish