Digiqole ad

Karongi: Ababyeyi barashishikarizwa kuganiza abana ku myororokere

 Karongi: Ababyeyi barashishikarizwa kuganiza abana ku myororokere

Iyo abangavu badahawe ibisobanuro ku myororokere, bashobora kugwa mu bishuko

Imbuto Foundation ifatanyije n’ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bateguriye ubukangurambaga  ababyeyi kugira ngo babibutse akamaro ko kuganiriza abana babo cyane cyane abangavu ku buzima bw’imyororokere. Ubu bukangurambaga bwabereye mu murenge wa Gishyita.

Iyo abangavu badahawe ibisobanuro ku myororokere, bashobora kugwa mu bishuko
Iyo abangavu badahawe ibisobanuro ku myororokere, bashobora kugwa mu bishuko

Abafatanyabikorwa muri aka kazi, bemeza ko iyo ababyeyi badasobanuriye abana babo uko imibiri yabo ikora ndetse n’uko bigenda ngo babe basama inda zitateguwe, abakobwa baba bari mu kaga ko gutwara ziriya nda kandi bakiri bato.

Iki kibazo bivugwa ko kimaze gufata intera yo hejuru mu bigo by’amashuri muri Karongi.

Urubyiruko rwitabiriye iki gikorwa rwavuze ko  kuba ababyeyi babo batabaganiriza ku buzima bw’imyororokere  ari kimwe mu bituma bishora mu mibonano mpuza bitsina kandi idakingiye.

Bongeraho ko hari n’abayishoramo kubera gukoresha ibiyobyabwenge cyane cyane abahungu.

Nyiraneza Esperance wiga  mu mwaka wa gatanu mu Ishami ry’Ubukungu mu ishuri ryitiriwe Mutagatifu Yozefu  yabwiye UM– USEKE ko hari abantu  babasanga ku mashuli bakajya kubacuruza mu Bashinwa bubaka umuhanda Kivu Belt -Rusizi –Karongi-Rutsiro-Rubavu .

Yavuze ko  abenshi baba biganjemo abakozi b’Abashinwa.

Ati: “Ubu hano abakobwa benshi barangije amashuri batagira akazi bafite abana b’Abashinwa. Turasaba ko ubuyobozi  bwadufasha iki kibazo kigafatirwa ingamba.”

Amakuru agera ku Umuseke avuga ko hari abakobwa  bane babyaranye n’Abashinwa bakorera muri Karongi.

Asumpta Mukakarangwa  ukorera  Ikigo cy’urubyiruko cya Karongi yakanguriye ababyeyi kwibuka inshingano zabo, ababwira ko uburere buruta ubuvuke kandi ko igiti kigororwa kikiri gito.

Yagize ati: “Umuti nyiri urugo avuguse niwo amatungo anywa. Uburere muha abana banyu  nibwo bazakurana.  Niba ufite abana bakuru ukaba icyifata nka gakumi, wambara imyenda itakubahisha umwana wawe niyambara ubusa uzababara?”

Aline  Murangira  ukora mu Imbuto Foundation ku rwego rw’igihugu  yasabye abangavu  kuba ‘ab’agaciro aho kuba ab’igiciro’.

Ati:  “Hari benshi mwibeshya ko muri ab’igiciro! Oya  muri ab’agaciro  kandi mumenyere  umuco wo kuvuga OYA  idahinduka.”

Yasabye ko  hazakorwa icyegeranyo kigaragaza abanyeshuri n’abandi bangavu batwaye inda  zitateganyijwe kugira ngo bamenywe.

Nyuma y’icyo kifuzo cya Muramira  ababyeyi bahise bahiga ko bagiye kujya baganira  n’abangavu mu kagoroba k’ababyeyi  cyane cyane bakita ku byerekeranye n’ubuzima bw’imyororokere.

Umujyi wa  Karongi  uri mu mijyi y’ubukerarugendo ibamo urujya n’uruza rw’abanyamahanga  kandi ngo aba bagira uruhare mu gutuma abangavu batwara inda zitateguwe n’ubwo ataribo bonyine.

Bakinnye umukino werekana ukuntu Abashinwa bangiza abangavu
Bakinnye umukino werekana ukuntu Abashinwa bangiza abangavu
Abantu bari baje kureba uko abana bakina uyu mukino
Abantu bari baje kureba uko abana bakina uyu mukino

Ngoboka Sylain

UM– USEKE.RW/Karongi

en_USEnglish