Digiqole ad

Joseph Habineza: Icyatumye negura!

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 16, Joseph Habineza yagiranye

ikiganiro n’abanyamakuru bari benshi cyane, agirango abatangarize byinshi

ku bwegure bwe kuri Ministeri ya siporo n’umuco yarayoboye.

Muri iki kiganiro Joseph Habineza yatangaje ko ibyo kwegura kwe ntaho

bihuriye n’abari kuvuga kuri Internet ko yasezerewe na Leta y’ u Rwanda,

ahubwo we yeguye kugirango yoye kuba yahesha isura mbi leta y’u Rwanda.

Ati: “ngewe ni ngewe, na leta ni leta, gusezera kwange nukudatanga umwanya

kubashaka gusebya Leta bampereyeho”.

Yatangarije abanyamakuru ko impamvu nyamukuru itumye yegura ari abashatse

kumukoza isoni kumafoto yashyizwe kuri Internet aho yari yitabiriye

ibirori agafata umwanya wo kwidagadurana nabo yari yahasanze. Akaba

yashimangiyeko ntaho bihuriye nabashaka gusebya Leta y’u Rwanda ngo

yirukana abaministri uko ishatse.

abanyamakuru bitabiriye ari benshi
abanyamakuru bitabiriye ari benshi

Ati: “Njyewe nagenda ngakora ibindi, ariko ntatumye haruwanduza igihugu
cyanjye kiri mu nzira nziza”,
Habineza Joseph.

Kanda hano wumve ibisobanuro Habineza Joseph yatanze

Umuseke.com

3 Comments

  • Kabisa Joseph yagize neza kwegura

  • Nundi wese wakora ibintu byatukisha gouvernement azajye ahita yegura

  • NTIYACIYE INKA AMABERE

Comments are closed.

en_USEnglish