Digiqole ad

Kayirebwa yashimiye Ange na Pamella bigana ijwi rye

 Kayirebwa yashimiye Ange na Pamella bigana ijwi rye

Cécile Kayirebwa yashimishije abari muri icyo gitaramo ku bw’ubuhanga agifite mu muririmbire ye nubwo amaze gukura

Mu gitaramo yise {Inganzo ya Kayirebwa}, Cécile Kayirebwa yashimiye cyane abakobwa b’impanga Ange na Pamella basubiramo indirimbo ze ku buryo utatandukanya ijwi rye n’iryabo.

Cécile Kayirebwa yashimishije abari muri icyo gitaramo ku bw’ubuhanga agifite mu muririmbire ye nubwo amaze gukura

Kuri iki cyumweru tariki ya 02 Mata 2017 muri Marriot Hotel niho habareye icyo gitaramo. Nubwo cyari igitaramo gihenze, abantu bari benshi baje kumva zimwe mu ndirimbo babyirutse bumva za Kayirebwa.

Kayirebwa ntiyaririmbye wenyine. Yaje guha umwanya Andy Bumuntu umuhanzi mushya ariko wumvikanisha ubuhanga mu miririmbire ye nawe ashimisha abitabiriye icyo gitaramo.

Mu murya w’inanga gakondo, Deo Munyakazi nawe yafatanyije na Cécile Kayirebwa ubwo yaririmbaga zimwe mu ndirimbo ze zaba izakunzwe zo ha mbere n’iz’ubu.

Icyo gitaramo kitabiriwe n’abantu batandukanye barimo na bamwe mu bayobozi bo mu nzego zitandukanye za leta bari baje gushyigikira Kayirebwa.

Andy bumuntu waririmbye indirimbo ze zirimo Ndashaje ndetse na Mukadata, yavuze ko anezezwa n’inganzo ya Kayirebwa kuko asanga ari inganzo yuzuye umuco nyarwanda.

Kayirebwa yaririmbye indirimbo yise Cyusa,inzozi,ntarari, n’izindi. Abanyeshuri bo ku Nyundo nabo baje guhabwa umwanya bagaragaza mu micurangire yabo mu ndirimbo za Kamaliza.

Abantu bari benshi muri icyo gitaramo. Aha barebaga abana bo ku Nyundo mu ndirimbo za Kamaliza
Ange na Pamella bashimwe na Kayirebwa uburyo basubiramo indirimbo ze
Senateri Tito Rutaremara yaje muri icyo gitaramo
Andy Bumuntu ni umuhanzi urimo kugenda agira umubare munini w’abakunzi b’ibihangano bye nubwo bikiri bike. Abari aho banejejwe n’ubuhanga afite mu kuririmba
Nubwo igiciro cyari 15.000 frw, 20.000 frw na 25.000 frw abantu bayishyuye ku bwinshi
Byashobokaga ko uwo amarangamutima yarengaga yahagurukaga akibyinira
Hari ingeri zitandukanye z’abaje muri icyo gitaramo. Si abanyarwanda gusa bakijemo
Munyakazi Deo ni umusore uzwiho ubuhanga mu gucuranga intanga
Senareri Tito yahagurukijwe nawe yerekana ko azi kubyina kinyarwanda

Photos © Mugunga Evode/UM– USEKE

Evode Mugunga

UM– USEKE.RW

en_USEnglish