Digiqole ad

Karate: Lions Karate Do Club yitwaye neza mu marushanwa yo Kwibuka

Irushanwa ryo Kwibuka Abakarateka ndetse n’abakunzi b’uwo mukino bazize Jenoside yakorewe abatusi mu mwaka wa 1994 rizwi nka Never Again, ryasojwe kuri iki cyumweru, ikipe ya Lions Karate Do Club ariyo yegukanye iryo rushanwa.

Abakinnyi ba Mamarou Karate do Club Bitegura gukina umukino wa nyuma
Abakinnyi ba Mamarou Karate do Club Bitegura gukina umukino wa nyuma

Muri iri rushanwa ryegukanywe na Lion Karate Do Club ku rwego rwa Kumite, cyangwa se kurwana, ryitabiriwe n’amakipe atandukanye yo mu gihugu, aho abahungu n’abakobwa barushanyijwe mu makipe, bakora Kata ariyo myiyereko yo kurwana, isojwe banarushanwa muri Kumite.

Mu cyiciro cya Kata  igikombe cyegukanywe n’ikipe yitwa Mamaru Karate Do Club, nyuma yo gusezerera ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda agashami ka Huye ku mukino wanyuma, Lions Karate Do Club, yegukana umwanya wa gatatu muri Kata.

Mu butumwa bwatanzwe na Maitre Sayinzoga Jean wari umushyitsi mukuru muri aya marushanwa yatangaje ko imikino igomba kuba umusingi w’ubumwe n’ubwiyunge burambye, kurusha uko yatanya abantu.

Maitre Sayinzoga yakanguriye abakarateka bari bitabiriye ayo marushannwa kwigira ku mateka mabi yaranze igihugu, bakibuka ko ayo mateka mabi yashyizwe mu bikorwa n’urubyiruko rwiganjemo n’abakoraga Siporo, bakaboneraho gufatanyiriza hamwe  guhindura ayo mateka mabi, kandi akaba yabijeje ko ahari ubushake n’ubushobozi buba buhari, ko nta kabuza bazabigeraho bakubaka u Rwanda ruzira amacakubiri n’ingengabitekerezo zose ziganisha kuri Jenoside.

Iri rushanwa ryasojwe no gushyikiriza ibikombe n’imidari abahize abandi ndetse hanatangwa impamyabushobozi ku basifuzi bayoboye ayo marushanwa aho bashyiraga mu bikorwa amahugurwa yo gusifura bahawe na Mwizerwa Dieudonnee inararibonye mu gusifura Karate  mu mezi abiri ashize.

Abakinnyi ba Kata ba Lion Karate do Club begukanye umwanya wa Gatatu muri Kata
Abakinnyi ba Kata ba Lion Karate do Club begukanye umwanya wa Gatatu muri Kata
Ikipe ya Mamaru Karate do Clu ku mukino wa nyuma wa Kata
Ikipe ya Mamaru Karate do Clu ku mukino wa nyuma wa Kata
Eric wa Lion wambaye umukandara w'ubururu  na Elie wa NUR mu mukino wa Nyuma
Eric wa Lion wambaye umukandara w’ubururu na Elie wa NUR mu mukino wa Nyuma
Lion Karate do Club bitegura kujya mu kibuga
Lion Karate do Club bitegura kujya mu kibuga
APR Karate do Club ikipe yingabo z'igihugu, yishimiye umwaya wa gatatunyegukanye
APR Karate do Club ikipe yingabo z’igihugu, yishimiye umwaya wa gatatu yegukanye
Ibikombe n'imidari byahatanirwaga muri aya marushanwa
Ibikombe n’imidari byahatanirwaga muri aya marushanwa
Mamarou yishimira igikombe cya kata yegukanye
Mamarou yishimira igikombe cya kata yegukanye
Rurangayire Guy Ushinzwe Tekinike muri FERWAKA, Ndushabandi Petit Hagati na Mwizerwa Dieudonne ukuriye abasifuzi nibo bakurikiraniraga hafi imigendekere myiza y'aya marushanwa
Rurangayire Guy Ushinzwe Tekinike muri FERWAKA, Ndushabandi Petit Hagati na Mwizerwa Dieudonne ukuriye abasifuzi nibo bakurikiraniraga hafi imigendekere myiza y’aya marushanwa
Abakunzi ba Karate bari benshi
Abakunzi ba Karate bari benshi

Roger Marc Rutindukanamurego

ububiko.umusekehost.com

0 Comment

  • Njye ibya Karate byaranyobeye!!!! no kwandika inkuru y’ibyabaye hazemo kubogama!!! ni ukuvuga  ko mwabuze amafoto ya NUR team yaba iya kata cg kumite ahubwo mu kabona izabaye izagatatu!!!!!!!?????? nzaba ndeba but actions speak louder than words!!!!

Comments are closed.

en_USEnglish