Digiqole ad

Kamonyi: Inzu y’amateka ya Jenoside  yeguriwe Akarere

 Kamonyi: Inzu y’amateka ya Jenoside  yeguriwe Akarere

Uwacu Julienne, Minisitiri w’Umuco yasabye akarere ka Kamonyi ko kegurirwa iyi nzu.(Photo Archive)

*Iyi nzu yubatswe hashize imyaka 8, kugira ngo ibike amateka ajyanye na Jenoside ntibyakozwe
*Yuzuye itwaye amafaranga miliyoni 300, ubu hazatangwa andi yo kuyisana,
*Abaturage bavuga ko batanze amafoto y’ababo bazize Jenoside n’uyu munsi ntibazi aho ari,
*Min.Uwacu avuga ko kudakoresha iyi nzu yatwaye akayabo ari ugupfusha ubusa

Mu biganiro byahuje Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne n’inzego zitandukanye  zirimo n’Ubuyobozi bw’Intara  y’Amajyepfo,  hafashwe umwanzuro ko inzu iri ku Kamonyi  yubakiwe ubushakashatsi ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994  yegurirwa Akarere ka kamonyi kugira ngo irusheho kwitabwaho.

Uwacu   Julienne, Minisitiri w'Umuco  yasabye  akarere ka  Kamonyi  ko kegurirwa iyi nzu.(Photo Archive)
Uwacu Julienne, Minisitiri w’Umuco yasabye akarere ka Kamonyi ko kegurirwa iyi nzu.(Photo Archive)

Hashize Imyaka imyaka umunani  inzu yari yarubakiwe amateka ya Jenoside yuzuye, kuva yakuzura ntiyigeze ikoreshwa icyo yagenewe ndetse ikaba yari itangiye kwangirika itabitse amateka arebana n’inyandiko zose zivuga kuri Jenoside kandi yaratanzweho amafaranga menshi.

Mu muhango wo kwibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside ku nshuro ya 21 mu Rwanda, igikorwa cyabereye  ku rwibutso rwa jenoside rwo mu karere ka  Kamonyi, Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne, wari umushyitsi mukuru, yasabye inzego z’akarere n’iza Komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside ari nayo yari ifite  iyi nyubako mu nshingano zayo  kureba uko  bashyira mu bikorwa icyo iyi nzu yubakiwe aho kugira ngo yangirike.

Uyu muyobozi yavuze kandi ko amafaranga yatanzwe yubakwa ari menshi cyane ku buryo  kutayikoresha  icyo yagenewe byaba ari ugupfusha ubusa umutungo wa Leta.

Dr Bizimana Jean Damscène  Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside, avuga ko icyambere cyihutirwa ari ukubanza kuyisana nyuma hagakurikiraho  kubika  ibijyanye n’ubushakashatsi kuri jenoside.

Munyantwali Alphonse, Guverineri  w’Intara y’Amajyepfo avuga ko iby’ingenzi bikenewe byose bigiye kwihutishwa ku buryo, gahunda yo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994,  izasanga iyi nzu  ibitse amateka  menshi  avuga kuri jenoside.

Usibye  Minisitiri w’Umuco wasabye ko  iyi nzu yegurirwa akarere ka Kamonyi n’abaturage, bavuze ko  bigeze gusabwa gutanga amafoto y’ababo bashyinguye muri uru rwibutso ndetse  n’inyandiko zose babona zifitanye isano n’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi  mu 1994, ariko ngo  bakaba bataramenye irengero ryabyo.

Iyi nzu yuzuye itwaye amafaranga  y’u Rwanda asaga miliyoni 300, Uru rwibutso rusanzwe rushyinguyemo  imibiri  y’Abatutsi  igera ku bihumbi 40.

Imbere  hatangiye kwangirika
Imbere hatangiye kwangirika

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW-Kamonyi

4 Comments

  • Ni boooo

  • A qui jeté la pierre?

  • which can be thrown a stone?

  • Bagiye kongera kuyisana bakoresheje amafaranga atagira umubare kandi, hari bamwe mu barokotse jenoside baburara bakabwirirwa.

Comments are closed.

en_USEnglish