Digiqole ad

Kabgayi:Ishuri ry’abaforomo n’ababyaza ryibutse abarezi n’abanyeshuri bazize Jenoside

 Kabgayi:Ishuri ry’abaforomo n’ababyaza ryibutse abarezi n’abanyeshuri bazize Jenoside

Soeur MUKANTABANA Domitille ashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi

Muri uyu muhango wo kwibuka  ku nshuro ya 22  abahoze ari abarezi n’abanyeshuri 13 bazize Jenoside  yakorewe Abatutsi mu 1994,  Soeur MUKANTABANA Domitille  umuyobozi w’iri shuri   yasabye abo bakorana  kwirinda ingengabitekerezo ya jenoside  ahubwo bashyira imbere gahunda ya Ndi Umunyarwanda.

Soeur MUKANTABANA Domitille ashyira indabo ku rwibutso rwa  Jenoside rwa Kabgayi
Soeur MUKANTABANA Domitille ashyira indabo ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi

Soeur MUKANTABANA Domitille umuyobozi w’ishuri ry’ abaforomo n’ababyaza (Kabgayi  School of Nursing and Midwifery)  yavuze ko  ingengabitekerezo ya Jenoside itizanye ko  yazanywe n’abantu bagiye bayigisha  bayikwirakwiza mu bana b’Abanyarwanda ari na byo byatumye ikoranwa ubukana.

MUKANTABANA avuga ko  urebye  uko  Jenoside yateguwe igashyirwa no mu bikorwa, abayikoze bari bagambiriye kutagira umuntu n’umwe w’Umututsi urokoka kubera ko ngo  bashakaga kubarangiza  ntihazagire n’umuntu  ubara inkuru, ndetse ngo bagahanagura  uwitwa Umututsi wese.

Uyu muyobozi yongeyeho ko  ingengabitekerezo ya Jenoside  idafitwe n’Abanyarwanda gusa ko  hari na bamwe mu banyamahanga  bakiyifite n’uyu munsi.

Yavuze ko hari n’igice cy’Abanyarwanda nubwo ngo ari gitoya  kikigaragaraho ingengabitekerezo ya Jenoside, ariko agashima Leta y’u Rwanda  yafashe ingamba  zo guhangana n’abahakana ko  Jenoside  yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 itabaye.

MUKANTABANA ati: “Icyo dushima  ubuyobozi bwacu ni uko bwashyizeho gahunda zinyuranye  zo kubanisha Abanyarwanda, ndetse no kwibuka  abazize  Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.”

UWIMANA Joselyne, umwe mu banyeshuri bigaga muri iri shuri, avuga ko nubwo ingengabitekerezo ya Jenoside yagiye yigishwa, hari bamwe mu bantu bayimye amatwi  barimo uwahoze ari umuyobozi w’iri shuri  MUKANDANGA  Dorothée wanze gutanga Abatutsi ngo bicwe akarinda  abizira.

Uyu wahoze ari umuyobozi w’iri shuri  n’umushumba wa  Diyosezi ya Kabgayi  MBONYINTEGE Smaragde, avuga ko ari umuntu wabaye intangarugero  mu kwitangira abandi  batari bahuje ubwoko, ibikorwa bye by’ubutwari ngo bikwiye  kwibukwa.

MUKAGATANA Fortunée umuyobozi wungirije  mu karere ka Muhanga ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, avuga ko  icyatumye  Jenoside  yakorewe abatutsi iba ngo ni uko abantu batahagaze mu nshingano zabo  ngo bumve ko kwica  ikiremwamuntu  ari icyaha gikomeye.

Ati: “Uyu munsi dufite umwenda  wo guhagarara  mu cyuho  nk’icyo MUKANDANGA  yahagazemo  akabizira.”

Aba barezi n’abanyeshuri  bibutswe  ku mugoroba w’ejo  bamwe biciwe muri iri shuri abandi bicirwa  hanze yaryo.

Muri uyu muhango  bacyanye urumuri rw'icyizere.
Muri uyu muhango bacyanye urumuri rw’icyizere.
UWIMANA  Joselyine  umwe mu banyeshuri barokokeye muri iri shuri.
UWIMANA Joselyine umwe mu banyeshuri barokokeye muri iri shuri.
Visi Meya MUKAGATANA Fortunée ashyira indabo ku rwibutso rwa jenoside.
Visi Meya MUKAGATANA Fortunée ashyira indabo ku rwibutso rwa jenoside.
Abakozi n'abanyeshuri b'iri shuri bakoze urugaendo rwo kwibuka.
Abakozi n’abanyeshuri b’iri shuri bakoze urugaendo rwo kwibuka.

MUHIZI ELISEE
UM– USEKE.RW/Kabgayi.

en_USEnglish